Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Havuzwe ikigiye gukorerwa imbwa zifite imiterere yihariye batazi aho zaturutse zibarembeje

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Havuzwe ikigiye gukorerwa imbwa zifite imiterere yihariye batazi aho zaturutse zibarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, baravuga ko imbwa nini zidateye nk’izisanzwe batazi aho zituruka zibarembeje kuko ziteza umutekano mucye, zikanabarira amatungo, ubuyobozi bukavuga ko umuti w’iki kibazo ntawundi uretse gutega izi mbwa.

Bamwe mu batuye muri uyu Murenge, bavuga ko izi mbwa zirirwa zizerera mu mashyamba ahari, rimwe na rimwe zikabarira amatungo.

Nsengiyumva Eric yagize ati “Inaha ikibazo cy’imbwa kiraduhangayikishije cyane kuko ni nyinshi cyane, ziraza zikaturira amatungo kandi ntabwo ari iz’abaturage b’inaha. Izo mwa twayobewe aho zaturutse kuko ni nini cyane ni ubwa mbere twari tuzibonye kuko ntizisanzwe.”

Mukantabana Olive na we ati “Izo mbwa ziturira amatungo, inaha amatungo amaze kuribwa n’izo mbwa ni atatu.”

Aba baturage bavuga ko izi mbwa babona zibateye impungenege kuko babona zigenda ziyongera bagakeka ko ari abazizanye bakazihata.

Murindwa ati “Zigenda ziyongera uko bwije n’uko bucyeye. Dukeka ko ari abazizanye barazihata. Wasanga barazizanye mu modoka barazihajugunya kuko zirakabije.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko iki kibazo kizwi ariko ko hari ikigiye gukorwa ngo izi mbwa zicike.

Ati “Tumaze iminsi tubona imbwa hirya no hino tutazi aho zituruka, ariko umuti ni umwe ni uko tuzitega zikareka kwangiriza baturage. Gahunda yo kuzitega ku bufatanye na Polisi turayifite ku buryo igihe gito ziba zitakigaragara.”

Aba baturage bavuga ko izi mbwa zikomeza kwiyongera ndetse zikarya n’amatungo hatagize igikorwa mu maguru mashya zishobora kuba zagera n’aho zarya n’abantu.

Izi mbwa zirirwa zizerera mu rusisiro zahura n’itungo zikarirya
Abaturage bavuga ko zibarembeje

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + five =

Previous Post

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Next Post

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.