• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize abayobozi mu myanya itandukanye

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame yashyize abayobozi mu myanya itandukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yashyizeho abayobozi batandukanye mu myanya inyuranye barimo Hon Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, asimbura Habitegeko Francois uherutse gukurwa kuri uyu mwanya.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023.

Hon Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yari asanzwe ari Umusenateri muri Sena y’u Rwanda, aho yinjiye mu Nteko muri 2019.

Perezida Kagame kandi yanashyizeho Madamu Tessi Rusagara, Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund.

Umukuru w’u Rwanda kandi yashyize Armand Zingiro ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu (REG).

Mu Kigo Gishinzwe Amazi (WASAC Group), Perezida Kagame yashyizeho Omar Munyaneza, nk’Umuyobozi Mukuru wacyo.

Omar wahawe kuyobora WASAC Group, yari asanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, aho yanayoboraga Komisiyo ishinzwe Kugenzura Imikoreshereze y’Imari ya Leta (PAC), akaba yarabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, mu bijyanye n’amazi, anafitemo impamyabumenyi y’ikirenga (PhD).

Naho Umuhumuza Gisèle wari Umuyobozi w’Agateganyo wa WASAC, yagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gukwirakwiza amazi, WASAC (Utilities) Ltd.

Evariste Rugigana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Ibiro mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere RURA. Naho Dr Carpaphore Ntagungira, agirwa Umuyobozi w’Inama Ngenzuramikirere ya RURA.

Lambert Dushimimana wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Omar Munyaneza na we yagizwe yagizwe umuyobozi wa WASAC Group
Gisele yagizwe Umuyobozi wa WASAC Ltd
Rugigana Evariste wigeze kuba Umuyobozi muri Primature, yagizwe Umuyobozi wa RURA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + thirteen =

Previous Post

Bazi kurimba: Uko abakinnyi b’Amavubi bagiye mu mwihero w’umukino udafite icyo uvuze (AMAFOTO)

Next Post

Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

Nyamagabe: Barashinja Gitifu gukuraho ‘Mudugudu’ bitoreye akimika uwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.