Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in Uncategorized
0
Nyagatare: Umwarimu aravugwaho gutema umwana w’imyaka 6 ubuyobozi bukanga ko ashyikirizwa Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi k’ubwarimu wo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, aravugwaho gutema ku gatsinsino umwana w’imyaka 6 akamukomeretsa ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukanga ko ashyikirizwa Polisi buvuga ko buzabyikemurira.

Uyu mwarimu witwa Gakwerere Cassien usanzwe akorera akazi k’uburezi muri G.S Rubagabaga, avugwaho gukora iki gikorwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yasangaga abana bari mu murima we uherereye mu Mudugudu wa Nyamirama ya Kabiri, Akagari ka Nyamirama, bari gutwara ibikenyeri birimo.

Muvunyi Claude, umubyeyi w’uyu mwana w’imyaka itandatu watemwe agatsinsino, yabwiye Kigali Today dukesha aya makuru ko yatumye abana kujya gutashya inkwi nabo bakajya gushaka ibikenyeri mu murima w’uyu mwarimu.

Ngo ubwo uyu murezi yabasangaga mu murima we, yarabirukankanye baramusiga ahita abatera umuhoro.

Ati “nkeka ko uriya yatemye yamujugutiye [yamuteye] umuhoro ukamufata agatsintsino ku buryo imitsi yacitse.”

Uyu mubyeyi avuga ko uyu mwana w’imyaka itandatu yakomeretse akava amaraso menshi, agashaka kujya kurega kuri Polisi ariko ubuyobozi bw’Umudugudu bukamwangira bukamubwira ko buzakemura iki kibazo ariko ko ubwo uyu mwana yatemwaga yaraye atavujwe.

Ati “Ubu icyakora yazindutse amutwara kwa muganga ariko nkeneye ko amuvuza agakira neza.”

Muyambi David uyobora Akagari ka Nyamirama, avuga ko yashatse gukemura iki kibazo ariko ko umubyeyi w’umwana watemwe ku gatsinsino yamuhakaniye akamubwira ko adashaka kwiteranya n’umuturanyi we.

Uyu muyobozi avuga ko yashatse kujyana Mwarimu Gakwerere kuri polisi kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha “ariko Muvunyi yarabyanze.”

Umubyeyi w’umwana wakomerekejwe n’umwarimu yasabye ko yasinyira ko azamuvuza kugeza akize ubundi ntiyirirwe ajyanwa mu nzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Uvugwaho kuba yararozwe n’umugore we yavuye kwivuza asanga yashatse undi amubwira ko yumvaga azapfa

Next Post

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Umukobwa umaze amezi 5 yarapfuye yaranashyinguwe bamubonye yidegembya ari muzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.