Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bahuriye mu biganiro bigamije gusangira ibitekerezo by’uburyo bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama z’i Luanda n’i Nairobi zari zigamije gushakira amahoro DRC, mu gihe umukuru w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi atagaragaye muri ibi biganiro.

Ibi biganiro byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahateraniye Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye inama ihuza uyu Mugabane na USA.

Nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama yayobowe n’Umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, Evariste Ndayishimiye akaba na Perezida w’u Burundi, ndetse n’uyoboye ICGLR, João Lourenço akaba na Perezida wa Angola.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bivuga ko iyi nama yari igamije “Kongera kurebera hamwe no gusangira ibitekerezo uburyo ibyaganiriweho i Luanda n’i Nairobi, byashyirwa mu bikorwa mu buryo bwuzuye.”

Inama zabereye i Luanda n’i Nairobi, zose zari zigamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama yahuje Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yitabiriwe kandi na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, William Ruto wa Kenya ndetse na Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Igihugu kinaheruka kwinjira muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kimwe na Salva Kiir wa Sudan y’Epfo, ntibagaragaye muri ibi biganiro.

Ibi biganiro bije bikurikira ibyabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, byanafatiwemo imyanzuro inyuranye irimo iyasabye umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi ugasubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, naho imitwe ituruka hanze ya DRC irimo uwa FDLR, igataha mu Bihugu yaturutsemo.

Ibi biganiro by’i Luanda kandi byakurikiwe n’ikiganiro Perezida wa Angola, João Lourenço aherutse kugirana na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa DRC na Evaritse Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye EAC.

Muri iki kiganiro cyo kuri telefone cyabaye mu cyumweru gishize, aba bakuru b’Ibihugu baganiriye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo iby’umutwe wa M23 urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bakomeje kwicwa, ukaba umaze iminsi uhanganye na FADRC.

Perezida Kagame, Ndayishimiye na Ruto muri iyi nama
Na Museveni na Madamu Samia Suluhu na João Lourenço

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 6 =

Previous Post

Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.