Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Tshisekedi wongeye kuvuga ko azatera u Rwanda n’undi wese wabitekereza

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Tshisekedi wongeye kuvuga ko azatera u Rwanda n’undi wese wabitekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwarushozaho intambara uwo ari we wese, n’iyo yaba ari DRC yabyeruye kenshi ko yifuza kubikora nk’uko byakunze kuvugwa na Perezida wayo, Felix Tshisekedi, umukuru w’u Rwanda avuga ko aherutse no kubisubiramo, kandi ko u Rwanda rudashobora kubifata nk’imikino.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24 cyagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo izirebana n’ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, byakunze kuzanwamo u Rwanda, nubwo nta ruhare rubifitemo.

Umunyamakuru yagarutse ku byakunze kuvugwa na Perezida Tshisekedi ko azatera u Rwanda agamije gukuraho ubutegetsi buriho, abaza Perezida Kagame niba u Rwanda rwaba rwiteguye kurwana urwo rugamba.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hagendewe ku byakunze kuvugwa na Perezida Felix Tshisekedi, ndetse akaba anaherutse kubibwira iki gitangazamakuru baganiriye [France 24] “ko yifuza gutera u Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho, n’ibindi byinshi. Umuntu uvuga nk’ibyo mu bibazo nk’ibi, ku ruhande rumwe ushobora gutekereza ko ari kwivugira cyangwa wenda adafite ikindi cyo kuvuga, ariko nanone tugendeye ku mateka yacu, nta kintu na kimwe dufata nk’imikino.”

Umunyamakuru yahise abaza Perezida Kagame niba u Rwanda rwiteguye kuba rwarwana urwo rugamba igihe rwarushozwaho n’iki Gihugu cyagaragaje kenshi ko cyifuza kurutera.

Perezida Kagame yavuze ko yaba iki Gihugu cyifuza gutera u Rwanda cyitwaje “ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaza bigahungabanya umutekano wacu, cyangwa ibindi byaturuka ahandi hose, twiteguye kurwana, kuko turiho kuko ari twe twarwaniye uburenganzira bwacu bwo kubaho.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko ubusugire bw’u Rwanda ari ntakorwaho ku buryo uwo ari we wese wahirahira kubutokoza, iki Gihugu gihagaze bwuma kuba cyaburwanira.

Ati “Ntakwirirwa tubinyura ku ruhande rwose, uwahirahira avogera ubusugire bwacu, rwose tuzirwanaho, ntabwo ari ibanga.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe niba nta mpungenge zihari zo kuba u Rwanda rwazafatirwa ibihano nk’uko n’ubundi byakunze gusabwa n’abategetsi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko amateka iki Gihugu cyanyuzemo arimo atuma kidashobora gukangwa n’ibije byose, kuko cyayavomyemo amasomo yatuma gishobora kubaho no mu bihe bigoye.

Yamusubije amumara impungenge, ati “Reka nkubwire rwose, tugendeye ku mateka yacu n’ibihe twaciyemo bikadukomeza bikaduhindura abo turi bo uyu munsi, tugaca mu bigoye no kuturenganya, tutitaye ku wo ari we wese, ubu ntakidutera ubwoba.”

Ibi birego by’ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23, byagiye binashyigikirwa n’amahanga arimo Umuryango w’Abibumbye, n’Ibihugu nk’u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za America. Perezida Kagame yavuze ko ibivugwa n’umuryango mpuzamahanga byose bidakwiye kumirwa bunguri ngo abantu bumve ko ari ukuri.

Ati “Kubera ko gusa ari Umuryango Mpuzamahanga, ntibivuze ko wakwemera buri cyose bavuze, biba bigomba kuzana n’ibimenyetso, ni nabyo twakunze kuvuga.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abahora bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bari bakwiye kubanza kumva ikibazo cy’uyu mutwe, n’icyatumye uvuka, n’icyo urwanira, ubundi baba bifuriza ineza Congo koko, bagashaka umuti w’iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nineteen =

Previous Post

AMAFOTO: Umuhanzi w’Ikirangirire ku Isi n’umugore we bongeye kurikoroza

Next Post

Hagaragajwe ko mu mezi atatu abarenga ibihumbi 500 mu Gihugu kimaranye igihe imvururu bagizweho ingaruka

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ko mu mezi atatu abarenga ibihumbi 500 mu Gihugu kimaranye igihe imvururu bagizweho ingaruka

Hagaragajwe ko mu mezi atatu abarenga ibihumbi 500 mu Gihugu kimaranye igihe imvururu bagizweho ingaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.