Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame witabiriye inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa, yavuze ko urubyiruko rukwiye kwitabira ubuhinzi kugira ngo bahangane n’ikibazo cy’inzara yugarije Abanyafurika.

Umukuru w’u Rwanda, yabitangarije i Dakar muri Senegal ahari kubera Inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa izwi nka Africa Food Systems Forum, yitabiriwe n’abanyapolitike, abahanga mu buhinzi ndetse n’abayobora imiryango mpuzamanga ishinzwe iterambere.

Iyi nama igamije gushaka umuti w’ikibazo cy’inzara yugarije miliyoni 280 z’abatuye Umugabane wa Afurika. Imibare ya World Vision igaragaza ko mu Banyafurika batanu; umwe aba yabuze aho akura ifunguro. Imbaraga nke z’ubuhinzi zituma uyu Mugabane wa Afurika utumiza ibiribwa mu mahanga bifite agaciro ka miliyari 150 USD buri mwaka.

Ni mu gihe kandi uyu Mugabane wa Afurika wihariye 60% by’ubutaka buhinga, icyakora ngo ntibabubyaza umusaruro.

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye; yavuze ko  abanyapolitike bafite inshingano zo guhamagarira urubyiruko kugira uruhare mu guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Mu byukuri urubyiruko ntirufata ubuhinzi nk’ahantu bashobora gukura imibereho, ariko nanone kugira ngo duhinge; dukenera ubutaka buhingwa, ariko tugakenera n’amazi. Ubu mu mwaka wose duhinga mu gihe cy’amezi atatu gusa kubera ko nta mazi dufite, ikindi tugomba no kunoza uburyo bwo gufasha abahinzi kubona inguzanyo kugira ngo tworohereze urubyiruko rwahisemo ubuhinzi.

Ariko tugomba gukoresha uburyo banki z’ubucuruzi zizera urwo rubyiruko. Kugeza uyu munsi 3% by’inguzanyo zose zitangwa n’amabanki ni zo zagenewe ubuhinzi, izo nguzanyo zifasha 10% by’abaghinzi bonyine.

Tugomba no kumenya ko umusaruro wabo uzaboneka hari isoko. Tugashaka ahantu hose ashobora kuboneka kugira ngo nibamara guhaza isoko ry’imbere mu Gihugu; bazawushore no ku isoko mpuzamahanga.”

Perezida Paul Kagame wavuze ko inzego zose zikwiye gutahiriza umugozi umwe muri uru rugamba, yashimangiye ko urubyiruko rurimo n’urwo mu Rwanda; rugomba gutanga umusanzu mu gushaka igisubizo cy’iki kibazo.

Yagize ati “Haba inmaa nyinshi; ahantu hatandukanye; tukavuga ibintu byiza byinshi, ariko nyuma tugomba kureba ngo ni iki cyavuye muri izo nama zose. Ntekereza ko aho ari ho hakiri ikibazo. Dufite ubutaka bwinshi buhingwa ndetse n’amikoro, amazi ndetse n’ikoranabuhanga ridufasha gushaka ibisubizo by’ahataratungana neza.

Amikoro aramutse abuze; twabonye ko turamutse dufatanyije n’abandi ashobora kuboneka. Ubu harageze ko dushyira mu ngiro ibyo dukora tukava mu byo kuvuga hanyuma tugakora; tukareba umusaruro wabyo.

Izi ni inshingano zacu twese. Icya mbere ni iza Guverinoma kubera ko ari na cyo zibereyeho. Ari twese biratureba ndetse n’urubyiruko, aba basaba byinshi kandi banabifitiye uburenganzira, ariko namwe mugomba kubigiramo uruhare rungana n’ibyo musaba. Nk’ubu dufite 75% by’abaturage bacu bafite imyaka iri munsi ya 25. Uramutse ufite abantu bangana uko batagira icyo bakora ahubwo basaba gusa; byaba ari ikibazo gikomeye, birangira abayobozi bazize ibyo batakoze. Ndabivugira u Rwanda, Umugabane wa Afurika n’isi yose.

Mureke gusaba gusa. Ntitwakomeze dutega amakiriro ku mahanga kandi dufite ibintu byose. Abaturage bacu na bo bazI ibyo bagoba gukora. Ubu ntakintu na kimwe cyabuze.

Ahantu hose hari ibibazo, mu Rwanda, muri Afurika, hari ibibazo, kandi tugomba kubikemura. Tugomba gushaka uburyo bwo kubikemura mu mwanya wo kubihunga. Abakiri bato ndabasaba ko batagomba guhunga ibibazo, kubera ko n’aho muhungira muzabisangayo.”

Abateraniye muri iyi nama bavuga ko guteza imbere ubuhinzi bigomba kuba imwe mu ngingo zihutirwa. Bavuga ko muri 2050 abaturage b’Umugabane wa Afurika bazaba bageze kuri miliyari 2,5 bavuye kuri miliyari 2.3 bariho uyu munsi., bazaba barimo miliyoni 600 z’abaturage bari muni y’imyaka 25 y’amavuko, bityo ko aba bagomba gushyirirwaho uburyo bwo kwinjiza mu buhinzi.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwinjira mu buhinzi ari rwinshi

 

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

Next Post

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.