Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umusizi Junior Rumaga uherutse gushyira hanze ifoto y’umukobwa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, atwite, amushimira, bizamura impaka mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, ariko uyu musizi abibajijweho, yirinze kugira icyo abivugaho, ati “nahisemo kuruca nkarumira.”

Ni amafoto agaragaza Bahali Ruth witabiriye Miss Rwanda 2022, atwite inda igaragara, aho Juniro Rumaga, yagize ati Iyo Amahitamo ari amwe, Burya umwanzuro ntuba ukikugoye. Warakoze Bahari Ruth.”

Izindi Nkuru

Bahali Ruth uvuga ko ari we ukwiye gushimira Junior Rumaga, na we yahise avuga ko ubu we n’uyu musizi bagiye gutera indi ntambwe bakaba batatu.

Gusa Junior Rumaga, abagerageje kugira icyo bamubaza ku mubano we na Bahali Ruth, akomeje kuruca akarumira, aho yagize ati “nahisemo kuruca ndarumira.”

Uyu musizi ugezweho mu Rwanda, avuga ko mu minsi iri imbere azagira icyo avuga kuri aya mafoto n’ikiyihishe inyuma.

Ni mu gihe Ruth Bahali, adasiba gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto ari kumwe na Junior Rumaga, amutera imitoma y’urukundo rudasanzwe, kandi bikaba bimaze igihe.

Junior Rumaga na Ruth barishimye uko bigaragara

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru