Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, aho batoreye kuri Site ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya.

Ni igikorwa cyabaye mu masaaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, aho Umukuru w’u Rwanda yatoreye kuri Site y’Itora ya SOS Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aho asanzwe atuye n’umuryango we.

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora, babanje gusuhuza abaturage bahasanze, na bo babakomera amashyi, ababyeyi babavugiriza impundu.

Bahise berecyeza ku murongo w’abandi baturage bari baje gutora, babanza no kubaramutsa, ibintu byakoze ku mutima aba baturage bishimiye uburyo Perezida na Madamu baje bakabanza kubaramutsa, ndetse bagatonda n’umurongo.

Perezida Paul Kagame ubwo yinjiraga mu cyumba cy’itora, yabanje gushyikiriza irangamuntu umwe mu bakozi b’itora kuri iyi site, abanza kumureba ku rutonde, ubundi ahita yerecyeza ku wamushyikirije urupapuro rw’itora anamusobanurira amabwiriza y’itora, aho yahise yerecyeza mu bwihugiko kugira ngo atore.

Perezida Paul Kagame wari uherutse gusabwa n’abatuye mu Turere tubiri [aka Nyarugenge yatuyemo ndetse n’aka Gasabo atuyemo ubu] ko yazifatanya na bo muri iki gikorwa cy’amatora, ya yavuze ko azatorera aho atuye ubu.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri site y’itora babanje kuramutsa abaturage bahasanze
Perezida Kagame ubwo yashyikirizwaga urupapuro rw’itora yagaragarijwe aho ubwihugiko buherereye
Amaze gutora yashyize mu gasanduku k’itora urupapuro yatoreyeho
Na Madamu Jeannette Kagame yahise ashyira mu gasunduku k’itora
Yanasizwe ka wino kagaragaza umuntu watoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri Trump nyuma yo kurasirwa mu ruhame Imana igakinga akaboko

Next Post

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.