Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiriye inama abayobozi bashyirwa mu myanya, ko aho kugira ngo bazigeremo bazice, bajya bazihakana mbere cyangwa babona batazazishobora bakizijyamo, bakemera bakamanika amaboko, bakazisezera. Ati “mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yakiraga indahiro z’abagize Guverinoma nshya yashyizweho mu cyumweru gishize.

Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma icyuye igihe yatumye Igihugu kigera kuri byinshi, bishimwa na benshi, ariko ko byashobokaga ko hari kugerwa ku birenze ibyagezweho.

Yavuze ko hari ibyangombwa byashoboraga gufasha abantu kugera ku musaruro urenze uwagezweho, ariko hakabura ababikora, ku buryo icyari gukorwa mu gihe cy’icyumweru, gifata igihe kinini.

Ati “Kandi igisabwa mvuga, ntabwo nakumva ko abantu twakora ibitangaza, ntabwo turi ibitangaza ntabwo twakora ibidashoboka, oya, ibyo dusaba ni ibishoboka.”

Nanone kandi uburyo budahari, buba bugomba gushakishwa bukaboneka, bukaba bwakoreshwa ibyo byifuzwa, ariko nanone hakabura imbaraga zatuma na byo bikorwa.

Ati “Niba ari ikibazo cya politiki y’ibikorwa, imirongo ya politiki iba ihari myinshi, ariko niba utanahari, niba muri uwo murongo hari ikibuzemo, na cyo tugomba kugishyiramo, ariko niba hari umurongo kuki tutawukurikiza, duherera mu biki? Tuba turi mu biki?”

Nanone kandi Igihugu kiba cyahawe inkunga n’Ibindi Bihugu, ariko ubwo bushobozi ntibukoreshwe, ku buryo ahora yibaza icyabuze mu gihe abayobozi bose baba bafite ubushobozi kandi bakiri bato. Ati “Nzajye kubavuza he, nzabajyane mu yihe kanisa [Urusengero]”

 

Waba intwari ukanga inshingano aho kuzica

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko nanone abantu bakwiye kujya baba intwari, mu gihe bahawe inshingano nk’izi, bakaba babyanga mu gihe bumva batazazishobora.

Ati “Burya hari n’ikindi, mwabaye intwari muri mwe, abagore n’abagabo, bagiye kugushyira mu murimo, hakagira rimwe uvuga uti ‘ariko urabizi, uyu murimo sinywushaka cyangwa sinywushoboye, nimundeke njye nigire mu bindi’. Uba uri intwari. Cyangwa se wabigiyemo wabyemeye warahiye nk’uku, nibigeramo hagati, ukabona ntubishaka, baba bagukoresha ibyo udashaka gukora cyangwa ibyo utumva, cyangwa warabyumvaga ariko ugeze aho ubona mu mutwe wawe urahinduka, ukavuga uti ‘ibi sinkibishaka gukorera Igihugu’, nabwo mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Yakomeje avuga ko aho kugira ngo umuntu ajye mu nshingano azice, yagakwiye kuba Intwari, ati “Wavuze uti ‘ntabwo nkibishoboye’, cyangwa uti ‘ntabwo nkibishaka cyangwa ndarushye, cyangwa’…”

Perezida Kagame yavuze ko igihe umuntu yagiye mu bintu bigapfa na we aba akwiye gufata icyemezo akakivamo. Ati “Mugomba kugira ubushake vuba, tukaba twakwihutisha ibishoboka.”

Perezida Kagame kandi yagiriye inama abayobozi ko igihe cyose bajya bisuzuma, bakareba ibyo badakora neza, ndetse bagafata n’ingamba zo kugira ngo babikosore, aho gutegereza ko babibwirwa n’abandi, kuko iyo babibwiwe n’abandi babifata nko guhangana.

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, ni umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma
Na Prudence Sebahizi wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda
Na Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitir w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 1 =

Previous Post

Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.