Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyumweru bibiri M23 ifashe Goma yagaragaje uko byifashe

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 umaze ibyumweru bibiri ubohoje umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, watangaje ko ubu ubuzima buhagaze neza muri uyu mujyi, ndetse ibikorwa bisanzwe biri gukora nta nkomyi.

Tariki 27 Mutarama 2025, ni umunsi w’amateka ku mutwe wa M23 no ku butegetsi bwa Congo Kinshasa, ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibyumweru bibiri biruzuye, uyu mujyi wa Goma uri mu maboko y’uyu mutwe umaze igihe uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’impande zigishyigikiye.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa; mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare, yavuze ko ubuyobozi bw’uyu mutwe buhamagarira abo mu nzego zose gusubukura ibikorwa byose.

Yagize ati “Twahamagariye ko ibikorwa byose bisubukura mu nzego zose z’ubuzima, zirimo no kongera gusubukura ibikorwa by’amashuri y’abana bacu yongeye gufungura kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025.”

Yakomeje agira ati “Uko umutekano uhagaze mu Mujyi wa Goma, uremerera ibikorwa gusubukura birimo n’ibikorwa by’amabanki. Ubuzima muri Goma bukomeje kumera neza kandi abaturage bacu barisanzura mu bikorwa byabo nta nkomyi.”

Ubwo uyu mutwe wari umaze gufata umujyi wa Goma, wavuze ko ikizakurikiraho ari ugucyura abari bahunze imirwano yari yawuhanganishije na FARDC, ndetse ko n’impunzi zimaze igihe zarahunze ibi bice kubera ibikorwa by’urugomo byakunze gukorwa n’inzego za Leta zifatanyije n’imitwe nka FDLR, zigomba gutahuka kuko umutekano ugiye kugaruka.

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23, Oscar Balinda yagiranye na RADIOTV10 ubwo uyu mutwe wari umaze gufata Umujyi wa Goma, yagize ati “Ubu turi kugira ngo tugarure ubuzima, tugarure amazi n’amashanyarazi, turagira ngo itangazamakuru ryose rikore, abaturage tubahumurize, basubire mu mirimo yabo, amashuri atangire, ibitaro bikore, abacuruza bacuruze, abajya guhinga bahinge, aborozi borore…”

Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarika imirwano, kandi ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukaganira n’imitwe yose irimo na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

Igikekwaho kuba intandaro y’umugore ukurikiranyweho kwica umugabo we afatanyije n’umwana wabo

Next Post

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n’ibyazamutse cyane

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko ibiciro byiyongereye ku masoko mu Rwanda

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n'ibyazamutse cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.