Nyuma yuko abatuye mu Murenge wa Jenda batabaje bavuga ko barembejwe n’inzoga z’inkorano zirimo iyamamaye cyane ku izina ry’Igisabasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko butigeze bubuza abantu kwenga inzoga, ariko ko butazihanganira abakora izangiza ubuzima bw’abaturage.
Ubwo baganiraga n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bamwe mu batuye mu isantere ya Jenda iherereye mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuze ko uwanyoye iyi nzoga izwi nk’“Igisabasaba” ata ubwenge ndetse akagira amahane menshi, ku buryo hari n’abagera ku rugomo.
Icyakora, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bugaragaza ko bwashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya iyi nzoga kimwe n’izindi zangiza ubuzima bw’abaturage, kandi ko bigenda bitanga umusaruro ugaragara. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette.
Mayor Mukandayisenga ati “Mu by’ukuri ntabwo tubuza umuntu kwenga inzoga, ahubwo icyo tubuza ni inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Kandi izi nzoga si muri Nyabihu gusa ziboneka, ahubwo no hirya no hino hari abantu baba bashaka kunguka vuba ntibite ku buzima bw’abaturage bazinywa.”
Bamwe mu baganiriye n’umunyamakuru bagarutse ku myitwarire y’abanywi b’Igisabasaba n’uburyo iyo babuze iyo nzoga babura amahoro.
Umuturage ati “Ngiye kunywa Igisabasaba kuko iyo ntakinyoye n’ibiryo biranga, ntabwo bimanuka.”
Undi muturage ati “Hari igihe uba uri kumwe n’umuntu, yakwinjira mu kabari, nyuma y’iminota micye yasohoka ukibaza uti ‘mbese ageze muri iriya nzu anywa ibiki?’ Uwayinyoye yayihaze aba adunda nk’uwambaye rasoro.”
Mayor w’Akarere ka Nyabihu, Mme Mukandayisenga Antoinette, agaruka ku ngamba ubuyobozi bwafashe kuri iki kibazo ari na ko atanga ubutumwa ku bazikora.
Ati “Umuturage ari ku isonga. Ntabwo dushobora kwemera ko abantu benga inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Ndashaka kubwira abazenga ko tuzazirwanya ku buryo umuturage azasigara ariho mu buzima bwiza. Niba asoma inzoga, abe asoma inzoga nziza, yaba ari iyo kwakiriza umushyitsi cyangwa yo gusangira n’abandi, abe ari inzoga nzima umuntu ashobora no kuvuga ati ‘kwa runaka barenga.’”
Abahanga mu buzima bavuga ko inzoga z’inkorano zishobora gutera ingaruka zikomeye ku buzima bw’uwazinyoye, bitewe n’uko zishobora kuba zirimo ikinyabutabire cya methanol, gifatwa nk’uburozi mu mubiri w’umuntu, kikaba cyangiza ubwonko n’izindi ngingo z’umubiri. Mu gihe inzoga zemewe zo zisanzwe zirimo ikinyabutabire cya ethanol.


Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10








