Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyabugogo: Umukobwa wicuruza yahuye n’uruva gusenya ubwo yari aryamanye n’umusore

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Nyabugogo: Umukobwa wicuruza yahuye n’uruva gusenya ubwo yari aryamanye n’umusore
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa bivugwa ko yicuruza, yafashwe n’uburwayi bwo kubura umwuka ubwo yari mu gikorwa cyo gutera akabariro n’umusore wari umujyanye mu macumbi (Lodge) ahazwi nko kwa Mutangana i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mukobwa bivugwa ko asanzwe akora akazi ko kwicuruza, yari yazanywe n’umusore mu masaha y’umugoroba ubwo hariho imvura nyinshi, ubundi bajya kugira uko bigenza muri ariya macumbi.

Ikinyamakuru Igihe dukesha aya makuru, kivuga ko ubwo bari bamaze amasaha umunani bari mu gikorwa cyo mu buriri, abari hafi y’aho aba bari baryamye, bagiye kumva bumva uwo mukobwa avuza induru ataka mu buryo budasanzwe, bahita bajya gutabara.

Bamwe mu bakorera hafi y’iri cumbi, bavuga ko uyu mukobwa yaheze umwuka kubera gutera akabariro gusa bakaba batazi niba byatewe no kwishima cyane bikamurenga cyangwa ari byaturutse ku ngufu nyinshi z’umusore.

Umwe mu bari hafi aho, yabwiye Igihe ko uriya mukobwa yari yazanywe n’umusore washakaga kwimara imbeho yo muri ako kavura, bikaza kurangira ibyari ibyishimo bivuyemo ibyago.

Uyu mugabo yavuze ko uwo musore yakoze ako kazi ko mu buriri n’imbaraga nyinshi “noneho umukobwa arataka asa nk’ubura umwuka, ni bwo abakoramo amasuku batabaje tubona imodoka ije kumutwara.”

Undi muturage na we wari hafi aho yagize ati “Twabonye bamunyuza aha bamworoshe amashuka ari gutaka cyane biradutungura.”

Mukandori T. Grace uyobora Umurenge wa Muhima, we yavuze ko amakuru bahawe n’ubuyobozi ari umugore wagize ikibazo cy’uburwayi bw’Igisukari (Diabetes) bagahita bamuhamagariza imbangukiragutaraba.

Gusa amakuru yamenyekanye nyuma, ni uko uyu mukobwa yaje koroherwa nyuma y’uko ajyanywe kwa muganga agahabwa ubutabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Next Post

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.