Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko imbaraga n’amafaranga byashowe mu nkuru z’uruherereka zimaze igihe zisohoka mu byiswe ‘Rwanda Classified’, byari bikwiye gushorwa mu bindi, aho gushyirwa mu bidafite ishingiro bitazagira n’icyo bihindura ku Rwanda, kuko ruzakomeza guhagarara bwuma.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ubwo yagarukaga ku bakunze kugira ibyo banenga u Rwanda, bagaragaza uko rukwiye kumera.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bahisemo uko bagomba kubaho, bityo ko badakangwa n’ibyaduka byose biza bishaka kubashyiraho igitutu.

Ati “Ntakintu kidutera ubwoba, dufite byinshi twakuyemo amasomo, ubu ntacyadutera ubwoba twize byinshi, twize kubana neza n’abandi, twize kwiyubahisha ariko iyo haje ibishaka kudutesha agaciro, natwe tubyima umwanya. Ntidufite umwanya wo guhangana nawe, ahubwo tukwima amatwi, kandi nawe ukabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko u Rwanda nubwo ari ruto mu buso, ariko Abanyarwanda ari abantu bagutse muri byinshi yaba mu kwihesha agaciro no kwigira.

Ati “Ntabwo ushobora kugira icyo udukoraho, icyaza cyose twabasha guhangana nacyo niyo cyaza gitunguranye. Niyo mpamvu twavuye ku busa tuva mu muyonga, ni uko twanze gushwanyagurika.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko abifuriza inabi u Rwanda, babinyuza mu nzira zose zishoboka, yaba iziziguye n’izitaziguye nk’iziherutse kuzamurwa mu bitangazamakuru byishyize hamwe bimaze igihe bisohora inkuru z’uruhererekane zisebya u Rwanda zigendeye ku makuru y’ibinyoma, mu byiswe ‘Rwanda Classified, Forbiden Stories’.

Perezida Kagame ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’Abanyamakuru bishyize hamwe, bishimiye kutwerekezaho intwaro, ariko mu by’ukuri ibyo bariho bakora, ni uguta umwanya wabo, amafaranga yabo ndetse n’imbaraga zabo bari gukoresha, bagakwiye kuba babishyira mu bindi.”

Akomeza agira ati “U Rwanda ruzakomeza guhagarara bwuma, n’ubusugire bwarwo, ruzakomeza kuva mu bwiza rujya mu bundi umwaka ku wundi, rutitaye kuri bo.”

Perezida Kagame avuga ko abahora bagira ibyo banenga u Rwanda, bagendera kuri Demokarasi, bakumva ko bayitegekesha abandi ibyo bagomba gukora n’ibyo batagomba gukora.

Avuga ko abo baza bashaka kwereka abandi uko bakemura ibibazo byabo, nyamara na bo ubwabo babifite ndetse bakaba ari na bamwe mu bateye iby’abo bigisha uko babyikuramo, bakibagirwa ko abo babwira ibyo, babashije kwikura mu bibazo bikomeye, babikoze ubwabo.

Ati “Ibibazo byanjye nk’uko tubizi, nawe uri mu babigizemo uruhare ndetse bimwe ni wowe biturukaho, aho ni ho rero twashoboye kwiyigisha amasomo ubwacu tukareba ibyo dushobora kwikemurira mu nyungu zacu ndetse n’iz’abaturage bacu kugira ngo tubashe gutera intambwe igana imbere.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bashoboye kwikemurira ibibazo kuko ari bo bumvaga umusonga wabyo, ariko ko batabikemuye kuko hari uwazaga kubibasaba.

Yavuze ko ibyo kuba abantu banenga u Rwanda banagendeye ku bidafite ishingiro, bidakwiye kugira abo birangaza, ahubwo ko Abanyarwanda bakwiye kumva ko ari ko Isi iteye, ndetse ahubwo bigatuma barushaho kugira umwete wo gukora cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Next Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.