Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyumweru bibiri M23 ifashe Goma yagaragaje uko byifashe

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 umaze ibyumweru bibiri ubohoje umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, watangaje ko ubu ubuzima buhagaze neza muri uyu mujyi, ndetse ibikorwa bisanzwe biri gukora nta nkomyi.

Tariki 27 Mutarama 2025, ni umunsi w’amateka ku mutwe wa M23 no ku butegetsi bwa Congo Kinshasa, ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibyumweru bibiri biruzuye, uyu mujyi wa Goma uri mu maboko y’uyu mutwe umaze igihe uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’impande zigishyigikiye.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa; mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare, yavuze ko ubuyobozi bw’uyu mutwe buhamagarira abo mu nzego zose gusubukura ibikorwa byose.

Yagize ati “Twahamagariye ko ibikorwa byose bisubukura mu nzego zose z’ubuzima, zirimo no kongera gusubukura ibikorwa by’amashuri y’abana bacu yongeye gufungura kuri uyu wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025.”

Yakomeje agira ati “Uko umutekano uhagaze mu Mujyi wa Goma, uremerera ibikorwa gusubukura birimo n’ibikorwa by’amabanki. Ubuzima muri Goma bukomeje kumera neza kandi abaturage bacu barisanzura mu bikorwa byabo nta nkomyi.”

Ubwo uyu mutwe wari umaze gufata umujyi wa Goma, wavuze ko ikizakurikiraho ari ugucyura abari bahunze imirwano yari yawuhanganishije na FARDC, ndetse ko n’impunzi zimaze igihe zarahunze ibi bice kubera ibikorwa by’urugomo byakunze gukorwa n’inzego za Leta zifatanyije n’imitwe nka FDLR, zigomba gutahuka kuko umutekano ugiye kugaruka.

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23, Oscar Balinda yagiranye na RADIOTV10 ubwo uyu mutwe wari umaze gufata Umujyi wa Goma, yagize ati “Ubu turi kugira ngo tugarure ubuzima, tugarure amazi n’amashanyarazi, turagira ngo itangazamakuru ryose rikore, abaturage tubahumurize, basubire mu mirimo yabo, amashuri atangire, ibitaro bikore, abacuruza bacuruze, abajya guhinga bahinge, aborozi borore…”

Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarika imirwano, kandi ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukaganira n’imitwe yose irimo na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

Igikekwaho kuba intandaro y’umugore ukurikiranyweho kwica umugabo we afatanyije n’umwana wabo

Next Post

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n’ibyazamutse cyane

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya uko ibiciro byiyongereye ku masoko mu Rwanda

Menya uko ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byongereyeho n'ibyazamutse cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.