• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru yafashe abantu bakekwaho ibikorwa biteza umutekano mucye mu baturage, aho uru rwego rwahise rwibutsa ko abatekereza kwijandika muri ibi bikorwa bose bitazabahira.

Aba bagabo barindwi (7) bafatiwe mu Murengewa Nyabimata, mu Tugari twa Ruhinga, Gihemvu na Kabere, aho bakewaho guteza umutekano mucye muri rusange no gukora inzoga z’inkorano zizwi nk’ibikwangari.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yavuze ko izi nzoga z’inkorano, na zo ziri mu byongera ibyaha muri aka gace, kuko abazinyoye bisanga bagiye muri ibyo bikorwa bigize ibyaha.

Aba bantu uko ari barindwi bafashwe bakekwaho guteza umutekano mucye, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Muganza muri aka Karere ka Nyaruguru.

SP Emmanuel Habiyaremye yaboneyeho kugira inama abijanditse mu bikorwa nk’ibi kubihagarika, kuko inzego zabihagurukiye.

Yagize ati “Ntawatekereza guhungabanya umutekano ngo bimuhire, ibikorwa nk’ibi kandi turabikomeje. Abaturage nibakomeze gutanga amakuru kandi ku gihe dukomeze gukumira ibyaha.”

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025 kandi mu Murenge wa Cyahinda mu Tugari dutandukanye, hakozwe igikorwa igikorwa cyo gushaka no gufata abakekwaho ubujura bw’inka n’andi matungo, cyasize hafashwe abagabo batandatu (6) n’undi 1 uvugwa mu bujura bwo kwiba abantu abategeye mu nzira.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko aba bantu barindwi bafatiwe muri iki gikorwa, ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + nineteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23

Next Post

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwica umwana we w’amezi abiri mu buryo bw’ubugome

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwica umwana we w’amezi abiri mu buryo bw’ubugome

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.