Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA
5
Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi b’umusore uherutse kuraswa n’Abapolisi mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, baravuga ko badashobora kumushyingura Polisi itabanje kubasobanurira icyo bamujijije ngo kuko ibivugwa ko yafatiwe mu bujura atari byo kuko ntacyo yari abuze.

Uyu muryango utuye mu Mudugudu w’Amajyambere mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi, uvuga ko washenguwe n’urupfu rw’umwana wabo Ishimwe Prince w’imyaka 18.

Uyu Ishimwe Prince yishwe arashwe n’Abapolisi mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 07 Nzeri ahagana saa saba z’ijoro. Polisi yavuze ko yarashwe nyuma yuko ashatse gutera icyuma abapolisi bari ku burinzi ubwo bamusangaga we n’ibindi bisambo biri kuniga umuturage.

Ngarambe Eliphas, Se w’uyu musore, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Ijambo, yavuze ko umuhungu we yarasiwe hafi y’iwabo ubwo yari avuye kureba umupira hamwe n’abandi benshi ari bwo imodoka ya Polisi izwi nka Pandagari yazaga ije gufata inzererezi.

Avuga ko umuhungu we yafatanywe n’abandi babiri, ariko umwe akaza kubacika bagasigarana babiri barimo na nyakwigendera.

Ngo bamaze kubacika, abapolisi bashatse kubambika amapingu, baranga ari na bwo uyu Ishimwe Prince yashakaga kubacika.

Ati “Yarabacitse asimbuka mu mudoka agana mu cyerekezo cyo kwa nyirasenge, yirutse amanuka rero yifuza gusimbukira mu rupangu kwa nyirasenge asanga harimo imbwa, imubuza kwinjira ahera hejuru y’urupangu, imbwa imusatiriye ajya kunyura hejuru y’igikoni, aho ni ho bamurasiye.”

Ngarambe Eliphas avuga ko ibyatangajwe na Polisi ko umwana wabo yarashwe kuko yashatse kubatera icyuma ubwo yafatirwaga mu bujura, ngo atari byo.

Ati “Ni ibintu bibabaje kandi tutari buceceke tudashobora no kwihanganira.”

Avuga ko umupolisi warashe umuhungu we ashobora kuba yari afitanye ibibazo na we, kuko ibyo kuvuga ko yafatiwe mu bujura byo atari ukuri.

Ati “Ntacyo yari abuze, ni umwana wabonaga amafaranga buri munsi, afite studio hano kuri petite bariere.”

Uyu mubyeyi avuga ko abaturage bo muri aka gace biteguye kujya kuri RIB gutanga ubuhamya ku myitwarire y’umwana kuko nta ngeso mbi bari bamuziho.

Ati “Ntabwo umwana twamuherekeza abamwishe batari batwereka uburyo bamwishemo, icyo bamuhoye, batwereke aho bamufatiye niba ari igisambo niba bamufatiye mu cyuho, uwo yahohoteraga, byose babitwereke n’icyo cyuma bakitwereke, tubone gushyingura umwana tubonye ukuri kwabyo.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. Gato says:
    3 years ago

    Police irarengana, n’ababyeyi twataye inshingano zacu. Tujye twibuka KO uburere bwabana bitureba, saa Saba z’ijoro kumwana wa 18 ans ngo mu mupira akaza ugakingura? Siba n’umwana n’umugabo utaha Ayo masaha ntampamvu abasenya urwe peee. Ni libertinage iteye inkeke rwose. Ngo afitanye ikibazo n’a police ???? Icyo gikoni avuga yarasiweho sicyo kwa nyirasenge.

    Reply
    • BYIRINGIRO Zabulon says:
      3 years ago

      Nonese kuba ibyo byabayeho gutaha n’ijoro avuye kureba umupira nubwo tutabishyigikira bihuriyehe no kumwica.wapi sibyo na Gato.kwica umwana w’umusore bamuhora ubusa ntabwo ari byo pe

      Reply
  2. tuyishime elias says:
    3 years ago

    agahwa Kari kuwundi karahandurika itejyeko ritejyeka kurasa umuntu wese ujyenda ninjoro SE ryasohotse ryari njewe mbona hari nabapolici bakoresha ishingano zabo nabi pe bajya gukora icyintu bakakajyikorana umujinya ntibatecyereze 2

    Reply
  3. Ijisho rya rubanda says:
    3 years ago

    Ayo masaha umwana yari hehe , abo babyeyi kuki batamugiraga inama Bihangane kbsa , kurira igipangu??? Igikoni saa Saba zijoro ,?? Kumoka kwimbwa???ahhhh police irebera gusaaa

    Boroherane iyi ni inzira ndende kbsa

    Reply
  4. Munene says:
    3 years ago

    Cyane rwose agahwa kari kuwundi kara handurika ubwo se uwo muntu ngo ni Gato arifata akavugango police irarengana ubwo x abaye arumwana wae wakwifata ugatuza. Haritegeko x wamungani rivugako umuntu wese utashye ijoro bamurasa, nange kubwange ndashyigikira ababyeyi buwo mwana babahe ubutabera kubyabaye kuruwo mwana babereke uwo muturage wagiriwe nabi icyocyuma bakibereke mu Rwanda dufite RFR irapima barabaha fingerprints ziriho.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth

Next Post

Perezida Kagame yasubitse uruzinduko yari kugirira mu Gihugu cyo muri America

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasubitse uruzinduko yari kugirira mu Gihugu cyo muri America

Perezida Kagame yasubitse uruzinduko yari kugirira mu Gihugu cyo muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.