Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Mudududu umwe wo mu Kagari ka Karama, mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bitoreye umuyobozi w’Umudugudu, ariko Gitifu w’Akagari akamukuraho, agashyiraho uwari watsinzwe amatora, mu gihe we avuga ko yabonye uwatowe afite ikibazo cyo mu mutwe.

Abaturage bavuga ko byabatunguye kuko uyu muyobozi washyizweho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, mbere y’amatora yari umukuru w’Umudududu, ariko habaye amatora ntibamutora, ari na yo mpamvu  batunguwe no kubona ari kubayobora kandi yaratsinzwe amatora.

Umwe mu baturage yagize ati “Byaratubabaje cyane kubona twitorera umuyobozi w’Umudugudu bakamukuraho bagashyiraho utaratsinze amatora, ntabwo byadushimishije na gato, nibadutegurire amatora niba banenga uwo twatoye, ariko bareke kudushyiriraho umuyobozi wari waratsinzwe amatora.”

Aba baturage bavuga ko niba uriya Muyobozi bitoreye yarakoze amakosa, batanze ko abibazwa, ariko ko mu gushyiraho umusimbura, na byo bakwiye kubigiramo urugare.

Undi muturage ati “Mu gihe hagiye kujyaho umusimbura bakabaye baha umwanya abaturage bakagira uruhare mu kwemeza ubayobora.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Karama, Mukandebe Marie Louise uvugwaho gufata iki cyemezo kitanyuze abaturage, yavuze ko yafashe icyemezo cyo gushyiraho undi muyobozi w’Umudugudu kuko yabonaga uwatowe n’abaturage afite ikibazo.

Yagize ati “Abaturage baba bafite ukuntu bica ibintu, kugira ngo bipfe, nk’umuyobozi ngomba kureba ibipfa nkabikemura. Abaturage bari batoye ufite uburwayi bwo mu mutwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney, avuga ko ishyirwaho ry’ubuyobozi mu Mudugudu rigomba kugirwamo uruhare n’ubuyobozi bufatanyije n’abaturage.

Ati “Umuyobozi ugiyeho uwo ari we wese aba agiriyeho gukorera abaturage, twabizeza ko ntakibazo bagomba kugira, hagiye gusuzumwa harebwe icyakorwa.”

Abaturage bavuga ko batumva ukuntu bitoreye umuyobozi agakurwaho batabizi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Ndagijimana Jean Marie Vianney avuga ko bagiye kubikurikirana

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyize abayobozi mu myanya itandukanye

Next Post

Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira

Ubucamanza bw’u Rwanda bwahishuye ikibuteye impungenge kirushaho gukomera uko imyaka ishira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.