Perezida Kagame ari mu Budage mu nama yiga ku gukorera inkingo muri Africa

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida Paul Kagame yageze i Marburg mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku mushinga wo gukorera inkingo ku mugabane wa Africa yateguwe n’uruganda ruzikora rwa BioNTech.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Paul Kagame yageze i Marburg kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022.

Izindi Nkuru

Muri iyi nama, yitabiriwe na Perezida Kagame Paul, iraba irimo n’Umuyobozi Mukuru wa BioNTech, Uğur Şahin, Perezida wa Senegal Macky Sall unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo.

Iyi nama iraza gutangirizwamo gahunda yo gukorera inkingo mu Bihugu binyuranye byo muri Afurika birimo u Rwanda.

Uruganda BioNTech rurateganya gutangira kubaka uruganda rutunganya inkingo mu Rwanda muri uyu mwaka aho uru ruganda ruzatangira rukora doze Miliyoni 50 z’inkingo, zizagenda ziyongera.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama yo ku rwego rwo hejuru
Ni inama yanitabiriwe na Perezida wa Senegal, Macky Sall

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru