Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama y’ihuriro rizwi nka ‘China-Africa Cooperation Summit’ rihuza iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyo mu Bushinwa CGTN gisanzwe kinafite abagihagarariye mu Rwanda, avuga ko Perezida Paul Kagame yageze i Beijing kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024.

Umukuru w’u Rwanda yerecyeje i Beijing nyuma yo gusoza uruzinduko yagiriraga muri Indonesia, aho yari yitabiriye inama yahuzaga iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika, yigaga ku mikoranire n’ubufatanye hagati y’impande zombi.

Iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’u Bushinwa, izatangira kuri uyu wa Gatatu tariki 04 isozwe tariki 06 Nzeri 2024.

Bimwe mu biteganyijwe kuzigirwa muri iyi nama ibaye ku nshuro ya cyenda, harimo imikoranire n’ubufatanye hagati y’u Bushinwa na Afurika mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi nama kandi izanagaruka ku mikoranire no guteza imbere inzego zinyuranye zirimo urwego rw’ingufu z’amashanyarazi, n’imikoranire ishingiye ku ikoranabuhanga.

Inama nk’iyi iheruka, yagarutse ku bibazo birimo ibibangamira iterambere ry’ibikorwa remezo, ubuhinzi no guteza imbere inganda ku Mugabane wa Afurika n’ibyakorwa kugira ngo izo mbogamizi ziveho.

Igihugu cy’u Bushinwa bwakomeje kugaragaza imikoranire myiza hagati yabwo n’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, gisanzwe gifitanye imikoranire n’umubano byiza hagati yacyo n’u Rwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2018, Perezida w’u Bushinjwa, Xi Jinping yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda rw’iminsi ibiri, yakirwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, ndetse bucyeye bwaho anamwakira mu Biro bye, aho bombi bayoboye isinywa ry’amasezerano 15 y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Abashinwa bishimiye kwakira Perezida w’Abanyarwanda
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Next Post

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.