Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Gare ya Nyabugogo hongeye kugaragara abagenzi benshi barimo abanyeshuri bagiye gutangira mu mwaka wa mbere n’uwa kane y’amashuri yisumbuye, bituma inzego z’uburezi zivuga ko zigiye kureba ko ibi byiciro na byo byashyirirwaho uburyo bwihariye wbo kubafasha kubona imodoka.

Kuri uyu wa 04 Ukwakira 2022, abanyeshuri bagiye kwiga mu mwaka wa mbere n’uwa kane y’amashuri yisumbuye, bagiye ku mashuri.

Byatumye abagenzi babura imodoka kubera ubwinshi bw’aba banyeshuri ndetse n’abagenzi basanzwe, aho muri Gare ya Nyabugogo hagaragaye abagenzi benshi babuze imodoka zibajyana aho berecyeza.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye muri iyi Gare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yasanze bamwe mu bagenzi biyasira bavuga ko bari bafite gahunda zihutirwa ariko bakaba babuze imodoka.

Umubyeyi umwe wavugaga ko yaje aturutse mu Karere ka Kirehe ajyanye umwana ku ishuri, yavuze ko baturutseyo saa munani zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, bakahagera saa moya zirengaho iminota micye.

Ati “Tugeze aha twagiye gukatisha batubwira ngo ni saa tanu n’igice. Ubwo sinzi uko biza kugenda. Ubwo se urumva twasubira i Kirehe kandi agiye ku ishuri, ubwo ni ukuryama hano muri Gare.”

Undi mubyeyi na we wari ujyanye umwana ku ishuri, avuga ko ubusanzwe mu itangira ry’amashuri, inzego z’uburezi zikorana n’izishinzwe iby’ingendo mu gufasha abanyeshuri kugera ku bigo bigaho ariko ko ibi byiciro bijya ku mashuri nyuma, byirengagijwe.

Ati “Dusabye rwose bareba uko batwoherereza imodoka tukajyana abana ku mashuri bakagererayo igihe kuko turabona turabasubiza mu rugo nidukomeza kuzibura.”

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) bwavuze ko bugiye “gukurikirana iki kibazo kugira ngo abana batwarwe ku mashuri bigaho.”

Hari Abanyeshuri bavuga ko bazindutse bajya i Nyabugogo gusha amatike kugira ngo berekeze mu Ntara ku mashuri ariko bakaba bagejeje iki gihe batarabona amatike. @RURA_RWANDA @CityofKigali @Rwanda_Edu pic.twitter.com/YEWsb7CY4H

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) October 4, 2022

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr. Bernard Bahati yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’iki Kigo bufatanyije na Polisi ndetse n’izindi nzego, bagiye muri Gare ya Nyabugogo gufasha aba banyeshuri kugira ngo babashe kugera ku bigo bagiye kwigaho.

Ati “Ibyo kureba ko hashyirwaho aho bajya bafatira imodoka hihariye, twabikorera ubusesenguzi tukazareba niba ari byo byafasha kurusha, tukabikora mu bihe bizaza.”

Ubusanzwe mu gihe cy’itangira ry’amashuri, hashyirwaho uburyo n’imodoka byihariye bitwara abanyeshuri kugira ngo hatagira ukererwa kugerayo mu gihe aba bajyayo nyuma badashyirirwaho ubu buryo.

Abagenzi bari benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 2 =

Previous Post

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Next Post

Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Muhoozi yazamuwe mu mapeti yamburwa umwanya yari afite muri UPDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.