Nyuma y’amasaha macye agarukanye n’ikipe ye Byiringiro Lague arahita asubukura ubukwe bwe

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Rutahizamu Byiringiro Lague wanaboneye igite ikipe ye ya APR FC mu mukino yasezerewemo na RS Berkane muri CAF Confederation Cup, akaba yanagarukanye na begenzi be mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, kuri uyu wa Kabiri azasubukura ubukwe yari yasubitse kubera uyu mukino.

Ubukwe bwa Lague na Kelia bwari buteganyijwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 04 Ukuboza, ariko aza kubusubika kugira ngo afashe iyi kipe mu rugamba rwo gukina umukino wo kwishyura na RS Berkane.

Izindi Nkuru

Umuhango w’ubukwe w’uyu rutahizamu uteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 07 Ukuboza 2021, bukazabera  mu itorero rya Philadelphia Rhema Church Kimironko.

Ku wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021, nibwo Byiringiro Lague yafashe umwanzuro yambika Kelia bamaze imyaka igera muri 4 bakundana impeta ya fiançaille amusaba ko yazamubera umugore.

Tariki ya 30 Nzeri 2021, ni bwo Byiringiro Lague na Uwase Kelia basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Nyarugenge.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru