Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezi muri America akaba n’Umujyanama wa Perezida Joe Biden mu bijyanye n’indwara, yavuze ko iki Gihugu kitaragera aho kifuza mu kurandura icyorezo cya COVID-19 mu gihe Biden we yavuze ko cyarangiye burundu.

Mu kiganiro yatangiye muri White Hose ku Cyumweru, Perezida Joe Biden uherutse gukiruka COVID-19, yatangaje ko iki cyorezo cyarangiye mu Gihugu cye.

Yagize ati “Icyorezo cyararangiye. Turacyafite ibibazo bya COVID tukiri gukoraho ariko ubundi icyorezo cyararangiye. Kuva twakuraho amabwiriza yo kwambara udupfukamunwa, buri wese urabona ko agaragara neza nanjye murabona ko meze neza, ndi urugero rwiza.”

Anthony Fauci, uyobora ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezo muri USA akaba n’Umujyanama wa Perezida Biden mu by’indwara, yavuze ko America itaragera aho yifuza kugera.

Uyu muyobozi unaherutse gutangaza ko ategereje kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko hari byinshi bigikenewe gukorwa na Guverinoma ya USA mu rwego rwo guhangana n’ubwoko bwa Virus za COVID bushobora kuzaboneka mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Bizaterwa n’uburyo twiteguguye guhangana n’ubwoko bushya bwa Virusi, kandi na byo bizasaba imbaraga nyinshi. Ikibazo ni ukaduhuriza hamwe imyumvire, nkubu mu myaka hafi ibiri hamaze kwikingiza 67% by’abaturage bacu mu gihe 1/2 bafashe doze imwe gusa.”

Yavuze ko kandi muri Leta Zunze Ubumwe za America hakibarwa abantu 400 bicwa na COVID-19 nubwo iyi mibare iri kugenda igabanuka ugereranyije n’uko yari imeze mu ntangiro z’uyu mwaka.

Ati “Ariko ntabwo turi aho twifuza kugera, nta nubwo turabasha kwitwara nk’abantu bagomba kubana na virusi kuko ntituzi ko twayirandura. Twarabibashije kuri virusi imwe ari yo smallpox ariko ishobora kuba yahinduka mu mwaka umwe, mu kinyacumi cyangwa mu kinyejana.”

Yavuze ko hakenewe inkingo zabasha guha umubiri ubudahangarwa nibura bwabasha kumara igihe kinini yewe byanashoboka bukamara ubuzima bwose umuntu amara ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”

Next Post

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y'agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.