Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Havuzwe ikigiye gukorerwa imbwa zifite imiterere yihariye batazi aho zaturutse zibarembeje

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Havuzwe ikigiye gukorerwa imbwa zifite imiterere yihariye batazi aho zaturutse zibarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, baravuga ko imbwa nini zidateye nk’izisanzwe batazi aho zituruka zibarembeje kuko ziteza umutekano mucye, zikanabarira amatungo, ubuyobozi bukavuga ko umuti w’iki kibazo ntawundi uretse gutega izi mbwa.

Bamwe mu batuye muri uyu Murenge, bavuga ko izi mbwa zirirwa zizerera mu mashyamba ahari, rimwe na rimwe zikabarira amatungo.

Nsengiyumva Eric yagize ati “Inaha ikibazo cy’imbwa kiraduhangayikishije cyane kuko ni nyinshi cyane, ziraza zikaturira amatungo kandi ntabwo ari iz’abaturage b’inaha. Izo mwa twayobewe aho zaturutse kuko ni nini cyane ni ubwa mbere twari tuzibonye kuko ntizisanzwe.”

Mukantabana Olive na we ati “Izo mbwa ziturira amatungo, inaha amatungo amaze kuribwa n’izo mbwa ni atatu.”

Aba baturage bavuga ko izi mbwa babona zibateye impungenege kuko babona zigenda ziyongera bagakeka ko ari abazizanye bakazihata.

Murindwa ati “Zigenda ziyongera uko bwije n’uko bucyeye. Dukeka ko ari abazizanye barazihata. Wasanga barazizanye mu modoka barazihajugunya kuko zirakabije.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko iki kibazo kizwi ariko ko hari ikigiye gukorwa ngo izi mbwa zicike.

Ati “Tumaze iminsi tubona imbwa hirya no hino tutazi aho zituruka, ariko umuti ni umwe ni uko tuzitega zikareka kwangiriza baturage. Gahunda yo kuzitega ku bufatanye na Polisi turayifite ku buryo igihe gito ziba zitakigaragara.”

Aba baturage bavuga ko izi mbwa zikomeza kwiyongera ndetse zikarya n’amatungo hatagize igikorwa mu maguru mashya zishobora kuba zagera n’aho zarya n’abantu.

Izi mbwa zirirwa zizerera mu rusisiro zahura n’itungo zikarirya
Abaturage bavuga ko zibarembeje

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Next Post

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.