Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yageze muri Azerbaijan yitabiriye Inama mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yageze muri Azerbaijan yitabiriye Inama mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Baku mu Gihugu cya Azerbaijan, ahari kubera ibikorwa by’Inama Mpuzamahanga yiga ku mihindagurikire y’ibihe COP 29.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Baku mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, aho ari umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama Mpuzamahanga.

Perezida Paul Kagame kandi azahura n’abayobozi banyuranye banagirane ibiganiro, barimo Ilham Aliyev uyobora iki Gihugu cya Azerbaijan cyakiriye iyi nama.

Ibikorwa by’iyi nama iba yitezweho gufatirwamo ingamba mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, no gufata ingamba ku cyakorwa, byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ugushyingo 2024.

U Rwanda nk’Igihugu cyitabira iyi nama, kinasangiza ibindi Bihugu ubunararibonye mu ngamba zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Faustin Munyazikwiye wamaze kugera i Baku wanitabiriye ibiganiro bya mbere y’iyi nama, yavuze ko kimwe mu bizagaragazwa n’u Rwanda muri iyi nama, ari ukuba rwarashyizeho ikigega Rwanda Green Fund gitera inkunga imishinga yo guhangana n’imihindarukire y’ibihe no kubungabunga ibidukikije.

Yavuze ko mu myaka irenga 10 iki kigega kigiyeyo, kimaze gukusanya arenga miliyoni 200 USD (arenga Miliyari 260 Frw) ashorwa muri ibi bikorwa birimo kubungabunga ibidukikije no gukumira zimwe mu ngaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe.

U Rwanda kandi rushimirwa intambwe rukomeza gutera mu kugabanya ibyuka bihumanye byohezwa mu kirere no kwiyemeza rugenda rushyiraho, aho rwihaye intego ko muri 2030 ruzabigabanya ku kigero cya 38% bingana na toni miliyoni 4,6 aho kugira ngo bizagerweho bizatwara Miliyari 11 USD.

Iyi nama iri kubera i Baku
Faustin Munyazikwiye kuri uyu wa Mbere
Yavuze ko hari byinshi u Rwanda ruzasangiza ibindi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.