Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in POLITIKI
0
Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku birego Uganda yakunze gushinja u Rwanda ko rwoherezayo Abanyarwanda gutata ari na byo iki Gihugu cyashingiragaho kibafata kikabafunga, avuga ko ibi birego bidafite ishingiro kuko nubwo u Rwanda rwatata rutabikoresha abantu bose nk’abana n’abakecuru.

Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri ubwo yagarukaga ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, avuga ko biri kugenda bikemuka nyuma y’aho Perezida Museveni yohereje intumwa yihariye ari we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu we.

Perezida Kagame yatangaje ibi nyuma y’icyumweru kimwe umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye ugafungurwa, avuga ko iki gikorwa kiri mu bimaze kugerwaho mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Yagarutse ku byatumye uyu mupaka ufungwa birimo kuba Abanyarwanda benshi bari bakomeje kugirirwa nabi muri Uganda.

Ati “Abanyarwanda muri Uganda barahigwaga nk’uhiga inyamaswa, hakabaho ikintu kitwa ko Abanyarwanda bajyayo gutata ngo ni intasi. Ubundi ibyo byo gutata hari icyo mbiziho gito ariko gutata ukohereza Abanyarwanda bose abantu Magana igihumbi gutata, ukohereza n’abana n’abakecuru, ikiguzi cyabyo ntabwo nzi ko cyaba kingana n’ibyo waba ushaka utata. Waba uri umuginga ukabije.”

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko Abanyarwanda bahigwaga muri Uganda ari n’Abaturage basanzwe batanafitanye ikibazo n’u Rwanda ariko “uwaba afitanye ikibazo n’u Rwanda we ntabwo bamufataga, we ntabwo yari intasi.”

Avuga ko akurikije bimwe azi mu bijyanye n’ubutasi, we aramutse yohereje Abanyarwanda gutata muri Uganda, yajyanayo abakunda kuvuga nabi u Rwanda aho kujyanayo abadafitanye ikibazo na kimwe n’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko bagaragarije Uganda ko kuba iki Gihugu cyabana neza n’u Rwanda bifite inyungu kurusha kuba bashyigikira abaruhungabanya kuko na bo ubwabo ntacyo bazageraho.

Ati “Abo bose mujya mwumva baba ari abari hano baba ari abari hanze, niba bumvaga na bo nabibabwiye kenshi, nta kintu na kimwe bashobora kugera, icyo bageraho ni iminsi yabo gusa bagenda begera.”

Perezida Kagame avuga ko ibi babyumvikanyeho na Uganda, ikemera guhagarika ibi bikorwa byo gushyigikira abahungabanya u Rwanda ari na byo byatumye Umupaka wa Gatuna ufungurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Next Post

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.