Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana ku Bitaro bya Gatagara ryasize inzu zabo zisataguritse bitewe n’imashini zari ziri kuwukora.
Bamwe mu baturage batuye hafi y’uyu muhanda bavuga ko imashini zitsindagira ubutaka zatigishije inzu zabo, zimwe zigatangira gusatagurika ku buryo batinya ko zishobora kubagwaho.
Nkwakuzi Eliel ni umwe mu batuye hafi y’uwo muhanda uri gukorwa. Yagize ati:
“Twishimiye ko umuhanda wubakwa kuko wadukuye mu byondo n’ivumbi, ariko inzu yanjye yarasataguritse cyane. Izo mashini zikora hano zanyeganyeje inzu, nkaba mfite impungenge ko ishobora kuzangwaho n’abana.”
Undi muturage, Ayinkamiye Theresie, avuga ko kugeza ubu nta muyobozi uraza gusuzuma ibyangiritse. Ati “Inzu yanjye ifite ibice byatangiye gutandukana. Twabimenyesheje abayobozi ariko nta waje ngo aze kureba ibyangiritse cyangwa ngo atubwire niba tuzafashwa gusanirwa.”
Mukamurea Apolinariya na we agaragaza impungenge nk’izo, akavuga ko bakwiye kubarirwa ibyangiritse. Ati “Turifuza ko habaho isuzuma ryimbitse, abahuye n’ingaruka bakishyurwa cyangwa bakimurwa ahatekanye. Turasaba kurenganurwa.”
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, avuga ko ubuyobozi bugiye gusura abaturage bagizweho ingaruka kugira ngo ikibazo cyabo gisuzumwe.
Yagize ati: “Hari abo duherutse kwishyura, ariko ntitwari tuzi ko hari abafite ikibazo nk’icyo. Tuzasura abo baturage bavuga ko bagizweho ingaruka n’imirimo y’umuhanda, harebwe uko ikibazo giteye n’ingamba zafatwa kugira ngo gikemuke mu buryo bukwiye.”
Nubwo hari ibibazo by’inzu zasataguritse, abaturage bose bahuriza ku kuba uyu muhanda warabakuye mu bibazo byari bibugarije mbere. Bavuga ko mu gihe cy’imvura bahoraga mu byondo, naho mu gihe cy’izuba bagahura n’ivumbi ryinshi.
Bavuga ko mbere uyu wari umuhanda mubi cyane, ku buryo imodoka zitawunyuragamo neza.
Icyakora, basaba ko ibibazo byabo byakemurwa vuba kugira ngo iterambere rizanywe n’uyu muhanda ritabasigira igikomere, ahubwo ribabere intambwe yo gukomeza gutera imbere mu mutekano no mu buzima bwiza.





Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10










