Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baratunga agatoki umucuruzi wabazengereje ubahoza ku nkoni akabakinga amafaranga ndetse akabakangisha ko yigeze kuba umusirikare.

Aba baturage bo mu Gasantere ka Gasayo mu Mudugudu wa Gasayo muri aka Kagari ka Ninzi, babwiye RADIOTV10 ko uwo mucuruzi w’inzoga ukorera muri ako gasantere witwa Alexis abakubita bajya kurega ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukabima amatwi.

Umwe mu baturage yagize ati “Yitwaje ko yigeze kuba Umusirikare wibwira ko arajya afata abantu agakubita yarangiza akitwaza ko azajya aduha amafaranga, kandi amafaranga aduha ntabwo agura ubuzima bw’abantu.”

Umwe mu baturage w’igitsinagore wakubiswe ku itegeko ry’uyu mugabo witwa Alexis, yavuze ko yagiye kumukorera, ntiyamwishyura ahubwo yohereza abantu bo kumukubita.

Ati “Yitwaza ko ari umusirikare kandi ngo akaba afite n’amafaranga. Ngo azajya akubita umuntu ngo amurenzeho n’amafaranga.”

Uyu muturage avuga ko hari undi muntu uherutse gukubitwa n’uyu mugabo inshuro ebyiri zikurikirana, wiyambaje umuyobozi w’Umudugudu na we wigeze kuba umusirikare ariko yatunguwe n’uburyo yamusubije ubwo yajyaga kumuregera.

Ati “Yiyambaje Umuyobozi w’Umudugu ngo akemura ikibazo cy’uwo muntu yakubise kabiri yikurikiranya, umuyobozi aravuga ngo ‘nta n’umusirikare uburana ngo atsindwe.”

Aba baturage bavuga ko uwo muntu uheruka gukubitwa, bamukinze ibihumbi 4 Frw, bakamusaba kuryumaho, bavuga ko no kuba bavuganye n’itangazamakuru bishobora kubakoraho.

Undi muturage ati “N’ibyo tuvuze hano bishobora kuba umwaku hari igihe dushobora kuzabizira. Muri rusange abantu muri rusange baragenda bagahohoterwa, niba ashobora guhonyora uburenganzira bw’abantu ngo ni uko wenda badashobora bafite ubushobozi…abakabarenganuye ni bo bari muri ako gatsiko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jeromo yavuze ko batari bazi iki kibazo nk’ubuyobozi ariko ko bagiye kugikurikirana kuko nta muntu ukwiye kwitwaza icyo ari cyo ngo abangamire abaturage.

Yagize ati “Kuba umuntu ari Umudemobe [uwasezerewe mu gisirikare] ntabwo bisobanura ko afite ubudahangarwa.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage bahohotewe kwiyambaza ubuyobozi bw’Akagari ariko ko n’ubuyobozi bw’Umurenge na bwo bugiye kukinjiramo.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Nyamasheke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 12 =

Previous Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Next Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1
AMAHANGA

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.