Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wiswe uw’Ubumwe uherereye mu Kagari ka Rushehe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, watujweho abantu banyuranye barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayikoze, ubu babanye nk’umuryango umwe kuko basangira akabisi n’agahiye.

Uyu musozi kandi utuweho n’abandi baturage barimo n’abavuye hanze y’u Rwanda, ariko ikita rusange kuri wo, ni uko abahatuye bose babanye neza batitaye ku mateka batandukaniyeho, ahubwo bashyize imbere inyungu zo kubana n’abavandimwe.

Abahatujwe barimo abakotse Jenoside n’abayikoze, bagiye bahabwa amahugurwa y’ubumwe n’ubwiyunge, yabafashije kwigobotora amateka akomeye banyujijwemo n’ingengabitekerezo ya Jenoside yigeze kubiba mu Rwanda.

Akumuntu Rachel uyoboye uyu musozi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mpamvu y’iri zina ryahawe uyu musozi, avuga ko rishingiye ku mateka.

Ati “Ahatuye bafite amateka atandukanye, hari imiryango w’abaharokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari imiryango yagiye ihatuzwa iturutse ahantu hatandukanye, hari umuryango w’abasezerewe ku rugamba, hari umuryango w’abasirikare w’abajepe utuye kuri uyu musozi, hari imiryango y’abavuye Tanzaniya, hari abafunguwe basabye imbabazi bakoze Jenoside hari kandi n’abasigajwe inyuma n’amateka.”

Akomeza agira ati “Abo bose buri wese yabaga mu muryango we akumva yabana n’uwo basangiye amateka gusa akumva ni we basangira bakabana mu birori no mu byago, ariko ku bufatanye na Rabagirana [umuryango w’isanamitima] waje kwitwa Umusozi w’Ubumwe kubera amahugurwa yaduhaye y’isanamitima.”

Avuga ko abatuye muri uyu mudugudu nyuma yo guhuzwa n’inyigisho z’isanamitima, bagiye bagira ibindi bikorwa bituma bashyira hamwe, none ubu bakaba babanye nk’abavandimwe.

Ati “Uwagize ibyago bamufata mu mugongo, ufite ibirori barabitaha bakamushyigikira, usanga mbese hari ubumwe bugaragara n’amaso kandi n’imitima y’abantu ubona ibohotse ntukiri umusozi w’ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango.”

Abatuye kuri uyu Musozi w’Ubumwe, bajya bagira gahunda yo kwigisha urubyiruko kuri gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ bakagira n’umugoroba wo guhura mu rwego rwo kubaka ubudaheranwa.

Bawise Umudugudu w’Ubumwe
Bafatanya muri byose

 

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

Next Post

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.