Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida n’Umukandida uri imbere n’amajwi afite
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko mu majwi angana na 78,94% amaze kubarurwa y’abatoye, Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ari imbere n’amajwi 99,15%, agakurikirwa na Dr Frank Habineza.

Ni amajwi y’ibyanze y’agateganyo yatangajwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, nyuma y’amasaha macye, Abanyarwanda bahumuje igikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite [imyanya rusange], yabaye ku nshuro ya mbere yarahujwe, ndetse bwa mbere uzatorerwa kuyobora u Rwanda azayobora manda y’imyaka itanu.

Ubwo hatangazwaga aya majwi, hari hamaze kubarurwa 78,94% y’abatoye, aho hagaragajwe imibare ya buri Ntara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’iyo muri Diyasipora.

Mu banyarwanda baba mu Mahanga, Paul Kagame yatowe n’abangana na 38 803 (95,40%), mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 1 147 962 (99,65%), mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda 1 592 657 (98,60%), Iburengerazuba atorwa na 1 601 447 (99,60%), Iburasirazuba atorwa na 1 754 489 (99,30%), mu Mujyi wa Kigali atorwa na 964 452 (98,59%).

Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ku rwego rw’Igihugu, muri aya majwi amaze kubarurwa, yatowe n’Abanyarwanda bose 7 099 810, bangana na 99,15%.

Naho Dr Frank Habineza, mu Banyarwanda baba mu mahanga, yatowe na 874, mu Ntara y’Amajyaruguru atorwa na 3 053, mu Majyepfo atorwa n’Abanyarwanda bangana na 11 753, iy’Iburengerazuba atorwa na 1 839, Iburasirazuba atorwa n’Abanyarwanda 11 349, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 9 433.

Uyu Mukandida w’Umutwe wa Politiki Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza ku rwego rw’Igihugu yatowe n’Abanyarwanda 38 301, bangana n’amajwi 0,53%.

Ni mu gihe Philippe Mpayimana wari Umukandida wigenga muri aya matora, we mu Banyarwanda baba mu mahanga yatowe n’abantu 998, mu Ntara y’Amajayaruguru atorwa n’Abanyarwanda 955, mu Majyepfo atorwa na 10 855, mu Burengerazuba atorwa n’Abanyarwanda 4 646, Iburasirauba atorwa n’Abanyarwanda 961, mu Mujyi wa Kigali atorwa n’Abanyarwanda 4 338.

Uyu mukandida wigenga, Philipe Mpayimana, Abanyarwanda bose bamutoye rwego rw’Igihugu muri aya majwi amaze kubarurwa, 22 753 bangana na 0,32%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu batoreye i Kagugu babanza kuramutsa abaturage bahasanze

Next Post

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.