Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana ku Bitaro bya Gatagara ryasize inzu zabo zisataguritse bitewe n’imashini zari ziri kuwukora.

Bamwe mu baturage batuye hafi y’uyu muhanda bavuga ko imashini zitsindagira ubutaka zatigishije inzu zabo, zimwe zigatangira gusatagurika ku buryo batinya ko zishobora kubagwaho.

Nkwakuzi Eliel ni umwe mu batuye hafi y’uwo muhanda uri gukorwa. Yagize ati:
“Twishimiye ko umuhanda wubakwa kuko wadukuye mu byondo n’ivumbi, ariko inzu yanjye yarasataguritse cyane. Izo mashini zikora hano zanyeganyeje inzu, nkaba mfite impungenge ko ishobora kuzangwaho n’abana.”

Undi muturage, Ayinkamiye Theresie, avuga ko kugeza ubu nta muyobozi uraza gusuzuma ibyangiritse. Ati “Inzu yanjye ifite ibice byatangiye gutandukana. Twabimenyesheje abayobozi ariko nta waje ngo aze kureba ibyangiritse cyangwa ngo atubwire niba tuzafashwa gusanirwa.”

Mukamurea Apolinariya na we agaragaza impungenge nk’izo, akavuga ko bakwiye kubarirwa ibyangiritse. Ati “Turifuza ko habaho isuzuma ryimbitse, abahuye n’ingaruka bakishyurwa cyangwa bakimurwa ahatekanye. Turasaba kurenganurwa.”

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, avuga ko ubuyobozi bugiye gusura abaturage bagizweho ingaruka kugira ngo ikibazo cyabo gisuzumwe.

Yagize ati: “Hari abo duherutse kwishyura, ariko ntitwari tuzi ko hari abafite ikibazo nk’icyo. Tuzasura abo baturage bavuga ko bagizweho ingaruka n’imirimo y’umuhanda, harebwe uko ikibazo giteye n’ingamba zafatwa kugira ngo gikemuke mu buryo bukwiye.”

Nubwo hari ibibazo by’inzu zasataguritse, abaturage bose bahuriza ku kuba uyu muhanda warabakuye mu bibazo byari bibugarije mbere. Bavuga ko mu gihe cy’imvura bahoraga mu byondo, naho mu gihe cy’izuba bagahura n’ivumbi ryinshi.

Bavuga ko mbere uyu wari umuhanda mubi cyane, ku buryo imodoka zitawunyuragamo neza.

Icyakora, basaba ko ibibazo byabo byakemurwa vuba kugira ngo iterambere rizanywe n’uyu muhanda ritabasigira igikomere, ahubwo ribabere intambwe yo gukomeza gutera imbere mu mutekano no mu buzima bwiza.

Inzu zabo zarangiritse cyane

Basaba kugobokwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Related Posts

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

by radiotv10
23/02/2026
0

Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y'u Rwanda wari mu kiruhuko, yitabye Imana...

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

by radiotv10
21/02/2026
0

For years, passwords have been the guards of our digital lives. We use them to unlock our phones, check our...

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

by radiotv10
20/02/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, batashye bavuye guhinga, basanga abana babo babiri bitabiye...

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

by radiotv10
20/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, banenga umugabo bavugaho ubushurashuzi wahengereye mugenzi we yagiye...

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

Hagaragajwe impamvu z’impungenge u Rwanda rufite ku kuba u Burundi bwakwinjira mu buhuza mu bya Congo

by radiotv10
20/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kuba Perezida w’u Burundi aherutse kuba Umuyobozi w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize...

IZIHERUKA

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga
IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

by radiotv10
23/02/2026
0

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

22/02/2026
Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

22/02/2026
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

22/02/2026
Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

22/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.