Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro mpaka cy’abahatanira umwanya wa Perezida w’u Bufaransa, Perezida Emmanuel Macron na Marine Le Pen bahanganye, bagarutse cyane ku mibereho ihenze muri iki Gihugu, bagaragaza imigabo n’imigambi yo gusubiza ibintu ku murongo.

Ni ikiganiro cyari gishyushye, kuva gitangiye kugeza gihumuje, aho aba banyapolitiki n’ubundi bari bahanganye mu matora aheruka nab wo bagiye impaka nk’izi rukabura gica.

Gusa igitangazamakuru BFMTV cyagaragaje ko nyuma y’iki kiganiro, Macron yatsinze ku majwi 59% mu ikusanyamakuru ry’abakurikiye iki kiganiro, gusa ntibivuze ko ari we uzatsinda aya matora yo ku Cyumweru.

Macron yashinje Le Pen kuba mu kwaha kwa Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ndetse ko hari banki yo muri iki Gihugu yahaye inguzanyo y’aamafaranga ishyaka rye yo kwitegura mu bikorwa by’amatora.

Yagize ati “Wowe urambirije ku mbaraga z’u Burusiya, urambirije kuri Putin…”

Akomeza agira ati “Ibisobanuro byawe aka kanya byagakwiye kwibanda kuri icyo kibazo.”

Marine Le Pen watunzwe agatoki ku kuba afite imigambi yo gukura u Bufaransa muri EU ndetse no kuba yarahawe inguzanyo na Banki yo mu Burusiya, muri iki kiganiro yagize ati “Ndi umugore wibohoye kandi wigenga.”

Yavuze ko kwaka iyi nguzanyo muri Banki yo mu Burusiya ari uko nta banki yo mu Bufaransa yari kuguriza ishyaka rye.

Emmanuel Macron kandi yashinje uyu munyapolitiki mugenzi we kugira ibitekerezo byo gukura u Bufaransa mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu gihe na we yamushinje guteza ubukene Abafaransa muri iyi myaka itanu amaze ategeka.

Ni iki kiganiro cyumvikanagamo guhangana cyane aho umwe yabwiraga undi ati “winca mu ijambo” mu gihe umwe yabaga avuze undi akiri kuvuga.

 

Ntiwaje kunyigisha

Marine Le Pen wakunze gushinja cyane Macron guteza akaga Abafaransa agatuma ikiguzi cy’imibereho gikomeza gutumbagira kuva yatorwa, Macron yamuciye mu ijambo ati “reka kuvanga ibintu”, avuga ko ibyabaye ku Bafaransa ari ikibazo rusange cyatewe n’icyorezo cya Covid-19.

Marine Le Pen na we, yahise agira ati “Ntiwaje kunyigisha.”

Marine Le Pen yavuze ko Abafaransa 70% babona imibereho yabo yararushijeho kuba mibi kubera ubuzima bugoye, asa nk’ukoresha imvugo yakoreshejwe na Donald Trump wigeze kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Marine Le Pen yavuze ko Abafaransa bakwiye kuza mu bibanze mu Gihugu cyabo, mu gihe Macron yavuze ko iki Gihugu ndetse n’imiyoborere ye yahuye n’ibibazo bikomeye kandi ari rusange ku isi birimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Macron yagarutse ku kibazo cy’ubushomeri, avuga ko muri manda ye yishimira ko hari imirimo myinshi yahanzwe. Ati “Inzira nziza yo gutuma abantu babasha guhaha ku isoko ni ukurwanya ubushomeri.”

Le Pen we akavuga ko natorerwa kuyobora u Bufaransa azakuraho burundu umusoro ku nyungu ndetse akagabanya n’indi misoro, ati “Nzakuraho umusoro ku mushahara ku batarengeje imyaka 30.”

Marine Le Pen wavuze ko azagabanya igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze kandi ko azakuraho andi mafaranga y’ikiguzi ya serivisi zinyuranye nka sheke, ndetse akanagabanya imisoro ku bijyanye n’ingufu.

Akomeza agira ati “Nzabishyira mu bigomba kwihutirwa mu myaka itanu iri imbere gusubiza Abafaransa amafaranga yabo.”

Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ibyatangazwaga na mucyeba we bidashoboka, yavuze ko igisubizo kuri iyi ngingo ari ugushyiraho ibiciro ntarengwa kuko ari byo byatanga umusaruro mwiza kandi urambye.

Mu matora y’icyiciro cya mbere yabaye tariki 10 Mata 2022, Emmanuel Macron yagize amajwi 27,85% mu gihe Marine Le Pen yagize 23,15%.

Nubwo Macron yarushije Le Pen, ikinyuranyo cy’aya majwi si kinini nk’uko byari bimeze mu matora ya 2017 kuko mu matora yo mu cyiciro nk’iki Perezida Macron yari yagize 24% naho Le Pen agira 21%.

Ibi byatumye abari gukurikirana aya matora, bemeza ko Perezida Emmanuel Macro bimusaba imbaraga nyinshi kugira ngo azatsindire iyi manda ya kabiri kuko Le Pen ari gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi manda ntizamucike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

Next Post

U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

U Burusiya bwavuze icyatuma buhagarika intambara muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.