• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko imbaraga n’amafaranga byashowe mu nkuru z’uruherereka zimaze igihe zisohoka mu byiswe ‘Rwanda Classified’, byari bikwiye gushorwa mu bindi, aho gushyirwa mu bidafite ishingiro bitazagira n’icyo bihindura ku Rwanda, kuko ruzakomeza guhagarara bwuma.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ubwo yagarukaga ku bakunze kugira ibyo banenga u Rwanda, bagaragaza uko rukwiye kumera.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bahisemo uko bagomba kubaho, bityo ko badakangwa n’ibyaduka byose biza bishaka kubashyiraho igitutu.

Ati “Ntakintu kidutera ubwoba, dufite byinshi twakuyemo amasomo, ubu ntacyadutera ubwoba twize byinshi, twize kubana neza n’abandi, twize kwiyubahisha ariko iyo haje ibishaka kudutesha agaciro, natwe tubyima umwanya. Ntidufite umwanya wo guhangana nawe, ahubwo tukwima amatwi, kandi nawe ukabyumva.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko u Rwanda nubwo ari ruto mu buso, ariko Abanyarwanda ari abantu bagutse muri byinshi yaba mu kwihesha agaciro no kwigira.

Ati “Ntabwo ushobora kugira icyo udukoraho, icyaza cyose twabasha guhangana nacyo niyo cyaza gitunguranye. Niyo mpamvu twavuye ku busa tuva mu muyonga, ni uko twanze gushwanyagurika.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko abifuriza inabi u Rwanda, babinyuza mu nzira zose zishoboka, yaba iziziguye n’izitaziguye nk’iziherutse kuzamurwa mu bitangazamakuru byishyize hamwe bimaze igihe bisohora inkuru z’uruhererekane zisebya u Rwanda zigendeye ku makuru y’ibinyoma, mu byiswe ‘Rwanda Classified, Forbiden Stories’.

Perezida Kagame ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’Abanyamakuru bishyize hamwe, bishimiye kutwerekezaho intwaro, ariko mu by’ukuri ibyo bariho bakora, ni uguta umwanya wabo, amafaranga yabo ndetse n’imbaraga zabo bari gukoresha, bagakwiye kuba babishyira mu bindi.”

Akomeza agira ati “U Rwanda ruzakomeza guhagarara bwuma, n’ubusugire bwarwo, ruzakomeza kuva mu bwiza rujya mu bundi umwaka ku wundi, rutitaye kuri bo.”

Perezida Kagame avuga ko abahora bagira ibyo banenga u Rwanda, bagendera kuri Demokarasi, bakumva ko bayitegekesha abandi ibyo bagomba gukora n’ibyo batagomba gukora.

Avuga ko abo baza bashaka kwereka abandi uko bakemura ibibazo byabo, nyamara na bo ubwabo babifite ndetse bakaba ari na bamwe mu bateye iby’abo bigisha uko babyikuramo, bakibagirwa ko abo babwira ibyo, babashije kwikura mu bibazo bikomeye, babikoze ubwabo.

Ati “Ibibazo byanjye nk’uko tubizi, nawe uri mu babigizemo uruhare ndetse bimwe ni wowe biturukaho, aho ni ho rero twashoboye kwiyigisha amasomo ubwacu tukareba ibyo dushobora kwikemurira mu nyungu zacu ndetse n’iz’abaturage bacu kugira ngo tubashe gutera intambwe igana imbere.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bashoboye kwikemurira ibibazo kuko ari bo bumvaga umusonga wabyo, ariko ko batabikemuye kuko hari uwazaga kubibasaba.

Yavuze ko ibyo kuba abantu banenga u Rwanda banagendeye ku bidafite ishingiro, bidakwiye kugira abo birangaza, ahubwo ko Abanyarwanda bakwiye kumva ko ari ko Isi iteye, ndetse ahubwo bigatuma barushaho kugira umwete wo gukora cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Next Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.