Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bahuriye mu biganiro bigamije gusangira ibitekerezo by’uburyo bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama z’i Luanda n’i Nairobi zari zigamije gushakira amahoro DRC, mu gihe umukuru w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi atagaragaye muri ibi biganiro.

Ibi biganiro byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahateraniye Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye inama ihuza uyu Mugabane na USA.

Nkuko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama yayobowe n’Umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, Evariste Ndayishimiye akaba na Perezida w’u Burundi, ndetse n’uyoboye ICGLR, João Lourenço akaba na Perezida wa Angola.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bivuga ko iyi nama yari igamije “Kongera kurebera hamwe no gusangira ibitekerezo uburyo ibyaganiriweho i Luanda n’i Nairobi, byashyirwa mu bikorwa mu buryo bwuzuye.”

Inama zabereye i Luanda n’i Nairobi, zose zari zigamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama yahuje Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yitabiriwe kandi na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, William Ruto wa Kenya ndetse na Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Igihugu kinaheruka kwinjira muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kimwe na Salva Kiir wa Sudan y’Epfo, ntibagaragaye muri ibi biganiro.

Ibi biganiro bije bikurikira ibyabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, byanafatiwemo imyanzuro inyuranye irimo iyasabye umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi ugasubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, naho imitwe ituruka hanze ya DRC irimo uwa FDLR, igataha mu Bihugu yaturutsemo.

Ibi biganiro by’i Luanda kandi byakurikiwe n’ikiganiro Perezida wa Angola, João Lourenço aherutse kugirana na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa DRC na Evaritse Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye EAC.

Muri iki kiganiro cyo kuri telefone cyabaye mu cyumweru gishize, aba bakuru b’Ibihugu baganiriye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo iby’umutwe wa M23 urwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bakomeje kwicwa, ukaba umaze iminsi uhanganye na FADRC.

Perezida Kagame, Ndayishimiye na Ruto muri iyi nama
Na Museveni na Madamu Samia Suluhu na João Lourenço

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.