Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wiswe uw’Ubumwe uherereye mu Kagari ka Rushehe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, watujweho abantu banyuranye barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayikoze, ubu babanye nk’umuryango umwe kuko basangira akabisi n’agahiye.

Uyu musozi kandi utuweho n’abandi baturage barimo n’abavuye hanze y’u Rwanda, ariko ikita rusange kuri wo, ni uko abahatuye bose babanye neza batitaye ku mateka batandukaniyeho, ahubwo bashyize imbere inyungu zo kubana n’abavandimwe.

Abahatujwe barimo abakotse Jenoside n’abayikoze, bagiye bahabwa amahugurwa y’ubumwe n’ubwiyunge, yabafashije kwigobotora amateka akomeye banyujijwemo n’ingengabitekerezo ya Jenoside yigeze kubiba mu Rwanda.

Akumuntu Rachel uyoboye uyu musozi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mpamvu y’iri zina ryahawe uyu musozi, avuga ko rishingiye ku mateka.

Ati “Ahatuye bafite amateka atandukanye, hari imiryango w’abaharokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari imiryango yagiye ihatuzwa iturutse ahantu hatandukanye, hari umuryango w’abasezerewe ku rugamba, hari umuryango w’abasirikare w’abajepe utuye kuri uyu musozi, hari imiryango y’abavuye Tanzaniya, hari abafunguwe basabye imbabazi bakoze Jenoside hari kandi n’abasigajwe inyuma n’amateka.”

Akomeza agira ati “Abo bose buri wese yabaga mu muryango we akumva yabana n’uwo basangiye amateka gusa akumva ni we basangira bakabana mu birori no mu byago, ariko ku bufatanye na Rabagirana [umuryango w’isanamitima] waje kwitwa Umusozi w’Ubumwe kubera amahugurwa yaduhaye y’isanamitima.”

Avuga ko abatuye muri uyu mudugudu nyuma yo guhuzwa n’inyigisho z’isanamitima, bagiye bagira ibindi bikorwa bituma bashyira hamwe, none ubu bakaba babanye nk’abavandimwe.

Ati “Uwagize ibyago bamufata mu mugongo, ufite ibirori barabitaha bakamushyigikira, usanga mbese hari ubumwe bugaragara n’amaso kandi n’imitima y’abantu ubona ibohotse ntukiri umusozi w’ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango.”

Abatuye kuri uyu Musozi w’Ubumwe, bajya bagira gahunda yo kwigisha urubyiruko kuri gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ bakagira n’umugoroba wo guhura mu rwego rwo kubaka ubudaheranwa.

Bawise Umudugudu w’Ubumwe
Bafatanya muri byose

 

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + three =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

Next Post

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.