Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga ibirayi bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kuzengerezwa n’indwara ya Sempeshyi ifata ibirayi bikamera nk’ibyeze bikiri bito, ku buryo ngo hari n’abiyahura kubera agahinda k’igihombo ibatera.

Aba baturage bo mu Murenge wa Mukamira babwiye RADIOTV10 ko iyi ndwara imaze igihe kigera ku myaka ibiri yibasira ibirayi, ikumisha ibibabi byabyo, bikagaragara nk’ibyeze kandi bitarera.

Umwe yagize ati “Tubigura tubona ari imbuto nziza, noneho twayitera byagera mu mezi abiri n’igice ugasanga biri kuraba. Ni ukuvuga ngo ibyo birayi byose byarabye nta musaruro bitanga.”

Aba baturage bavuga ko bagerageza gutera imiti yica udukiko, ariko iyi ndwara igakomeza, ku buryo bamwe bibaza amaherezo yayo bakayabura.

Bakomeza bavuga ko igihombo baterwa n’iyi ndwara, hari ubwo kibatera kwiheba ku buryo bamwe bahitamo no kwiyambura ubuzima.

Undi ati “Hari benshi bagiye bafungwa bitewe n’inguzanyo bafashe muri banki, abandi bariyahura. None se waba warafashe inguzanyo wagera mu murima ugasanga byose byarumye warangiza ugatekana.”

Undi yagize ati “Hari umugabo wanyoye tiyoda ageze mu murima we, yari yaragujije amafaranga muri SACCO ageze mu murima abonye byarumye, afata agacupa ka tiyoda aranywa, umugore avuye kuvoma amazi asanga yumye, yarapfuye uwo.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko bidakwiye ko abaturage biyambura ubuzima kubera gutinya ibihombo, ahubwo ko bakwiye kujya begera banki zikabafasha koroherezwa kwishyura.

Ati “Kuba umuntu yahura n’igihombo bikamugeza aho kwiyambura ubuzima ubundi ntabwo bikwiriye kugera aho ngaho kandi nanone banki umuntu yafasheho inguzanyo agize ikibazo cyo kutabasha kubahiriza neza amasezerano bagiranye mu kwishyura, hagakwiye kubaho no kwegera iyo banki akaganira nayo akababwira imbogamizi yagize no mu byo yari yiteze n’impamvu zabiteye hakabaho uburyo bwo kumworohereza mu buryo bwo kwishyura bitarindiriye gutuma agera aho yivutsa ubuzima.”

Abaturage bavuga ko iyi ndwara ifata ibirayi yiswe Sempeshyi imaze kubasubiza inyuma cyane kuko akenshi baba baguze imbuto ibahenze bamwe bafashe amadeni.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Next Post

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

by radiotv10
05/12/2025
0

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, yibukije ababyeyi ko mu bihe by'ibiruhuko ari bwo abana basambanywa cyane, abasaba kuzaba hafi abana babo,...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.