Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko yari yagiriye muri Mauritania, Perezida Paul Kagame na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani; ku ngingo zinyuranye zirimo igikenewe kugira ngo ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara muri Africa biranduke.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Kagame yatangiye ku wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, yarusoje kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Perezida Kagame wagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Mauritania, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, bagarutse ku ngingo zinyuranye.

Umvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yagarutse ku byagarutsweho muri ibi biganiro abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye.

Ati “Cyane cyane ku kibazo cy’umutekano ku Mugabane wa Afurika. Perezida Kagame yamuganirije ku by’u Rwanda n’ingabo z’u Rwanda ziri gukora muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique, bemeranyije ko igisubizo cy’umutekano kizaboneka ibihugu bya Afurika byishyize hamwe ngo bikorane mu kubona igisubizo.”

Stephanie Nyombayire kandi yavuze ko muri uru ruzinduko, Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano atandukanye arimo azatuma sosiyete y’ingendo z’indege ya RwandAir izatangira kwerecyeza muri Mauritania mu minsi iri imbere.

Abakuru b’Ibihugu kandi bayoboye isinywa ry’amasezerano anyuranye arimo ayashyizweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku mpande.

Aya masezerano arebana n’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo imikoranire mu bya politiki, ikoranabuhanga, ubukungu ndetse n’umuco.

Ibihugu byombi kandi byemeranyijwe imikoranire mu ngeri zinyuranye zirimo umutekano, ubucuruzi, uburezi, ubucukuriz bw’amabuye y’agaciro netse n’ubuhinzi.

Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yari ari kumwe n’abayobozi bamwe bo muri Guverinoma y’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Perezida Kagame ubwo yakirwaga na mugenzi we wa Mauritania
Ibiganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu byarimo na bamwe mu bayobozi ba Guverinoma ku mpande zombi
Abakuru b’Ibihugu bayoboye isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + twenty =

Previous Post

Nyabugogo: Umukobwa wicuruza yahuye n’uruva gusenya ubwo yari aryamanye n’umusore

Next Post

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.