Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Paris mu Bufaransa mu nama yiga ku kwihaza mu nkingo, yavuze ko icyorezo cya Covid cyagaragarije Umugabane wa Afurika ko ugomba kwishakamo ibisubizo mu bijyanye n’Inkingo, byatumye bimwe mu Bihugu byawo birimo u Rwanda bitangira kuzikorerwamo.

Umukuru w’u Rwanda, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena mu nama yiga ku kwihaza mu nkingo yateguwe ku bufatanye bw’Ikigega Gavi, the Vaccine Alliance kigamije gushaka inkingo zo gukumira indwara zibasira abana, Guverinoma y’u Bufaransa ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, anatangiramo ikiganiro.

Ni inama kandi yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu banyuranye, barimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye; uwa Ghana, Nana Akufo-Addo, na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Perezida Kagame yatumiwe gutanga ikiganiro mu itangizwa ry’iyi Nama nk’Umuyobozi w’Indashyikirwa wakomeje guteza imbere ibijyanye n’itungangwa ry’inkingo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko icyorezo cya COVID uretse kuba cyarahitanye ubuzima bwa benshi, cyanagaragaje ubusumbane hagati y’Ibihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere, mu bijyanye n’inkingo.

Yavuze ko nubwo nta Gihugu kitagezemo iki cyorezo, ariko ubwo hatangiraga gutangwa inkingo, hagaragaye icyuho ku Bihugu bimwe by’umwihariko ibyo ku Mugabane wa Afurika.

Yavuze ko kubera isomo uyu Mugabane wakuye muri iki cyuho, byatumye “Afurika n’abafatanyabikorwa bayo biyemeje guhuza imbaraga mu kubaka uruganda rw’ubushakashatsi mu by’inkingo n’ubushobozi mu kuzikora mu gihe kirambye.”

Yavuze ko ubwo iki cyorezo cya COVID cyarangiraga, “byari byoroshye ko abantu bakwibagirwa, ubundi bagasubira mu buzima busanzwe bakikomereza imirimo nk’ibisanzwe.”

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gushimira Igihugu cy’u Bufaransa n’uyu Muryango wa Gavi ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku bwo gutegura iyi nama y’ingirakamaro igamije gukomeza gushyira imbaraga muri uru rwego rufite uruhare runini mu buvuzi.

Yavuze ko mu mpera z’umwaka ushize, Uruganda rwa BioNTech rukora inkingo n’imiti rwafunguye ishami ryarwo mu Rwanda kandi rikoresha ikoranabuhanga rigezweho, rizatuma Umugabane wa Afurika utunganyirizwamo inkingo.

Uru ruganda rwagezweho kubera igitekerezo cyavuye mu mwaka wa 2021, aho ku bufatanye bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, uyu mushinga watangiriye mu Bihugu bya Senegal, Ghana, Afurika y’Epfo ndetse n’u Rwanda.

Yavuze ko iki kigo kiri mu Rwanda, gikoreramo abayobozi ba BioNTech barimo n’uhagaragariye iki kigo muri Afurika, ndetse ko baturuka mu Bihugu binyuranye muri Afurika.

Ati “Inzobere iyoboye iki Kigo, akomoka muri Nigeri, rero byatumye Afurika irushaho gukomeza gushyira hamwe mu buryo bushimishije.”

Perezida Kagame wagarutse ku yindi mishinga ikomeje kugerwaho ku Mugabane wa Afurika mu bijyanye n’ubuzima, yavuze ko igaragaza umusaruro ushobora kuva mu gukomeza guhuza imbaraga hagati ya za Guverinoma, abahanga mu bumenyi, abikorera ndetse n’abahanga mu guhanga udushya dutanga ibisubizo.

Perezida Kagame ubwo yageraga Quai d’Orsay ahabereye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − six =

Previous Post

Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30

Next Post

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Umuryango ukomeye wagaragaje uko ubona Congo yitwara mu bibazo n’impungenge ufite igihe MONUSCO yagenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.