Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 30 by’urumogi baruhishe mu mufuka wavuyemo sima, bagifatwa bavuga ko baruhawe n’abarukuye mu Karere ka Rubavu ariko ntibavuga amazina yabo.

Aba bagabo bafashwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano tariki 08 Ukwakira 2022, ni Jean Claude w’imyaka 38 na Bertin w’imyaka 39.

Umwe yari atwaye moto mu gihe undi yari utwaye urwo rumogi, bakaba bafatiwe mu Mudugudu wa Cercle Sportif, Akagari ka Kiyovu mu Murenge wa Nyarugenge.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko aba bantu bafashwe nyuma yuko polisi ihawe amakuru yizewe n’abaturage.

Yavuze ko ubwo hari hamaze gutangwa amakuru y’abo bagabo bari batwaye umuzigo bikekwa ko urimo ibiyobyabwenge, hahise hatangira igikorwa cyo kubafata.

Ati “Bageze ahitwa Cercle sportif basabwe guhagarara, abapolisi basatse umuzigo bari batwaye basanga harimo urumogi bari bashyize mu mufuka wavuyemo sima batereka mu wundi mufuka rupima ibilo 30, bahita batabwa muri yombi.”

Nyuma yo gufatwa, aba bagabo bavuze ko urwo rumogi baruhawe n’abandi bantu babiri bari baturutse mu Karere ka Rubavu bahurira mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari ka Nzove ari naho barubahereya ngo barushyire umukiriya wabo mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Gasabo.

Gusa ntibavuze amazina y’abo bantu barubahaye, bakaba bahise bafatwa ndetse n’urwo rumogi bafatanywe.

Polisi y’u Rwanda yahise ibashyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyarugenge kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakuriranyweho mu gihe ibikorwa byo gushakisha abo bafatanyije bigikomeje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

Next Post

Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.