• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Paris mu Bufaransa, bafatanyije na Emmanuel Macron mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Urwibutso rwiswe ‘Les Archives’ rwagenewe kuzirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri i Paris mu Bufaransa ahari uru Rwibutso rugizwe n’inkingi ebyiri ziteganye, ruri mu gace ka Esplanade Habib-Bourguiba.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo yatangiye muri uyu muhango, yavuze ko iki kimenyetso, gifite imbaraga zikomeye mu gukomeza kugaragaza ukuri ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburemere bwayo.

Yagize ati “Uru rwibutso ruzahagarara nk’ikimenyetso cyo guha agaciro n’icyubahiro Abanyarwanda ndetse n’amateka yacu, nanone kandi uyu muhango wo gufungura ku mugaragaro uru Rwibutso muri uyu Mujyi wa Paris ni iby’agaciro gakomeye.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira Ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris, bwatumye hagerwa kuri iki gikorwa gifite agaciro mu mateka y’u Rwanda.

Yanashimiye kandi iki Gihugu cy’u Bufaransa ku ntambwe cyateye, mu kwemera uruhare cyahize mu mateka mabi yabaye mu Rwanda ariko kandi ntibihagararireho aho, ahubwo kikanashyiraho uburyo bwo guhangana n’abapfobya aya mateka.

Yagize ati “Nta Gihugu cyateye intambwe nk’u Bufaransa mu kwemera uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Turanashimira imbaraga u Bufaransa bwashyize mu kuburanisha abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, baje hano mu Bufaransa ndetse no guhana abapfobya Jenoside. Ako kazi kagomba gukomeza.”

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, na we yavuze ko uru Rwibutso rushimangira ukuri ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda no guhangana n’abayipfobya n’abahakana amateka yabaye mu Rwanda.

Yagize ati “Ubu ni bwo hakenewe ukuri kuruta mu bihe byatambutse, kuko ari umusingi wo kubaka amahoro no gukomeza kumva abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yavuze kandi ko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi, kidashobora kwemera ko hari uwagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ukomeza kwidegembyayo ataburanishijwe.

Ati “Nta muntu uriho ushobora kuba hejuru y’amategeko kandi abibwira ko bazakomeza kubona ubwihisho ku butaka bwacu, Ubucamanza bw’Igihugu cyacu bufite inzira ndetse n’ibyo buzakora, nta muntu n’umwe ufite aho ahuriye n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, uzabaho atabihaniwe. Ubutabera buzatangwa.”

Uru Rwibutso rwubatswe ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’u Bufaransa ndetse na Ibuka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi, ndetse n’ubuyobozi bw’inzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ni igikorwa cyakozwe kuri uyu wa Kabiri
Uru rwibutso ruzagaragaza ukuri ku mateka ya Jenoside
Perezida Kagame na Macron ubwo bafunguraga ku mugaragaro uru rwibutso

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nineteen =

Previous Post

Dore abakinnyi babaye aba mbere batandukanye na APR FC umwaka w’imikino ukirangira

Next Post

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n'igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.