Nyuma y’imyaka 2 Kimenyi atereye ivi Muyango hamenyekanye itariki y’ubukwe

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umunyezamu wa AS Kigali, Kimenyi Yves umaze imyaka ibiri yambitse impeta Uwase Muyango Claudine, amusaba kumubera umugore, bashyize hanze itariki y’ubukwe bwabo.

Muri Gashyantare 2021, Kimenyi Yves wari umaze iminsi avugwa mu rukundo na Muyango witabiriye Miss Rwanda ya 2019, yambitse impeta y’urukundo uyu mukunzi we.

Izindi Nkuru

Aba bombi baje no kubana, ubu bakaba banafitanye umwana w’umuhungu, bari batarasezerana yaba imbere y’amategeko ndetse no mu idini, ariko ubu bashyize hanze itariki y’ubukwe bwabo.

Ni ku wa 06 Mutarama umwaka utaha wa 2024, nk’uko bigaragara mu nteguza (Save the Date) y’ubukwe bwabo, yagiye hanze mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kane tariki 02 Ugushyingo 2023.

Iyi nteguza igiye hanze nyuma y’iminsi micye Kimenyi Yves agize imvune ikomeye, yagiriye mu mukino wahuzaga ikipe ye ya AS Kigali na Musanze FC.

Amakuru ava mu nshuti z’uyu muryango, avuga ko Kimenyi yagize iyi mvune, we n’umukunzi we Muyango bitegura kujya gusezerana mu mategeko, ariko bikaba byarahise bisubikwa.

Nanone kandi bivugwa ko kujya gusezerana mu mategeko kwabo kwimuriwe mu bihe biri imbere bikazabimburira ubukwe bwo mu idini.

Tariki 28 Gashyantare 2023 ubwo Kimenyi Yves yambikaga impeta y’urukundo Muyango, byavugwaga ko bagiye guhita bakora n’ubukwe, ariko imyaka ikaba yari ibaye ibiri bugitegerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru