Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga ibirayi bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kuzengerezwa n’indwara ya Sempeshyi ifata ibirayi bikamera nk’ibyeze bikiri bito, ku buryo ngo hari n’abiyahura kubera agahinda k’igihombo ibatera.

Aba baturage bo mu Murenge wa Mukamira babwiye RADIOTV10 ko iyi ndwara imaze igihe kigera ku myaka ibiri yibasira ibirayi, ikumisha ibibabi byabyo, bikagaragara nk’ibyeze kandi bitarera.

Umwe yagize ati “Tubigura tubona ari imbuto nziza, noneho twayitera byagera mu mezi abiri n’igice ugasanga biri kuraba. Ni ukuvuga ngo ibyo birayi byose byarabye nta musaruro bitanga.”

Aba baturage bavuga ko bagerageza gutera imiti yica udukiko, ariko iyi ndwara igakomeza, ku buryo bamwe bibaza amaherezo yayo bakayabura.

Bakomeza bavuga ko igihombo baterwa n’iyi ndwara, hari ubwo kibatera kwiheba ku buryo bamwe bahitamo no kwiyambura ubuzima.

Undi ati “Hari benshi bagiye bafungwa bitewe n’inguzanyo bafashe muri banki, abandi bariyahura. None se waba warafashe inguzanyo wagera mu murima ugasanga byose byarumye warangiza ugatekana.”

Undi yagize ati “Hari umugabo wanyoye tiyoda ageze mu murima we, yari yaragujije amafaranga muri SACCO ageze mu murima abonye byarumye, afata agacupa ka tiyoda aranywa, umugore avuye kuvoma amazi asanga yumye, yarapfuye uwo.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko bidakwiye ko abaturage biyambura ubuzima kubera gutinya ibihombo, ahubwo ko bakwiye kujya begera banki zikabafasha koroherezwa kwishyura.

Ati “Kuba umuntu yahura n’igihombo bikamugeza aho kwiyambura ubuzima ubundi ntabwo bikwiriye kugera aho ngaho kandi nanone banki umuntu yafasheho inguzanyo agize ikibazo cyo kutabasha kubahiriza neza amasezerano bagiranye mu kwishyura, hagakwiye kubaho no kwegera iyo banki akaganira nayo akababwira imbogamizi yagize no mu byo yari yiteze n’impamvu zabiteye hakabaho uburyo bwo kumworohereza mu buryo bwo kwishyura bitarindiriye gutuma agera aho yivutsa ubuzima.”

Abaturage bavuga ko iyi ndwara ifata ibirayi yiswe Sempeshyi imaze kubasubiza inyuma cyane kuko akenshi baba baguze imbuto ibahenze bamwe bafashe amadeni.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Next Post

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.