Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Nta ndangagaciro nziza nk’iz’Abanyarwanda

Perezida Paul Kagame yongeye kunenga bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika bumva amabwire y’abanyamahanga, bikarangira bigize ingaruka ku baturage b’Ibihugu bayobora n’ibituranyi byabyo, ariko ko bari bakwiye kumenya ko “uwanga kubwira ntiyanga no kubona.”

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki Indwi Kanama ubwo yakiriga ku meza mugenzi we wa Madagascar, Andry Rajoelina, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda wongeye guha ikaze mugenzi we wa Madagascar ndetse n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje, yibukije ko Ibihugu byombi bihuriye ku ntego zimwe zo guteza imbere imibereho y’abaturage babyo ndetse no kubaka Afurika iteye imbere.

Ati “Ikindi kandi duhuriye mu Miryango mpuzamahanga nk’abanyamuryango nka COMESA ndetse na Francophonie.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo byagiye byugariza Isi n’Umugabane wa Afurika, nk’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’icyorezo cya COVID-19, avuga ko byagiye bikoma mu nkokora intego za Afurika, ariko ko nanone bikwiye kuvamo isomo.

Ati “Kuba habaho imbogamizi, ntabwo ubwabyo ari ikibazo, ahubwo ikibazo ni ukuba muri izo mbogamizi zidakemuwe. Kandi kuri Afurika navuga ko bibabaje kuko kubera iki ibi bibazo ubundi dukuye gukuramo amahirwe, byasiga Afurika n’ubundi ikomeje gusigara inyuma?”

Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika utaremewe gusigara inyuma nk’uko hari abafite iyo myumvire, ariko ko abatuye uyu Mugabane bakwiye gushyira hamwe mu gushaka umuti w’ibyo bibazo bibaho, kuko bafite ubushobozi.

Ati “Kandi dufite bamwe muri twe, bize neza, bakora ingendo nyinshi ariko bagamije gushimagiza abandi, atari ukwibera urugero mu gukora neza ibintu ngo biteze imbere, ahubwo bagakoresha ubumenyi bwabo mu bintu bitabafitiye umumaro.”

Yagarutse ku bibazo by’amakimbirane biri muri uyu Mugabane wa Afurika, ati “Wakwibaza uti ikibazo ni ikihe kandi kizageza ryari?”

Yavuze ko uyu Mugabane unahura n’ibibazo by’amahanga yivanga mu mibereho n’imiyoborere y’Ibihugu byawo, akaza kubyigisha indangagaciro na Demokasi bigomba kugenderaho, ariko ibyo ayo mahanga akora, bikaba byose biri guhonyora ibyo bari kwigisha, ndetse bikanagira ingaruka mu Bihugu byo muri Afurika.

Ati “Ariko se dukwiye kubegekaho ibibazo? Oya. Ibibazo mbishyira kuri bamwe muri twe babyemera, bemera gutwarwa batyo.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakora ibyo, baba ari nk’abagambanyi kuko ibyo bakora bizanira ingaruka abanyagihugu ndetse n’Ibihugu by’uyu Mugabane.

Yifashishije umugani mu Kinyarwanda ugira uti “Uwanga kubwirwa ntiyanga no kubona”, avuga ko nubwo abakora nk’ibyo baba badashaka kubwirwa ukuri, ariko bari bakwiye no kureba ingaruka z’ibyo bakora, kandi ko bakajya bazirengera.

Ati “Mu Rwanda twagerageje gukora ibiri mu bushobozi bwacu mu gukemura imbogamizi zacu, mu buryo bwose twari dushoboye kandi ntituzigera tubitezukaho, kabone nubwo haba hari ufite ibindi adutekerezaho.

Kandi izo ndangagaciro, nubwo wenda zagibwaho impaka, ariko nta ndangagaciro zabaho nziza nk’izacu, kandi natwe turabyemera, nta n’uwabihindura. Ushobora kudusenya ariko ntiwasenya indangagaciro zacu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we wa Madagascar ko Abanyarwanda bazasangiza Abanya-Madagascar imyumvire nk’iyo kandi ko azi neza ko na bo muri Madagascar bayifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + ten =

Previous Post

Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Next Post

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw'abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.