• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitwari tuzi ko Polisi ibimenya- Umwe mu bafashwe basengera mu nzu y’umuturage

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Ntitwari tuzi ko Polisi ibimenya- Umwe mu bafashwe basengera mu nzu y’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 53 bafashwe basengera mu rugo ruherereye mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, umwe muri bo avuga ko barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 babizi ariko ko batari bazi ko Polisi iza kubimenya.

Aba bantu bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ukuboza 2021 bari mu masengesho barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Aba bakirisitu baturuka mu madini n’amatorero atandukanye ya hano mu Rwanda, bari baturutse mu mirenge ya Nyagatare na Rwimiyaga. Bafatiwe bateraniye mu nzu ya Mugabe Fred w’imyaka 42 utuye mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Rutaraka, Umudugudu wa Mugali.

Mugabe yemeye amakosa yakoze yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Yagize ati “Twari tubizi ko hari amabwiriza yo kurwanya COVID-19 twayarenzeho ariko ntitwari tuzi ko Polisi iza kubimenya. Twatangiye turi bakeya ariko abantu bagenda biyongera kugeza ubwo abapolisi baje baradufata.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Abaturage bo mu Kagari ka Rutaraka batubwiye ko hari abantu bateraniye mu rugo rwa Mugabe barimo gusenga. Polisi yahise ijyayo isanga abantu 53 barimo kubyiganira mu nzu basenga batubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

CIP Twizeyimana yibukije abaturage ko amasengesho yemerewe abantu bateraniye mu nsengero zujuje ibisabwa, yibukije abantu ko Polisi itazihanganira abarenga ku mabwiriza ayo ariyo yose cyane cyane ayo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Yashimiye abaturage batanze amakuru bigatuma bariya bafatwa, yasabye n’abandi kujya batanga amakuru kandi bakomeze kubahiriza amabwiriza.

Abafashwe bajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare baraganirizwa bibutswa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, bapimwa icyorezo cya COVID-19 ku kiguzi cyabo banacibwa amande.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Umusore wakoze ubukwe na MC bafatiwe mu birori kubera ubutumwa buhimbano bw’ibipimo bya COVID-19

Next Post

Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi

Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.