Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Barikanga ibiza bidasanzwe byabasiga mu bwigunge ubugirakaribi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nkomane mu Karere ka Nyamagabe, baravuga ko bafite impungenge ko santere y’ubucuruzi yabo ishobora kurindimurwa n’inkangu yanabangirije umuhanda wabahuzaga n’Akarere ka Karongi.

Ni inkangu ishobora guterwa n’icyobo kiri hafi y’iyi santere y’ubucuruzi ya Nkomane, kiri munsi y’inzu z’ubucuruzi, aho abaturage bagaragaza ko kibahangayikishije.

Umuturage umwe ati “Kiratubangamiye kuko cyasenye umuhanga waduhuzaga na Karongi ndetse n’imirima y’icyayi cyacu yaratwatwawe. Hatagize igikorwa na santere ya Nkomane yakwisanga mu kabande.”

Undi ati “tuba dufite ubwoba ko rimwe tuzisanga mu kabande kuko n’amazu amwe n’amwe yarasenyutse, hari n’izitagikorerwamo muri iyi santere kubera iki cyobo, bakitwubakiye imvura itaragwa byaba byiza.”

Uretse aba baturage bagaraza iki kibazo, n’ubuyobozi bubona ko gihangayikishije kuko hari n’inzu z’ubucuruzi zitagikorerwamo,

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkomane, ati “Igihombo ku baturage no ku Gihugu kuko cyanahagaritse n’ubuhahirane hagati y’abatuye Akarere ka Nyamagabe n’abo mu Karere ka Karongi.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko iki cyobo kiramutse kidakozwe, cyatuma ingaruka zikomeza kwiyongera.

Ati “Inyigo yarakozwe, icyo dusaba  inzego zindi zidukuriye ni uko zakwihutisha igikorwa cyo kubakira iki cyobo kuko kirahangayikishije.”

Ikibazo cy’iyi nkangu, cyatangiye kugaragara ari akobo gato muri 2019, ubwo umuhanda Gasarenda-Gisovu wakorwaga, harushaho kwiyongera mu 2022 bitewe n’imvura yaguye ari nyinshi ikanateza ibiza mu Murenge wa Nkomane.

Santere yabo y’ubucuruzi barabona ishobora kuzimira

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIO TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 18 =

Previous Post

Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

Icyafashije inzego kumenya ibyumvikanamo amahano akekwa ku mugabo yakoreye uwo yibyariye

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Icyafashije inzego kumenya ibyumvikanamo amahano akekwa ku mugabo yakoreye uwo yibyariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.