Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yiga ku ngingo zinyuranye zirebana n’inyungu rusange z’Igihugu.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Werurwe 2023, rivuga ko Perezida Kagame yayoboye iyi nama none ku wa Gatanu.

Izindi Nkuru

Iri tangazo rivuga ko Inama y’Abaminisitiri “Iganira kuri politiki zitandukanye zirebana n’inyungu z’Igihugu.”

Iyi Nama y’Abaminisitiri iteranye mu gihe kuri uyu wa Gatanu hamenyekanye amakuru y’irekurwa rya Paul Rusesagina na Nsabimana Callixte bahamijwe ibyaha by’iterabwoba, bafungurwa kuri uyu wa Gatanu ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

Ubusanzwe imbabazi za Perezida wa Repubulika, zitangazwa mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri iba yateranye.

Perezida Kagame ayoboye iyi nama
Maj Gen Murasira na Ivan Butera ari na we muhererezi mu bagize Guverinoma
Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda ubwo bari mu cyumba cyabereye inama

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru