Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

radiotv10by radiotv10
29/04/2026
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 wahuje ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe yamamaza Visit Rwanda na Bayern Munich yo mu Budage, wabonetsemo ibitego 9 birimo bitanu bya PSG kuri 4 bya Bayern Munich.

Uyu mukino ubanza wabereye kuri Sitade Parc des Princes i Paris mu ijoro ryacyeye, warangiye ikipe ya PSG ibonye intsinzi y’ibitego 5-4.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Perezida Kagame yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza wa UEFA Champions League i Paris aho umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda yatsinze PSG yatsinze Bayern Munich.”

Umukuru w’u Rwanda ubwo yari muri Sidate, yari kumwe na Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, ndetse n’umunyemari Nasser bin Ghanim Al-Khelaifi  nyiri iyi kipe ya PSG.

Uretse kuba PASG yamamaza Visit Rwanda, iyi kipe yo mu Budage ya Bayern Munich byakinanaga, na yo ifitanye imikoranire n’u Rwanda, mu bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru, dore ko inafite irerero rikomeye muri iki Gihugu.

Uyu mukino wa mbere wa 1/2 ubaye nyuma yuko amakipe ane yose yagize imikoranire n’u Rwanda yinjiye muri iki cyiciro, yaba iyi ya PSG, Arsenal, Atlético Madrid ndetse n’iyi ya Bayern Munich.

Perezida Paul Kagame yari yashimiye aya makipe yamamaza Visit Rwanda, kuba ari yo yabashije kugera muri iki cyiciro kizavamo izegukana iri rushanwa rya UEFA Champions League riri mu yakunzwe cyane ku Isi.

Perezida Kagame muri Sitade Parc des Princes yarebye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Related Posts

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

by radiotv10
28/04/2026
0

Your body is constantly communicating with you through small changes, discomfort, or even subtle shifts in mood and energy. The...

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

by radiotv10
28/04/2026
0

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze uwitwa Jean d’Amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi, nyuma yuko babaga...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

by radiotv10
28/04/2026
0

Raporo ya 2025 y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, igaragaza ko umwaka ushize mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 2.62...

IZIHERUKA

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi
MU RWANDA

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
29/04/2026
0

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

28/04/2026
Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

28/04/2026
Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.