Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politiki mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’amahame yasinywe hagati ya DRC na AFC/M23, yuzuzanya, ndetse ko byombi bitanga icyizere ku muti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, icyakora ko hakiri urugendo rurerure.

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 19 Nyakanga 2025, i Doha muri Qatar Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku mahame azagena amasezerano izi mpande zombi zigomba kuzasinya.

Aya mahame yaje akurikira amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC tariki 27 Kamena 2025.

Aya mahame aherutse gushyirwaho umukono hagati ya DRC na AFC/M23 azakurikirwa n’amasezerano azasinywa tariki 18 Kanama 2025.

Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi yavuze ko aya mahame yasinywe, yuzuzanya n’amasezerano y’i Washington DC yayobowe na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Intego yacu ni imwe. Nyuma y’aho Abakuru b’Ibihugu bagiranye inama i Doha; twashyizeho inzira yo gushaka amahoro. Twahagaritse ibibazo byari hagati y’Ibihugu byombi, ku bw’amahirwe umufatanyabikorwa wacu ukomeye yatumye amasezerano y’i Washington ashyirwaho umukono, nyuma y’ayo masezerano twakomeje iyi nzira ya Doha kugira ngo dukemure ibibazo by’imbere mu Gihugu cya Congo. Izi nzira zombi ziruzuzanya mu gushaka amahoro, iterambere, n’uburumbuke bw’abatuye mu burasirazuba bwa Congo.”

Uko kuzuzanya bigaragara no mu nyandiko, ingingo ya kabiri yo mumasezerano y’u Rwanda na DRC; ivuga ko abarwanyi bagomba gushyira intwaro hasi, bamwe bakajya mu buzima busanzwe, abandi bagashyirwa mu nzego zishinzwe umutekano za Congo Kinshasa.

Naho ingingo ya kane mu mirongo ngenderwaho Kinshasa na M23 basinyiye i Doha; ivuga ko ubutegetsi bw’Igihugu cyose bugomba kujya mu biganza bya Guverinoma.

Dr Ismael Buchanan umuhanga muri politiki na we yemeza ko ariya mahame n’amasezerano, byombi byuzuzanya, ariko ko hakiri urugendo rurerure.

Ati “Ariko abantu bari gukora ikosa ryo gusesengura aya masezerano bakabigira nk’aho byarangiye, ariko tuzatungurwa no kubona hari abatazubahiriza ibyemejwe mu mahame. Ntabwo ugiye kumbwira ko M23 nisaba Guverinioma ya Kinshasa kwegura; ko aka kanya izabikora. Ubu ka kanya amagambo yararangiye, ariko nk’uko abivugaga icyizere kirahari. Dutegereze turebe ibikorwa bigiye gutandukana n’amagambo basinyiye muri Qatar niba agiye gushyirwa mu bikorwa kubera ko dufite gihamya ko habayemo kugenda biguruntege no kwinangira ku ruhande rumwe n’urundi.”

Gusa Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi avuga ko hari itandukanire ry’ibiriho bikorwa n’ibyabanje.

Ati “Igitandukanya aya masezerano n’andi yabanje; ni uko amahanga ayitayeho cyane yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, ni yo mpamvu tuzakomeza kuyakurikirana. Nyuma y’iki gikorwa; hari byinshi tuzakomeza gukurikiranira hafi kandi tuzabikomeza kugeza kumunsi impande zombie zizasinyana amasezerano.”

Dr Massad Boulos, Umujyanama wa Perezida Donal Trump; akaba n’intuma ye idasanzwe ku Mugabane wa Africa, yatangaje ko iki Gihugu kizakomeza gufatanya na Qatar mu gutegura amasezerano ya nyuma ashobora gushyirwaho umukono bitarenze ku taliki 18 Kanama 2025.

Ati “Birumvikana ko iyi mirongo ngenderwaho ari intambwe ibanza. Ariko ni ingenzi cyane, harimo ingingo z’ibanze ariko zishyize imbere inzira yo gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro by’amahoro.

Twizeye umusaruro w’iyi mikorere ya Qatar, kandi ubu tugiye guhita twicarana na bagenzi bacu ba Qatar dutegure amasezerano ya nyuma. Twizeye ko bizagerwaho vuba aha.”

Leta ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23 bemeranyije ko ibyo basinyiye imbere ya Qatar bagomba guhita babyubahiriza bitarenze tariki 29 Nyakanga 2025. Nyuma y’aho impande zombi zisabwe kugirana ibiganiro bitarenze ku italiki 08 Kanama 2025. Ibyo baganira byose bigomba kuba biri mu mujyo umwe n’Amasezerano y’Amahoro u Rwanda na DRC basinye tariki tariki 27 Kamena 2025.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Next Post

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n'impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.