Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe biyemerera ko kuva bavuka batarakandagira mu modoka kuko ibice batuyemo bisa nk’ibyasigaye inyuma mu gihe bamwe mu bana iyo bayibonye bayikanga bagira ngo ni igisimba kigiye kubarya.

Mu myaka yo hambere bwo uwavugaga ko abaye umusore cyangwa inkumi atarabona imodoka, ntawe byatunguraga gusa ubu biragoye kubera iterambere rikomeje kugaragara mu Rwanda.

Gusa bamwe bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko batarabona iki kinyabiziga gikomeje koroshya imigenderanire ya benshi mu Rwanda.

Nzeyimana Focas ati “Sindajya i Kigali kandi n’iyo ngiye i Nyamagabe nyura iyo mu Kibaya, nkaba ntahandi ndajya. Ntayo ndagendamo.”

Uyu muturage avuga ko kandi kuba badafite imodoka zibafasha mu ngendo, binabahombya kuko hari ababa bakeneye kujyana umusaruro wabo ku masoko ariko bakazitirwa no kubura imodoka zibafasha.

Ati “Icyifuzo ni uko mwatuvuganira natwe tukagera ku iterambere nk’iry’abandi, byaba akarusho n’imodoka ikaba yaza mu muhanda, n’umwana yayibona ntayitinye.”

Avuga ko iyo abana bo muri aka gace babonye imodoka bikanga. Ati “Barazitinya kubera kutayibona. Nta mwana wayegera kuko aba azi ko yamurya.”

Muhimpundu Clotilde avuga ko muri aka gace bafite imihanda ishobora kugendwamo n’imodoka ariko zikaba zitahagera kandi ko bibavuna.

Ati “Waba wejeje n’ibyo bijumba waba wajyana ku isoko ngo ubone ikayi y’umwana cyangwa isabune ukaba ariko nta ntege ufite zo kubigezayo, ukaba urabikenanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Hildebrand Niyomwungeli avuga ko muri aka Karere hakiri byinshi byo gukora birimo no korohereza aba baturage mu ngendo.

Hildebrand Niyomwungeli avuga ko bazakomeza gushishikariza abashoramari gushora imari mu bwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Ati “Nubwo wenda bitazagera kure nk’aho muvuye [ahatuye abaturage baganiriye n’Umunyamakuru] ariko bikagera ku gice kimwe kirenga aho imodoka zisanzwe zigera.”

Uyu muyobozi kandi yanavuze ko mu makuru bafite ari uko mu mpera z’uyu mwaka umuhanda Nyamagabe-Kaduha uzaba utangiye gukorwa ku buryo bizakemura burundu ikibazo cy’ubwigunge mu migenderanire n’imihahiranire cyari muri aka gace.

Nzeyimana Focas avuga ko ageze muri iyi myaka ataragenda mu modoka
Muhimpundu Clotilde avuga ko bituma batabasha kwijyanira umusaruro ku isoko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 8 =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba ziraye mu Bakristu-Gatulika bari mu masengesho zicamo 10

Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.