Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in Uncategorized
0
Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi k’ubwarimu wo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, aravugwaho gutema ku gatsinsino umwana w’imyaka 6 akamukomeretsa ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukanga ko ashyikirizwa Polisi buvuga ko buzabyikemurira.

Uyu mwarimu witwa Gakwerere Cassien usanzwe akorera akazi k’uburezi muri G.S Rubagabaga, avugwaho gukora iki gikorwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yasangaga abana bari mu murima we uherereye mu Mudugudu wa Nyamirama ya Kabiri, Akagari ka Nyamirama, bari gutwara ibikenyeri birimo.

Muvunyi Claude, umubyeyi w’uyu mwana w’imyaka itandatu watemwe agatsinsino, yabwiye Kigali Today dukesha aya makuru ko yatumye abana kujya gutashya inkwi nabo bakajya gushaka ibikenyeri mu murima w’uyu mwarimu.

Ngo ubwo uyu murezi yabasangaga mu murima we, yarabirukankanye baramusiga ahita abatera umuhoro.

Ati “nkeka ko uriya yatemye yamujugutiye [yamuteye] umuhoro ukamufata agatsintsino ku buryo imitsi yacitse.”

Uyu mubyeyi avuga ko uyu mwana w’imyaka itandatu yakomeretse akava amaraso menshi, agashaka kujya kurega kuri Polisi ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukamwangira bukamubwira ko buzakemura iki kibazo ariko ko ubwo uyu mwana yatemwaga yaraye atavujwe.

Ati “Ubu icyakora yazindutse amutwara kwa muganga ariko nkeneye ko amuvuza agakira neza.”

Muyambi David uyobora Akagari ka Nyamirama, avuga ko yashatse gukemura iki kibazo ariko ko umubyeyi w’umwana watemwe ku gatsinsino yamuhakaniye akamubwira ko adashaka kwiteranya n’umuturanyi we.

Uyu muyobozi avuga ko yashatse kujyana Mwarimu Gakwerere kuri polisi kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha “ariko Muvunyi yarabyanze.”

Umubyeyi w’umwana wakomerekejwe n’umwarimu yasabye ko yasinyira ko azamuvuza kugeza akize ubundi ntiyirirwe ajyanwa mu nzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + two =

Previous Post

Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa

Next Post

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.