Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Hari abataragenda mu modoka kuva bavuka, abana iyo bayibonye bagira ngo ni igisimba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe biyemerera ko kuva bavuka batarakandagira mu modoka kuko ibice batuyemo bisa nk’ibyasigaye inyuma mu gihe bamwe mu bana iyo bayibonye bayikanga bagira ngo ni igisimba kigiye kubarya.

Mu myaka yo hambere bwo uwavugaga ko abaye umusore cyangwa inkumi atarabona imodoka, ntawe byatunguraga gusa ubu biragoye kubera iterambere rikomeje kugaragara mu Rwanda.

Gusa bamwe bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko batarabona iki kinyabiziga gikomeje koroshya imigenderanire ya benshi mu Rwanda.

Nzeyimana Focas ati “Sindajya i Kigali kandi n’iyo ngiye i Nyamagabe nyura iyo mu Kibaya, nkaba ntahandi ndajya. Ntayo ndagendamo.”

Uyu muturage avuga ko kandi kuba badafite imodoka zibafasha mu ngendo, binabahombya kuko hari ababa bakeneye kujyana umusaruro wabo ku masoko ariko bakazitirwa no kubura imodoka zibafasha.

Ati “Icyifuzo ni uko mwatuvuganira natwe tukagera ku iterambere nk’iry’abandi, byaba akarusho n’imodoka ikaba yaza mu muhanda, n’umwana yayibona ntayitinye.”

Avuga ko iyo abana bo muri aka gace babonye imodoka bikanga. Ati “Barazitinya kubera kutayibona. Nta mwana wayegera kuko aba azi ko yamurya.”

Muhimpundu Clotilde avuga ko muri aka gace bafite imihanda ishobora kugendwamo n’imodoka ariko zikaba zitahagera kandi ko bibavuna.

Ati “Waba wejeje n’ibyo bijumba waba wajyana ku isoko ngo ubone ikayi y’umwana cyangwa isabune ukaba ariko nta ntege ufite zo kubigezayo, ukaba urabikenanye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Hildebrand Niyomwungeli avuga ko muri aka Karere hakiri byinshi byo gukora birimo no korohereza aba baturage mu ngendo.

Hildebrand Niyomwungeli avuga ko bazakomeza gushishikariza abashoramari gushora imari mu bwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Ati “Nubwo wenda bitazagera kure nk’aho muvuye [ahatuye abaturage baganiriye n’Umunyamakuru] ariko bikagera ku gice kimwe kirenga aho imodoka zisanzwe zigera.”

Uyu muyobozi kandi yanavuze ko mu makuru bafite ari uko mu mpera z’uyu mwaka umuhanda Nyamagabe-Kaduha uzaba utangiye gukorwa ku buryo bizakemura burundu ikibazo cy’ubwigunge mu migenderanire n’imihahiranire cyari muri aka gace.

Nzeyimana Focas avuga ko ageze muri iyi myaka ataragenda mu modoka
Muhimpundu Clotilde avuga ko bituma batabasha kwijyanira umusaruro ku isoko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + twelve =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba ziraye mu Bakristu-Gatulika bari mu masengesho zicamo 10

Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.