Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe biyemerera ko kuva bavuka batarakandagira mu modoka kuko ibice batuyemo bisa nk’ibyasigaye inyuma mu gihe bamwe mu bana iyo bayibonye bayikanga bagira ngo ni igisimba kigiye kubarya.

Mu myaka yo hambere bwo uwavugaga ko abaye umusore cyangwa inkumi atarabona imodoka, ntawe byatunguraga gusa ubu biragoye kubera iterambere rikomeje kugaragara mu Rwanda.

Gusa bamwe bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko batarabona iki kinyabiziga gikomeje koroshya imigenderanire ya benshi mu Rwanda.

Nzeyimana Focas ati “Sindajya i Kigali kandi n’iyo ngiye i Nyamagabe nyura iyo mu Kibaya, nkaba ntahandi ndajya. Ntayo ndagendamo.”

Uyu muturage avuga ko kandi kuba badafite imodoka zibafasha mu ngendo, binabahombya kuko hari ababa bakeneye kujyana umusaruro wabo ku masoko ariko bakazitirwa no kubura imodoka zibafasha.

Ati “Icyifuzo ni uko mwatuvuganira natwe tukagera ku iterambere nk’iry’abandi, byaba akarusho n’imodoka ikaba yaza mu muhanda, n’umwana yayibona ntayitinye.”

Avuga ko iyo abana bo muri aka gace babonye imodoka bikanga. Ati “Barazitinya kubera kutayibona. Nta mwana wayegera kuko aba azi ko yamurya.”

Muhimpundu Clotilde avuga ko muri aka gace bafite imihanda ishobora kugendwamo n’imodoka ariko zikaba zitahagera kandi ko bibavuna.

Ati “Waba wejeje n’ibyo bijumba waba wajyana ku isoko ngo ubone ikayi y’umwana cyangwa isabune ukaba ariko nta ntege ufite zo kubigezayo, ukaba urabikenanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Hildebrand Niyomwungeli avuga ko muri aka Karere hakiri byinshi byo gukora birimo no korohereza aba baturage mu ngendo.

Hildebrand Niyomwungeli avuga ko bazakomeza gushishikariza abashoramari gushora imari mu bwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Ati “Nubwo wenda bitazagera kure nk’aho muvuye [ahatuye abaturage baganiriye n’Umunyamakuru] ariko bikagera ku gice kimwe kirenga aho imodoka zisanzwe zigera.”

Uyu muyobozi kandi yanavuze ko mu makuru bafite ari uko mu mpera z’uyu mwaka umuhanda Nyamagabe-Kaduha uzaba utangiye gukorwa ku buryo bizakemura burundu ikibazo cy’ubwigunge mu migenderanire n’imihahiranire cyari muri aka gace.

Nzeyimana Focas avuga ko ageze muri iyi myaka ataragenda mu modoka
Muhimpundu Clotilde avuga ko bituma batabasha kwijyanira umusaruro ku isoko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba ziraye mu Bakristu-Gatulika bari mu masengesho zicamo 10

Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Related Posts

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

by radiotv10
16/09/2025
0

For many years, cash was the main way people in Rwanda paid for goods and services. From small shops in...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

IZIHERUKA

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?
MU RWANDA

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

by radiotv10
16/09/2025
0

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.