Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru yafashe abantu bakekwaho ibikorwa biteza umutekano mucye mu baturage, aho uru rwego rwahise rwibutsa ko abatekereza kwijandika muri ibi bikorwa bose bitazabahira.

Aba bagabo barindwi (7) bafatiwe mu Murengewa Nyabimata, mu Tugari twa Ruhinga, Gihemvu na Kabere, aho bakewaho guteza umutekano mucye muri rusange no gukora inzoga z’inkorano zizwi nk’ibikwangari.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yavuze ko izi nzoga z’inkorano, na zo ziri mu byongera ibyaha muri aka gace, kuko abazinyoye bisanga bagiye muri ibyo bikorwa bigize ibyaha.

Aba bantu uko ari barindwi bafashwe bakekwaho guteza umutekano mucye, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Muganza muri aka Karere ka Nyaruguru.

SP Emmanuel Habiyaremye yaboneyeho kugira inama abijanditse mu bikorwa nk’ibi kubihagarika, kuko inzego zabihagurukiye.

Yagize ati “Ntawatekereza guhungabanya umutekano ngo bimuhire, ibikorwa nk’ibi kandi turabikomeje. Abaturage nibakomeze gutanga amakuru kandi ku gihe dukomeze gukumira ibyaha.”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025 kandi mu Murenge wa Cyahinda mu Tugari dutandukanye, hakozwe igikorwa igikorwa cyo gushaka no gufata abakekwaho ubujura bw’inka n’andi matungo, cyasize hafashwe abagabo batandatu (6) n’undi 1 uvugwa mu bujura bwo kwiba abantu abategeye mu nzira.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko aba bantu barindwi bafatiwe muri iki gikorwa, ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.