• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezi muri America akaba n’Umujyanama wa Perezida Joe Biden mu bijyanye n’indwara, yavuze ko iki Gihugu kitaragera aho kifuza mu kurandura icyorezo cya COVID-19 mu gihe Biden we yavuze ko cyarangiye burundu.

Mu kiganiro yatangiye muri White Hose ku Cyumweru, Perezida Joe Biden uherutse gukiruka COVID-19, yatangaje ko iki cyorezo cyarangiye mu Gihugu cye.

Yagize ati “Icyorezo cyararangiye. Turacyafite ibibazo bya COVID tukiri gukoraho ariko ubundi icyorezo cyararangiye. Kuva twakuraho amabwiriza yo kwambara udupfukamunwa, buri wese urabona ko agaragara neza nanjye murabona ko meze neza, ndi urugero rwiza.”

Anthony Fauci, uyobora ikigo gishinzwe kugenzura ibyorezo muri USA akaba n’Umujyanama wa Perezida Biden mu by’indwara, yavuze ko America itaragera aho yifuza kugera.

Uyu muyobozi unaherutse gutangaza ko ategereje kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko hari byinshi bigikenewe gukorwa na Guverinoma ya USA mu rwego rwo guhangana n’ubwoko bwa Virus za COVID bushobora kuzaboneka mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Bizaterwa n’uburyo twiteguguye guhangana n’ubwoko bushya bwa Virusi, kandi na byo bizasaba imbaraga nyinshi. Ikibazo ni ukaduhuriza hamwe imyumvire, nkubu mu myaka hafi ibiri hamaze kwikingiza 67% by’abaturage bacu mu gihe 1/2 bafashe doze imwe gusa.”

Yavuze ko kandi muri Leta Zunze Ubumwe za America hakibarwa abantu 400 bicwa na COVID-19 nubwo iyi mibare iri kugenda igabanuka ugereranyije n’uko yari imeze mu ntangiro z’uyu mwaka.

Ati “Ariko ntabwo turi aho twifuza kugera, nta nubwo turabasha kwitwara nk’abantu bagomba kubana na virusi kuko ntituzi ko twayirandura. Twarabibashije kuri virusi imwe ari yo smallpox ariko ishobora kuba yahinduka mu mwaka umwe, mu kinyacumi cyangwa mu kinyejana.”

Yavuze ko hakenewe inkingo zabasha guha umubiri ubudahangarwa nibura bwabasha kumara igihe kinini yewe byanashoboka bukamara ubuzima bwose umuntu amara ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − sixteen =

Previous Post

Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”

Next Post

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y'agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.