Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntukiri uw’Ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango-Ibitangaje ku mudugudu watujwemo abarokotse Jenoside n’abayikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi wiswe uw’Ubumwe uherereye mu Kagari ka Rushehe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, watujweho abantu banyuranye barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayikoze, ubu babanye nk’umuryango umwe kuko basangira akabisi n’agahiye.

Uyu musozi kandi utuweho n’abandi baturage barimo n’abavuye hanze y’u Rwanda, ariko ikita rusange kuri wo, ni uko abahatuye bose babanye neza batitaye ku mateka batandukaniyeho, ahubwo bashyize imbere inyungu zo kubana n’abavandimwe.

Abahatujwe barimo abakotse Jenoside n’abayikoze, bagiye bahabwa amahugurwa y’ubumwe n’ubwiyunge, yabafashije kwigobotora amateka akomeye banyujijwemo n’ingengabitekerezo ya Jenoside yigeze kubiba mu Rwanda.

Akumuntu Rachel uyoboye uyu musozi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagarutse ku mpamvu y’iri zina ryahawe uyu musozi, avuga ko rishingiye ku mateka.

Ati “Ahatuye bafite amateka atandukanye, hari imiryango w’abaharokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari imiryango yagiye ihatuzwa iturutse ahantu hatandukanye, hari umuryango w’abasezerewe ku rugamba, hari umuryango w’abasirikare w’abajepe utuye kuri uyu musozi, hari imiryango y’abavuye Tanzaniya, hari abafunguwe basabye imbabazi bakoze Jenoside hari kandi n’abasigajwe inyuma n’amateka.”

Akomeza agira ati “Abo bose buri wese yabaga mu muryango we akumva yabana n’uwo basangiye amateka gusa akumva ni we basangira bakabana mu birori no mu byago, ariko ku bufatanye na Rabagirana [umuryango w’isanamitima] waje kwitwa Umusozi w’Ubumwe kubera amahugurwa yaduhaye y’isanamitima.”

Avuga ko abatuye muri uyu mudugudu nyuma yo guhuzwa n’inyigisho z’isanamitima, bagiye bagira ibindi bikorwa bituma bashyira hamwe, none ubu bakaba babanye nk’abavandimwe.

Ati “Uwagize ibyago bamufata mu mugongo, ufite ibirori barabitaha bakamushyigikira, usanga mbese hari ubumwe bugaragara n’amaso kandi n’imitima y’abantu ubona ibohotse ntukiri umusozi w’ubumwe gusa ahubwo wabaye umuryango.”

Abatuye kuri uyu Musozi w’Ubumwe, bajya bagira gahunda yo kwigisha urubyiruko kuri gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ bakagira n’umugoroba wo guhura mu rwego rwo kubaka ubudaheranwa.

Bawise Umudugudu w’Ubumwe
Bafatanya muri byose

 

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − two =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bategerejwe mu Gihugu cy’inshuti y’u Rwanda

Next Post

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.