Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko imbaraga n’amafaranga byashowe mu nkuru z’uruherereka zimaze igihe zisohoka mu byiswe ‘Rwanda Classified’, byari bikwiye gushorwa mu bindi, aho gushyirwa mu bidafite ishingiro bitazagira n’icyo bihindura ku Rwanda, kuko ruzakomeza guhagarara bwuma.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ubwo yagarukaga ku bakunze kugira ibyo banenga u Rwanda, bagaragaza uko rukwiye kumera.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bahisemo uko bagomba kubaho, bityo ko badakangwa n’ibyaduka byose biza bishaka kubashyiraho igitutu.

Ati “Ntakintu kidutera ubwoba, dufite byinshi twakuyemo amasomo, ubu ntacyadutera ubwoba twize byinshi, twize kubana neza n’abandi, twize kwiyubahisha ariko iyo haje ibishaka kudutesha agaciro, natwe tubyima umwanya. Ntidufite umwanya wo guhangana nawe, ahubwo tukwima amatwi, kandi nawe ukabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko u Rwanda nubwo ari ruto mu buso, ariko Abanyarwanda ari abantu bagutse muri byinshi yaba mu kwihesha agaciro no kwigira.

Ati “Ntabwo ushobora kugira icyo udukoraho, icyaza cyose twabasha guhangana nacyo niyo cyaza gitunguranye. Niyo mpamvu twavuye ku busa tuva mu muyonga, ni uko twanze gushwanyagurika.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko abifuriza inabi u Rwanda, babinyuza mu nzira zose zishoboka, yaba iziziguye n’izitaziguye nk’iziherutse kuzamurwa mu bitangazamakuru byishyize hamwe bimaze igihe bisohora inkuru z’uruhererekane zisebya u Rwanda zigendeye ku makuru y’ibinyoma, mu byiswe ‘Rwanda Classified, Forbiden Stories’.

Perezida Kagame ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’Abanyamakuru bishyize hamwe, bishimiye kutwerekezaho intwaro, ariko mu by’ukuri ibyo bariho bakora, ni uguta umwanya wabo, amafaranga yabo ndetse n’imbaraga zabo bari gukoresha, bagakwiye kuba babishyira mu bindi.”

Akomeza agira ati “U Rwanda ruzakomeza guhagarara bwuma, n’ubusugire bwarwo, ruzakomeza kuva mu bwiza rujya mu bundi umwaka ku wundi, rutitaye kuri bo.”

Perezida Kagame avuga ko abahora bagira ibyo banenga u Rwanda, bagendera kuri Demokarasi, bakumva ko bayitegekesha abandi ibyo bagomba gukora n’ibyo batagomba gukora.

Avuga ko abo baza bashaka kwereka abandi uko bakemura ibibazo byabo, nyamara na bo ubwabo babifite ndetse bakaba ari na bamwe mu bateye iby’abo bigisha uko babyikuramo, bakibagirwa ko abo babwira ibyo, babashije kwikura mu bibazo bikomeye, babikoze ubwabo.

Ati “Ibibazo byanjye nk’uko tubizi, nawe uri mu babigizemo uruhare ndetse bimwe ni wowe biturukaho, aho ni ho rero twashoboye kwiyigisha amasomo ubwacu tukareba ibyo dushobora kwikemurira mu nyungu zacu ndetse n’iz’abaturage bacu kugira ngo tubashe gutera intambwe igana imbere.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bashoboye kwikemurira ibibazo kuko ari bo bumvaga umusonga wabyo, ariko ko batabikemuye kuko hari uwazaga kubibasaba.

Yavuze ko ibyo kuba abantu banenga u Rwanda banagendeye ku bidafite ishingiro, bidakwiye kugira abo birangaza, ahubwo ko Abanyarwanda bakwiye kumva ko ari ko Isi iteye, ndetse ahubwo bigatuma barushaho kugira umwete wo gukora cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Next Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.