Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezi muri America akaba n’Umujyanama wa Perezida Joe Biden mu bijyanye n’indwara, yavuze ko iki Gihugu kitaragera aho kifuza mu kurandura icyorezo cya COVID-19 mu gihe Biden we yavuze ko cyarangiye burundu.

Mu kiganiro yatangiye muri White Hose ku Cyumweru, Perezida Joe Biden uherutse gukiruka COVID-19, yatangaje ko iki cyorezo cyarangiye mu Gihugu cye.

Yagize ati “Icyorezo cyararangiye. Turacyafite ibibazo bya COVID tukiri gukoraho ariko ubundi icyorezo cyararangiye. Kuva twakuraho amabwiriza yo kwambara udupfukamunwa, buri wese urabona ko agaragara neza nanjye murabona ko meze neza, ndi urugero rwiza.”

Anthony Fauci, uyobora ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezo muri USA akaba n’Umujyanama wa Perezida Biden mu by’indwara, yavuze ko America itaragera aho yifuza kugera.

Uyu muyobozi unaherutse gutangaza ko ategereje kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko hari byinshi bigikenewe gukorwa na Guverinoma ya USA mu rwego rwo guhangana n’ubwoko bwa Virus za COVID bushobora kuzaboneka mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Bizaterwa n’uburyo twiteguguye guhangana n’ubwoko bushya bwa Virusi, kandi na byo bizasaba imbaraga nyinshi. Ikibazo ni ukaduhuriza hamwe imyumvire, nkubu mu myaka hafi ibiri hamaze kwikingiza 67% by’abaturage bacu mu gihe 1/2 bafashe doze imwe gusa.”

Yavuze ko kandi muri Leta Zunze Ubumwe za America hakibarwa abantu 400 bicwa na COVID-19 nubwo iyi mibare iri kugenda igabanuka ugereranyije n’uko yari imeze mu ntangiro z’uyu mwaka.

Ati “Ariko ntabwo turi aho twifuza kugera, nta nubwo turabasha kwitwara nk’abantu bagomba kubana na virusi kuko ntituzi ko twayirandura. Twarabibashije kuri virusi imwe ari yo smallpox ariko ishobora kuba yahinduka mu mwaka umwe, mu kinyacumi cyangwa mu kinyejana.”

Yavuze ko hakenewe inkingo zabasha guha umubiri ubudahangarwa nibura bwabasha kumara igihe kinini yewe byanashoboka bukamara ubuzima bwose umuntu amara ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”

Next Post

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y'agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.