Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko amahitamo y’Abanyarwanda ku muyobozi uzabayobora muri manda itaha, akwiye gushingira ku byo azaba abagaragariza ko azabagezaho, ariko bakanasubiza amaso inyuma bakareba n’ibyo bagezeho ndetse bakanazirikana uwo bafatanyije kubigeraho ndetse ko yiteguye kubagezaho ibirenze ibyo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024 mu kiganiro yagiranye na RBA, cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye birimo na TV10.

Ni ikiganiro kibaye habura ukwezi kumwe ngo Abanyarwanda binjire mu gikorwa cy’Amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, ndetse kikaba kibaye nyuma y’iminsi micye hatangajwe urutonde ntakuka rw’Abakandida, barimo na Perezida Paul Kagame watanzwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, aho ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu azaba ahatanye na Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka DGPR, ndetse na Mpayimana Philippe nk’Umukandida wigenga.

Perezida Kagame avuga ko ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho mu myaka 30 ishize, bigaragaza ko hashoboka n’ibirenze ibyo bagezeho, kandi ko babigizemo uruhare.

Ati “Ibyo rero ntabwo ari amakuru babwirwa gusa, ni ibyo babona noneho kandi bibagiraho n’ingaruka mu guteza imbere ubuzima bwabo.”

Umukuru w’u Rwanda, yagarutse ku nzego zose zagiye zizamuka, yaba mu bikorwa remezo, mu buhinzi n’ubworozi, mu myidagaduro, mu burezi ndetse n’ubuzima.

Ati “Ibyo n’ubundi ni ko bikwiriye kugenda, ndetse ntabwo turagera aho dukwiriye kuba twishimiye kuba turi, nubwo dutera intambwe.”

Ibi kandi bigaragazwa n’ibipimo bigenda bigaragazwa yaba mu Bukungu bugenda burushaho gutera imbere ariko ko nabyo bitaragera ku rwego rwifuzwa.

Ati “N’iyo urebye ubukungu, bakakubwira ko bukura, ari umwaka ushize birenze 8% cyangwa bigera mu 9%, abantu bashaka gukora bashaka kwihuta, bashaka kugera kure, uguma wumva ibyo bidahagije, niba ari 8%, uravuga ngo kuki bitabaye icyenda?, kuki bitaba n’icumi?, cyane cyane ubirebera ku bibazo biba bigihari byo kugira ngo bikemurwe.”

Nk’amashanyarazi ari hagati ya 70% na 80%, abantu bakibaza abataragerwaho n’amashanyarazi, kandi ko na bo baba bakwiye kugerwaho n’ibyo bikorwa ku buryo Abaturarwanda bagera ku 100%.

Ati “Iteka icyo tuba dutekereza, ni ukuvuga ngo na ho agomba kuhagera, kuko ntaho dushaka ko hasigara inyuma.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko uwaba wiyamamaza wese ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, agomba gushingira kuri ibi, ariko ko ku ruhande rwe, ari ibi byamuranze n’Umuryango wa RPF-Inkotanyi wamutanzemo umukandida.

Ati “Kwiyamamaza kongera gutorerwa kuba Umuyobozi w’Igihugu, ubirimo uwo ari wese, twebwe dufite amahirwe yo kuvuga ngo ‘hari ibyaturanze, tumaze gukora mu myaka ishize tuyoboye abantu’ n’abandi bafite ibyabaranze cyangwa bifuza ko byabaranga bumva ndetse banarushaho baboneka bagashaka na bo kujya mu mwanya wo kuyobora Igihugu, ibyo ni uburenganzira bwabo.”

Perezida Kagame yavuze ko uburenganzira bwa mbere bufitwe mu biganza kugena uzayobora u Rwanda, ari abaturage ubwabo bagashingira ku byo bagaragarijwe.

Ni ho Umukuru w’u Rwanda yahise atanga urugero rw’Umuturage wagize icyo avuga ku matora y’ubushize, ati “We yaravuze ngo ntabwo yirahira uwamusezeranyije kumuha Inka, yirahira uwayimuhaye. Ubwo ni ukuvuga ngo n’uwamusezeranyije cyangwa umusezeranyije ko azayimuha, na we aragira neza ubwo, nibigera kuba azayimuha, ubwo azamwirahira, ariko ntiyibagirwa uwayimuhaye. Ni aho turi, n’uwayiguhaye azakongera indi, cyangwa aguhe n’ibindi birenze ibyo.”

Umukuru w’u Rwanda, avuga ko na we kandi yisuzuma ku buryo icyo atakoze mu gihe gishize cyashobokaga, “ngomba kugikora nkongeraho n’ibindi bijyanye n’igihe bigezemo.”

Avuga kandi ko n’undi uwo ari we wese, ndetse n’umuturage aba akwiye kwisuzuma akareba icyo yashoboraga gukora ntagikore, akiha intego yo kukigeraho.

Ati “Nanjye ubwanjye icyo mba nibaza cyangwa icyo numva mvana mu byifuzo n’ibitekerezo by’abantu, ni ukuvuga ngo ‘ese nanjye n’iyo naba nshimwa ngo nakoze ibintu byiza, ntibyashoboka ko nakora n’ibirenze’ ni cyo mvana muri ibyo.”

Perezida Kagame avuga ko ubundi ibi bishimwa n’abantu ari na byo bashingiraho bahitamo umuyobozi wabo, ariko ko na we ahora areba ko ibyifuzwa kugeraho byaruta ibyagezweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Next Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.