Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Bushinwa yakiranwa urugwiro n’Abashinwa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama y’ihuriro rizwi nka ‘China-Africa Cooperation Summit’ rihuza iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyo mu Bushinwa CGTN gisanzwe kinafite abagihagarariye mu Rwanda, avuga ko Perezida Paul Kagame yageze i Beijing kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024.

Umukuru w’u Rwanda yerecyeje i Beijing nyuma yo gusoza uruzinduko yagiriraga muri Indonesia, aho yari yitabiriye inama yahuzaga iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika, yigaga ku mikoranire n’ubufatanye hagati y’impande zombi.

Iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’u Bushinwa, izatangira kuri uyu wa Gatatu tariki 04 isozwe tariki 06 Nzeri 2024.

Bimwe mu biteganyijwe kuzigirwa muri iyi nama ibaye ku nshuro ya cyenda, harimo imikoranire n’ubufatanye hagati y’u Bushinwa na Afurika mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Iyi nama kandi izanagaruka ku mikoranire no guteza imbere inzego zinyuranye zirimo urwego rw’ingufu z’amashanyarazi, n’imikoranire ishingiye ku ikoranabuhanga.

Inama nk’iyi iheruka, yagarutse ku bibazo birimo ibibangamira iterambere ry’ibikorwa remezo, ubuhinzi no guteza imbere inganda ku Mugabane wa Afurika n’ibyakorwa kugira ngo izo mbogamizi ziveho.

Igihugu cy’u Bushinwa bwakomeje kugaragaza imikoranire myiza hagati yabwo n’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, gisanzwe gifitanye imikoranire n’umubano byiza hagati yacyo n’u Rwanda.

Tariki 22 Nyakanga 2018, Perezida w’u Bushinjwa, Xi Jinping yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda rw’iminsi ibiri, yakirwa na Perezida Paul Kagame ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, ndetse bucyeye bwaho anamwakira mu Biro bye, aho bombi bayoboye isinywa ry’amasezerano 15 y’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Abashinwa bishimiye kwakira Perezida w’Abanyarwanda
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku isezera ry’uwari Umuyobozi muri Rayon Sports

Next Post

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Umukinnyi wa Filimi wakundwaga muri City Maid yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.