Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abatuye mu Murenge wa Jenda batabaje bavuga ko barembejwe n’inzoga z’inkorano zirimo iyamamaye cyane ku izina ry’Igisabasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko butigeze bubuza abantu kwenga inzoga, ariko ko butazihanganira abakora izangiza ubuzima bw’abaturage.

Ubwo baganiraga n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bamwe mu batuye mu isantere ya Jenda iherereye mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuze ko uwanyoye iyi nzoga izwi nk’“Igisabasaba” ata ubwenge ndetse akagira amahane menshi, ku buryo hari n’abagera ku rugomo.

Icyakora, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bugaragaza ko bwashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya iyi nzoga kimwe n’izindi zangiza ubuzima bw’abaturage, kandi ko bigenda bitanga umusaruro ugaragara. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette.

Mayor Mukandayisenga ati “Mu by’ukuri ntabwo tubuza umuntu kwenga inzoga, ahubwo icyo tubuza ni inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Kandi izi nzoga si muri Nyabihu gusa ziboneka, ahubwo no hirya no hino hari abantu baba bashaka kunguka vuba ntibite ku buzima bw’abaturage bazinywa.”

Bamwe mu baganiriye n’umunyamakuru bagarutse ku myitwarire y’abanywi b’Igisabasaba n’uburyo iyo babuze iyo nzoga babura amahoro.

Umuturage ati “Ngiye kunywa Igisabasaba kuko iyo ntakinyoye n’ibiryo biranga, ntabwo bimanuka.”

Undi muturage ati “Hari igihe uba uri kumwe n’umuntu, yakwinjira mu kabari, nyuma y’iminota micye yasohoka ukibaza uti ‘mbese ageze muri iriya nzu anywa ibiki?’ Uwayinyoye yayihaze aba adunda nk’uwambaye rasoro.”

Mayor w’Akarere ka Nyabihu, Mme Mukandayisenga Antoinette, agaruka ku ngamba ubuyobozi bwafashe kuri iki kibazo ari na ko atanga ubutumwa ku bazikora.

Ati “Umuturage ari ku isonga. Ntabwo dushobora kwemera ko abantu benga inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Ndashaka kubwira abazenga ko tuzazirwanya ku buryo umuturage azasigara ariho mu buzima bwiza. Niba asoma inzoga, abe asoma inzoga nziza, yaba ari iyo kwakiriza umushyitsi cyangwa yo gusangira n’abandi, abe ari inzoga nzima umuntu ashobora no kuvuga ati ‘kwa runaka barenga.’”

Abahanga mu buzima bavuga ko inzoga z’inkorano zishobora gutera ingaruka zikomeye ku buzima bw’uwazinyoye, bitewe n’uko zishobora kuba zirimo ikinyabutabire cya methanol, gifatwa nk’uburozi mu mubiri w’umuntu, kikaba cyangiza ubwonko n’izindi ngingo z’umubiri. Mu gihe inzoga zemewe zo zisanzwe zirimo ikinyabutabire cya ethanol.

Izi nzoga ntiziba zikoranye ubuziranenge
Abazinywa barangwa n’imyitwarire idasanzwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Next Post

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Related Posts

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma...

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

by radiotv10
23/02/2026
0

Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y'u Rwanda wari mu kiruhuko, yitabye Imana...

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

by radiotv10
23/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana...

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

by radiotv10
23/02/2026
0

Abagize itsinda Tube Heza rikora isuku ku muhanda wa kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayoza, bavuga...

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

by radiotv10
23/02/2026
0

We are only a few days away from entering the new month of March, and maybe you have already noticed...

IZIHERUKA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

23/02/2026
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.