Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyumweru bibiri M23 ifashe Goma yagaragaje uko byifashe

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 umaze ibyumweru bibiri ubohoje umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, watangaje ko ubu ubuzima buhagaze neza muri uyu mujyi, ndetse ibikorwa bisanzwe biri gukora nta nkomyi.

Tariki 27 Mutarama 2025, ni umunsi w’amateka ku mutwe wa M23 no ku butegetsi bwa Congo Kinshasa, ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibyumweru bibiri biruzuye, uyu mujyi wa Goma uri mu maboko y’uyu mutwe umaze igihe uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’impande zigishyigikiye.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa; mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare, yavuze ko ubuyobozi bw’uyu mutwe buhamagarira abo mu nzego zose gusubukura ibikorwa byose.

Yagize ati “Twahamagariye ko ibikorwa byose bisubukura mu nzego zose z’ubuzima, zirimo no kongera gusubukura ibikorwa by’amashuri y’abana bacu yongeye gufungura kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025.”

Yakomeje agira ati “Uko umutekano uhagaze mu Mujyi wa Goma, uremerera ibikorwa gusubukura birimo n’ibikorwa by’amabanki. Ubuzima muri Goma bukomeje kumera neza kandi abaturage bacu barisanzura mu bikorwa byabo nta nkomyi.”

Ubwo uyu mutwe wari umaze gufata umujyi wa Goma, wavuze ko ikizakurikiraho ari ugucyura abari bahunze imirwano yari yawuhanganishije na FARDC, ndetse ko n’impunzi zimaze igihe zarahunze ibi bice kubera ibikorwa by’urugomo byakunze gukorwa n’inzego za Leta zifatanyije n’imitwe nka FDLR, zigomba gutahuka kuko umutekano ugiye kugaruka.

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23, Oscar Balinda yagiranye na RADIOTV10 ubwo uyu mutwe wari umaze gufata Umujyi wa Goma, yagize ati “Ubu turi kugira ngo tugarure ubuzima, tugarure amazi n’amashanyarazi, turagira ngo itangazamakuru ryose rikore, abaturage tubahumurize, basubire mu mirimo yabo, amashuri atangire, ibitaro bikore, abacuruza bacuruze, abajya guhinga bahinge, aborozi borore…”

Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarika imirwano, kandi ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukaganira n’imitwe yose irimo na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Igikekwaho kuba intandaro y’umugore ukurikiranyweho kwica umugabo we afatanyije n’umwana wabo

Next Post

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n’ibyazamutse cyane

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko ibiciro byiyongereye ku masoko mu Rwanda

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n'ibyazamutse cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.