Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Hadutse indwara y’ibirayi itera agahinda abahinnzi ku buryo hari n’uwiyahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga ibirayi bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kuzengerezwa n’indwara ya Sempeshyi ifata ibirayi bikamera nk’ibyeze bikiri bito, ku buryo ngo hari n’abiyahura kubera agahinda k’igihombo ibatera.

Aba baturage bo mu Murenge wa Mukamira babwiye RADIOTV10 ko iyi ndwara imaze igihe kigera ku myaka ibiri yibasira ibirayi, ikumisha ibibabi byabyo, bikagaragara nk’ibyeze kandi bitarera.

Umwe yagize ati “Tubigura tubona ari imbuto nziza, noneho twayitera byagera mu mezi abiri n’igice ugasanga biri kuraba. Ni ukuvuga ngo ibyo birayi byose byarabye nta musaruro bitanga.”

Aba baturage bavuga ko bagerageza gutera imiti yica udukiko, ariko iyi ndwara igakomeza, ku buryo bamwe bibaza amaherezo yayo bakayabura.

Bakomeza bavuga ko igihombo baterwa n’iyi ndwara, hari ubwo kibatera kwiheba ku buryo bamwe bahitamo no kwiyambura ubuzima.

Undi ati “Hari benshi bagiye bafungwa bitewe n’inguzanyo bafashe muri banki, abandi bariyahura. None se waba warafashe inguzanyo wagera mu murima ugasanga byose byarumye warangiza ugatekana.”

Undi yagize ati “Hari umugabo wanyoye tiyoda ageze mu murima we, yari yaragujije amafaranga muri SACCO ageze mu murima abonye byarumye, afata agacupa ka tiyoda aranywa, umugore avuye kuvoma amazi asanga yumye, yarapfuye uwo.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko bidakwiye ko abaturage biyambura ubuzima kubera gutinya ibihombo, ahubwo ko bakwiye kujya begera banki zikabafasha koroherezwa kwishyura.

Ati “Kuba umuntu yahura n’igihombo bikamugeza aho kwiyambura ubuzima ubundi ntabwo bikwiriye kugera aho ngaho kandi nanone banki umuntu yafasheho inguzanyo agize ikibazo cyo kutabasha kubahiriza neza amasezerano bagiranye mu kwishyura, hagakwiye kubaho no kwegera iyo banki akaganira nayo akababwira imbogamizi yagize no mu byo yari yiteze n’impamvu zabiteye hakabaho uburyo bwo kumworohereza mu buryo bwo kwishyura bitarindiriye gutuma agera aho yivutsa ubuzima.”

Abaturage bavuga ko iyi ndwara ifata ibirayi yiswe Sempeshyi imaze kubasubiza inyuma cyane kuko akenshi baba baguze imbuto ibahenze bamwe bafashe amadeni.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Next Post

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Kizigenza wa ruhago Lionel Messi yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.