Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiriye inama abayobozi bashyirwa mu myanya, ko aho kugira ngo bazigeremo bazice, bajya bazihakana mbere cyangwa babona batazazishobora bakizijyamo, bakemera bakamanika amaboko, bakazisezera. Ati “mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yakiraga indahiro z’abagize Guverinoma nshya yashyizweho mu cyumweru gishize.

Perezida Paul Kagame yavuze ko Guverinoma icyuye igihe yatumye Igihugu kigera kuri byinshi, bishimwa na benshi, ariko ko byashobokaga ko hari kugerwa ku birenze ibyagezweho.

Yavuze ko hari ibyangombwa byashoboraga gufasha abantu kugera ku musaruro urenze uwagezweho, ariko hakabura ababikora, ku buryo icyari gukorwa mu gihe cy’icyumweru, gifata igihe kinini.

Ati “Kandi igisabwa mvuga, ntabwo nakumva ko abantu twakora ibitangaza, ntabwo turi ibitangaza ntabwo twakora ibidashoboka, oya, ibyo dusaba ni ibishoboka.”

Nanone kandi uburyo budahari, buba bugomba gushakishwa bukaboneka, bukaba bwakoreshwa ibyo byifuzwa, ariko nanone hakabura imbaraga zatuma na byo bikorwa.

Ati “Niba ari ikibazo cya politiki y’ibikorwa, imirongo ya politiki iba ihari myinshi, ariko niba utanahari, niba muri uwo murongo hari ikibuzemo, na cyo tugomba kugishyiramo, ariko niba hari umurongo kuki tutawukurikiza, duherera mu biki? Tuba turi mu biki?”

Nanone kandi Igihugu kiba cyahawe inkunga n’Ibindi Bihugu, ariko ubwo bushobozi ntibukoreshwe, ku buryo ahora yibaza icyabuze mu gihe abayobozi bose baba bafite ubushobozi kandi bakiri bato. Ati “Nzajye kubavuza he, nzabajyane mu yihe kanisa [Urusengero]”

 

Waba intwari ukanga inshingano aho kuzica

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko nanone abantu bakwiye kujya baba intwari, mu gihe bahawe inshingano nk’izi, bakaba babyanga mu gihe bumva batazazishobora.

Ati “Burya hari n’ikindi, mwabaye intwari muri mwe, abagore n’abagabo, bagiye kugushyira mu murimo, hakagira rimwe uvuga uti ‘ariko urabizi, uyu murimo sinywushaka cyangwa sinywushoboye, nimundeke njye nigire mu bindi’. Uba uri intwari. Cyangwa se wabigiyemo wabyemeye warahiye nk’uku, nibigeramo hagati, ukabona ntubishaka, baba bagukoresha ibyo udashaka gukora cyangwa ibyo utumva, cyangwa warabyumvaga ariko ugeze aho ubona mu mutwe wawe urahinduka, ukavuga uti ‘ibi sinkibishaka gukorera Igihugu’, nabwo mu Kinyarwanda babyita kuba umugabo.”

Yakomeje avuga ko aho kugira ngo umuntu ajye mu nshingano azice, yagakwiye kuba Intwari, ati “Wavuze uti ‘ntabwo nkibishoboye’, cyangwa uti ‘ntabwo nkibishaka cyangwa ndarushye, cyangwa’…”

Perezida Kagame yavuze ko igihe umuntu yagiye mu bintu bigapfa na we aba akwiye gufata icyemezo akakivamo. Ati “Mugomba kugira ubushake vuba, tukaba twakwihutisha ibishoboka.”

Perezida Kagame kandi yagiriye inama abayobozi ko igihe cyose bajya bisuzuma, bakareba ibyo badakora neza, ndetse bagafata n’ingamba zo kugira ngo babikosore, aho gutegereza ko babibwirwa n’abandi, kuko iyo babibwiwe n’abandi babifata nko guhangana.

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, ni umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma
Na Prudence Sebahizi wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda
Na Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitir w’Abakozi ba Leta n’Umurimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 6 =

Previous Post

Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.