Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho batoreye kuri Site ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya.

Ni igikorwa cyabaye mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, aho Umukuru w’u Rwanda yatoreye kuri Site y’Itora ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aho asanzwe atuye n’umuryango we.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora, babanje gusuhuza abaturage bahasanze, na bo babakomera amashyi, ababyeyi babavugiriza impundu.

Bahise berecyeza ku murongo w’abandi baturage bari baje gutora, babanza no kubaramutsa, ibintu byakoze ku mutima aba baturage bishimiye uburyo Perezida na Madamu baje bakabanza kubaramutsa, ndetse bagatonda n’umurongo.

Perezida Paul Kagame ubwo yinjiraga mu cyumba cy’itora, yabanje gushyikiriza irangamuntu umwe mu bakozi b’itora kuri iyi site, abanza kumureba ku rutonde, ubundi ahita yerecyeza ku wamushyikirije urupapuro rw’itora anamusobanurira amabwiriza y’itora, aho yahise yerecyeza mu bwihugiko kugira ngo atore.

Perezida Paul Kagame wari uherutse gusabwa n’abatuye mu Turere tubiri [aka Nyarugenge yatuyemo ndetse n’aka Gasabo atuyemo ubu] ko yazifatanya na bo muri iki gikorwa cy’amatora, ya yavuze ko azatorera aho atuye ubu.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora babanje kuramutsa abaturage bahasanze
Perezida Kagame ubwo yashyikirizwaga urupapuro rw’itora yagaragarijwe aho ubwihugiko buherereye
Amaze gutora yashyize mu gasanduku k’itora urupapuro yatoreyeho
Na Madamu Jeannette Kagame yahise ashyira mu gasunduku k’itora
Yanasizwe ka wino kagaragaza umuntu watoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko

Next Post

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.