Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro mpaka cy’abahatanira umwanya wa Perezida w’u Bufaransa, Perezida Emmanuel Macron na Marine Le Pen bahanganye, bagarutse cyane ku mibereho ihenze muri iki Gihugu, bagaragaza imigabo n’imigambi yo gusubiza ibintu ku murongo.

Ni ikiganiro cyari gishyushye, kuva gitangiye kugeza gihumuje, aho aba banyapolitiki n’ubundi bari bahanganye mu matora aheruka nab wo bagiye impaka nk’izi rukabura gica.

Gusa igitangazamakuru BFMTV cyagaragaje ko nyuma y’iki kiganiro, Macron yatsinze ku majwi 59% mu ikusanyamakuru ry’abakurikiye iki kiganiro, gusa ntibivuze ko ari we uzatsinda aya matora yo ku Cyumweru.

Macron yashinje Le Pen kuba mu kwaha kwa Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ndetse ko hari banki yo muri iki Gihugu yahaye inguzanyo y’aamafaranga ishyaka rye yo kwitegura mu bikorwa by’amatora.

Yagize ati “Wowe urambirije ku mbaraga z’u Burusiya, urambirije kuri Putin…”

Akomeza agira ati “Ibisobanuro byawe aka kanya byagakwiye kwibanda kuri icyo kibazo.”

Marine Le Pen watunzwe agatoki ku kuba afite imigambi yo gukura u Bufaransa muri EU ndetse no kuba yarahawe inguzanyo na Banki yo mu Burusiya, muri iki kiganiro yagize ati “Ndi umugore wibohoye kandi wigenga.”

Yavuze ko kwaka iyi nguzanyo muri Banki yo mu Burusiya ari uko nta banki yo mu Bufaransa yari kuguriza ishyaka rye.

Emmanuel Macron kandi yashinje uyu munyapolitiki mugenzi we kugira ibitekerezo byo gukura u Bufaransa mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu gihe na we yamushinje guteza ubukene Abafaransa muri iyi myaka itanu amaze ategeka.

Ni iki kiganiro cyumvikanagamo guhangana cyane aho umwe yabwiraga undi ati “winca mu ijambo” mu gihe umwe yabaga avuze undi akiri kuvuga.

 

Ntiwaje kunyigisha

Marine Le Pen wakunze gushinja cyane Macron guteza akaga Abafaransa agatuma ikiguzi cy’imibereho gikomeza gutumbagira kuva yatorwa, Macron yamuciye mu ijambo ati “reka kuvanga ibintu”, avuga ko ibyabaye ku Bafaransa ari ikibazo rusange cyatewe n’icyorezo cya Covid-19.

Marine Le Pen na we, yahise agira ati “Ntiwaje kunyigisha.”

Marine Le Pen yavuze ko Abafaransa 70% babona imibereho yabo yararushijeho kuba mibi kubera ubuzima bugoye, asa nk’ukoresha imvugo yakoreshejwe na Donald Trump wigeze kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Marine Le Pen yavuze ko Abafaransa bakwiye kuza mu bibanze mu Gihugu cyabo, mu gihe Macron yavuze ko iki Gihugu ndetse n’imiyoborere ye yahuye n’ibibazo bikomeye kandi ari rusange ku isi birimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Macron yagarutse ku kibazo cy’ubushomeri, avuga ko muri manda ye yishimira ko hari imirimo myinshi yahanzwe. Ati “Inzira nziza yo gutuma abantu babasha guhaha ku isoko ni ukurwanya ubushomeri.”

Le Pen we akavuga ko natorerwa kuyobora u Bufaransa azakuraho burundu umusoro ku nyungu ndetse akagabanya n’indi misoro, ati “Nzakuraho umusoro ku mushahara ku batarengeje imyaka 30.”

Marine Le Pen wavuze ko azagabanya igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze kandi ko azakuraho andi mafaranga y’ikiguzi ya serivisi zinyuranye nka sheke, ndetse akanagabanya imisoro ku bijyanye n’ingufu.

Akomeza agira ati “Nzabishyira mu bigomba kwihutirwa mu myaka itanu iri imbere gusubiza Abafaransa amafaranga yabo.”

Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ibyatangazwaga na mucyeba we bidashoboka, yavuze ko igisubizo kuri iyi ngingo ari ugushyiraho ibiciro ntarengwa kuko ari byo byatanga umusaruro mwiza kandi urambye.

Mu matora y’icyiciro cya mbere yabaye tariki 10 Mata 2022, Emmanuel Macron yagize amajwi 27,85% mu gihe Marine Le Pen yagize 23,15%.

Nubwo Macron yarushije Le Pen, ikinyuranyo cy’aya majwi si kinini nk’uko byari bimeze mu matora ya 2017 kuko mu matora yo mu cyiciro nk’iki Perezida Macron yari yagize 24% naho Le Pen agira 21%.

Ibi byatumye abari gukurikirana aya matora, bemeza ko Perezida Emmanuel Macro bimusaba imbaraga nyinshi kugira ngo azatsindire iyi manda ya kabiri kuko Le Pen ari gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi manda ntizamucike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Next Post

U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.