Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’uko muri Kenya hubuye imyigaragambyo isaba Perezida kwegura ubu hagezweho iki?

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’uko muri Kenya hubuye imyigaragambyo isaba Perezida kwegura ubu hagezweho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko muri Kenya hubuye imyigaragambyo y’abiganjemo urubyiruko rusaba Perezida William Ruto w’iki Gihugu kwegura, abigaragambya bafashe umunsi w’akaruhuko, ariko ngo barasubira mu mihanda bidatinze ndetse banashyiraho ingengabihe y’uko bazajya bigaragambya.

Iyi myigaragambyo yongeye kubura kuri uyu wa Kabiri, aho abiganjemo urubyiruko bongeye kwigabiza imihanda, batwika amapine, bavuga ko bashaka ko Perezida w’Igihugu cyabo yegura.

Abigaragambya, batangaje ko kuri uyu wa Gatatu basubitse iyi myigaragarambyo, ariko ko kuri uyu wa Kane bongera kuyisubukura.

Ni gahunda bihaye yo kwigaragambya ku wa Kabiri no kuwa Kane buri cyumweru, bavuga ko bazigaragambya kugeza igihe Perezida Ruto yumvise icyifuzo cyabo, ndetse ngo mu gihe yabigendamo gacye bazongera iminsi.

Imyigaragambyo yo kuri uyu wa Kabiri yari yitabiriwe cyane, ndetse inzego zishinzwe umutekano zateye ibyuka biryana mu maso ngo batatanye abigaragambya ariko biba iby’ubusa.

Imyigaragambyo ikomeye yabereye mu mujyi ya Kitengela, Nairobi na Mombasa, aho urubyiruko rwari rwitwaje ibyapa byanditseho amagambo asaba Perezida Ruto kwegura, ahandi bafunga imihanda batwika amapine.

Nta mubare uzwi w’abatawe muri yombi n’abakomerekeye mu myigaragambyo, icyakora hari amashusho agaragaza igipolisi cyuriza bamwe imodoka, abandi bari guhabwa ubutabazi bw’ibanze.

Abigaragambya barasaba Perezida Ruto kuva ku butegetsi amazeho imyaka ibiri, ngo kuko atakoze ibyo yabasezeranyije birimo kuzahura ubukungu, kurwanya ruswa n’ibindi. Bamunenga kandi kutagira icyo akora ku biciwe mu myigaragambyo iheruka.

Perezida Ruto yasubije ibyifuzo by’abigaragambyaga mu minsi ishize birimo guhagarika umushinga w’itegeko rizamura imisoro no gukuraho bamwe mu bagize Guverinoma.

Abakurikirana ibyo muri Kenya, bavuga ko inyungu nyinshi ku nguzanyo ari kimwe mu byasubije inyuma ubukungu bw’iki Gihugu gikora ku Nyanja.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eight =

Previous Post

Hashyizwe hanze ibiciro byo kwinjira mu mukino Rayon izagaragarizamo abakinnyi bashya

Next Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yitandukanyije n’uwamwiyitiriye akagira icyo avuga ku bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye
FOOTBALL

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Umuhanzikazi Nyarwanda yitandukanyije n’uwamwiyitiriye akagira icyo avuga ku bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.