Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama y’ihuriro rizwi nka ‘China-Africa Cooperation Summit’ rihuza iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyo mu Bushinwa CGTN gisanzwe kinafite abagihagarariye mu Rwanda, avuga ko Perezida Paul Kagame yageze i Beijing kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024.

Umukuru w’u Rwanda yerecyeje i Beijing nyuma yo gusoza uruzinduko yagiriraga muri Indonesia, aho yari yitabiriye inama yahuzaga iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika, yigaga ku mikoranire n’ubufatanye hagati y’impande zombi.

Iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’u Bushinwa, izatangira kuri uyu wa Gatatu tariki 04 isozwe tariki 06 Nzeri 2024.

Bimwe mu biteganyijwe kuzigirwa muri iyi nama ibaye ku nshuro ya cyenda, harimo imikoranire n’ubufatanye hagati y’u Bushinwa na Afurika mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi nama kandi izanagaruka ku mikoranire no guteza imbere inzego zinyuranye zirimo urwego rw’ingufu z’amashanyarazi, n’imikoranire ishingiye ku ikoranabuhanga.

Inama nk’iyi iheruka, yagarutse ku bibazo birimo ibibangamira iterambere ry’ibikorwa remezo, ubuhinzi no guteza imbere inganda ku Mugabane wa Afurika n’ibyakorwa kugira ngo izo mbogamizi ziveho.

Igihugu cy’u Bushinwa bwakomeje kugaragaza imikoranire myiza hagati yabwo n’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, gisanzwe gifitanye imikoranire n’umubano byiza hagati yacyo n’u Rwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2018, Perezida w’u Bushinjwa, Xi Jinping yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda rw’iminsi ibiri, yakirwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, ndetse bucyeye bwaho anamwakira mu Biro bye, aho bombi bayoboye isinywa ry’amasezerano 15 y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Abashinwa bishimiye kwakira Perezida w’Abanyarwanda
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Next Post

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.