Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mirenge ya Kagano, Cyato na Rangiro bambuka umugezi wa Kamiranzovu bagana mu isoko rya Rwesero no ku biro by’Akarere ka Nyamasheke, bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga kubera ikiraro bambuka kigizwe n’ibiti bibiri na byo bidashinga, ndetse hakaba hari abamaze kuhaburira ubuzima, barimo umusore witeguraga kurushinga, nyamara bakaba bamaze imyaka ibiri batswe amafaranga yo kugikora.

Aba baturage bavuga ko imyaka ibiri ishize bambukira kuri iki kiraro kigizwe n’ibiti bibiri birimo kimwe cyarangiritse ku buryo hakoreshwa igiti kimwe n’akandi gato bafataho ku ruhande.

Mukareta Bernadette wabuze uwe kubera iki kiraro ati “Uyu mugezi wa Kamiranzovu wantwaye umusore da. Yari yarasabye. Twari kumwe tuhageze afata kuri kariya gati karakuduka yituramo turamushaka turamubura aza kuboneka ku Kivu.”

Uwingabiye Damarce na we agira ati “Hateye impungenge cyane kuko abantu bajya bagwamo. Bagwamo tukabashyingura kubera ko ari igiti kimwe gusa tugendaho.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko bamaze imyaka ibiri basabwe amafaranga n’ubuyobozi aho buri rugo rwatanze igihumbi (1 000 Frw) kugira ngo hashyirwe ho ibindi biti ariko kugeza ubu aya mafaranga akaba akibitswe n’Umuyobozi w’Umudugudu.

Ntakirutimana Oscar ati “Mu mudugudu twateranyije amafaranga buri rugo igihumbi igihumbi. Umwaka ushize mudugudu ari we uyabitse, kandi koko kuba ayabitse hagwamo abantu ni ikibazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas uvuga ko nta makuru afite y’uko hari abantu baburira ubuzima kuri iki kiraro, avuga ko hateganywa gushyirwa icyo mu kirere.

Ati “Cyari cyatanzweho ibitekerezo n’abaturage muri bya byifuzo bishingirwaho igenamigambi ndetse abantu bo muri one stop center baje kureba uburyo hazashyirwa icyo mu kirere.”

Uyu Muyobozi avuga ko bari bagiriye inama abaturage, ko bagomba guharika kunyura kuri iki kiraro, basabwa kujya banyura indi nzira, ariko bo bakavuga ko ari iya kure.

Ni ukuhanyura bambaza Imana
Abageze mu zabukuru na bo barahanyura ariko ubwoba buba ari bwose

N’abajya gushakisha imibereho

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − three =

Previous Post

Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi

Next Post

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.