Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, anashimira Moussa Faki Mahamat warangije manda ze.

Mahmoud Ali Youssouf wari usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Djibouti, ni we watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu matora yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yateranye ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe uyu mwanya wo kuyobora Komisiyo y’uyu Muryango.

Yagize ati “Ndashimira Perezida Mushya wacu wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe Mahmoud Ali Youssouf wabonye intsinzi mu itsinda ry’abandi bayobozi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, benshi batewe ishema na Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abandi batorewe imyanya inyuranye mu buyobozi bwa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Selma Malika Haddadi watorewe kuba Visi Perezida wayo. Ati “Bombi mbifurije kuzasohoza neza inshingano zabo nshya.”

Selma Malika Haddadi yatorewe uyu mwanya wo kuba Visi Perezida wa Komisiyo ya AU, asimbuye Umunyarwandakazi Dr Monique Nsanzabaganwa wari wazigiyeho muri 2021.

Perezida Kagame yakomeje anashimira Perezida wa Komisiyo ya AU ucyuye igihe, Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, warangije manda ze ebyiri.

Ati “Ndashimira kandi byimazeyo Perezida ucyuye igihe Moussa Faki Mahamat wagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubumwe bwa Afurika. Umuhate we mu kwimakaza amahoro n’iterambere, byagize uruhare mu kuzamura imikoranire ihamye hagati y’Ibihugu byacu. Adusigiye ubumwe buvuguruye bw’ibanze.”

Perezida Paul Kagame na we ashimirwa uruhare yagize mu mavugurura y’uyu Muryango wa Afurika Yunze, ubumwe aho inshingano yahawe zo kuyobora amavugurura yawo, zagenze neza, kandi zishimwa na buri wese.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

Next Post

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Related Posts

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

IZIHERUKA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira
MU RWANDA

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.