Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiriye inama abayobozi bashyirwa mu myanya, ko aho kugira ngo bazigeremo bazice, bajya bazihakana mbere cyangwa babona batazazishobora bakizijyamo, bakemera bakamanika amaboko, bakazisezera. Ati “mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yakiraga indahiro z’abagize Guverinoma nshya yashyizweho mu cyumweru gishize.

Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma icyuye igihe yatumye Igihugu kigera kuri byinshi, bishimwa na benshi, ariko ko byashobokaga ko hari kugerwa ku birenze ibyagezweho.

Yavuze ko hari ibyangombwa byashoboraga gufasha abantu kugera ku musaruro urenze uwagezweho, ariko hakabura ababikora, ku buryo icyari gukorwa mu gihe cy’icyumweru, gifata igihe kinini.

Ati “Kandi igisabwa mvuga, ntabwo nakumva ko abantu twakora ibitangaza, ntabwo turi ibitangaza ntabwo twakora ibidashoboka, oya, ibyo dusaba ni ibishoboka.”

Nanone kandi uburyo budahari, buba bugomba gushakishwa bukaboneka, bukaba bwakoreshwa ibyo byifuzwa, ariko nanone hakabura imbaraga zatuma na byo bikorwa.

Ati “Niba ari ikibazo cya politiki y’ibikorwa, imirongo ya politiki iba ihari myinshi, ariko niba utanahari, niba muri uwo murongo hari ikibuzemo, na cyo tugomba kugishyiramo, ariko niba hari umurongo kuki tutawukurikiza, duherera mu biki? Tuba turi mu biki?”

Nanone kandi Igihugu kiba cyahawe inkunga n’Ibindi Bihugu, ariko ubwo bushobozi ntibukoreshwe, ku buryo ahora yibaza icyabuze mu gihe abayobozi bose baba bafite ubushobozi kandi bakiri bato. Ati “Nzajye kubavuza he, nzabajyane mu yihe kanisa [Urusengero]”

 

Waba intwari ukanga inshingano aho kuzica

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko nanone abantu bakwiye kujya baba intwari, mu gihe bahawe inshingano nk’izi, bakaba babyanga mu gihe bumva batazazishobora.

Ati “Burya hari n’ikindi, mwabaye intwari muri mwe, abagore n’abagabo, bagiye kugushyira mu murimo, hakagira rimwe uvuga uti ‘ariko urabizi, uyu murimo sinywushaka cyangwa sinywushoboye, nimundeke njye nigire mu bindi’. Uba uri intwari. Cyangwa se wabigiyemo wabyemeye warahiye nk’uku, nibigeramo hagati, ukabona ntubishaka, baba bagukoresha ibyo udashaka gukora cyangwa ibyo utumva, cyangwa warabyumvaga ariko ugeze aho ubona mu mutwe wawe urahinduka, ukavuga uti ‘ibi sinkibishaka gukorera Igihugu’, nabwo mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Yakomeje avuga ko aho kugira ngo umuntu ajye mu nshingano azice, yagakwiye kuba Intwari, ati “Wavuze uti ‘ntabwo nkibishoboye’, cyangwa uti ‘ntabwo nkibishaka cyangwa ndarushye, cyangwa’…”

Perezida Kagame yavuze ko igihe umuntu yagiye mu bintu bigapfa na we aba akwiye gufata icyemezo akakivamo. Ati “Mugomba kugira ubushake vuba, tukaba twakwihutisha ibishoboka.”

Perezida Kagame kandi yagiriye inama abayobozi ko igihe cyose bajya bisuzuma, bakareba ibyo badakora neza, ndetse bagafata n’ingamba zo kugira ngo babikosore, aho gutegereza ko babibwirwa n’abandi, kuko iyo babibwiwe n’abandi babifata nko guhangana.

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, ni umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma
Na Prudence Sebahizi wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda
Na Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitir w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.