Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho batoreye kuri Site ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya.

Ni igikorwa cyabaye mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, aho Umukuru w’u Rwanda yatoreye kuri Site y’Itora ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aho asanzwe atuye n’umuryango we.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora, babanje gusuhuza abaturage bahasanze, na bo babakomera amashyi, ababyeyi babavugiriza impundu.

Bahise berecyeza ku murongo w’abandi baturage bari baje gutora, babanza no kubaramutsa, ibintu byakoze ku mutima aba baturage bishimiye uburyo Perezida na Madamu baje bakabanza kubaramutsa, ndetse bagatonda n’umurongo.

Perezida Paul Kagame ubwo yinjiraga mu cyumba cy’itora, yabanje gushyikiriza irangamuntu umwe mu bakozi b’itora kuri iyi site, abanza kumureba ku rutonde, ubundi ahita yerecyeza ku wamushyikirije urupapuro rw’itora anamusobanurira amabwiriza y’itora, aho yahise yerecyeza mu bwihugiko kugira ngo atore.

Perezida Paul Kagame wari uherutse gusabwa n’abatuye mu Turere tubiri [aka Nyarugenge yatuyemo ndetse n’aka Gasabo atuyemo ubu] ko yazifatanya na bo muri iki gikorwa cy’amatora, ya yavuze ko azatorera aho atuye ubu.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora babanje kuramutsa abaturage bahasanze
Perezida Kagame ubwo yashyikirizwaga urupapuro rw’itora yagaragarijwe aho ubwihugiko buherereye
Amaze gutora yashyize mu gasanduku k’itora urupapuro yatoreyeho
Na Madamu Jeannette Kagame yahise ashyira mu gasunduku k’itora
Yanasizwe ka wino kagaragaza umuntu watoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 9 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko

Next Post

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye
AMAHANGA

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.