Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yageze muri Azerbaijan yitabiriye Inama mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yageze muri Azerbaijan yitabiriye Inama mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Baku mu Gihugu cya Azerbaijan, ahari kubera ibikorwa by’Inama Mpuzamahanga yiga ku mihindagurikire y’ibihe COP 29.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Baku mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, aho ari umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama Mpuzamahanga.

Perezida Paul Kagame kandi azahura n’abayobozi banyuranye banagirane ibiganiro, barimo Ilham Aliyev uyobora iki Gihugu cya Azerbaijan cyakiriye iyi nama.

Ibikorwa by’iyi nama iba yitezweho gufatirwamo ingamba mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, no gufata ingamba ku cyakorwa, byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ugushyingo 2024.

U Rwanda nk’Igihugu cyitabira iyi nama, kinasangiza ibindi Bihugu ubunararibonye mu ngamba zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Faustin Munyazikwiye wamaze kugera i Baku wanitabiriye ibiganiro bya mbere y’iyi nama, yavuze ko kimwe mu bizagaragazwa n’u Rwanda muri iyi nama, ari ukuba rwarashyizeho ikigega Rwanda Green Fund gitera inkunga imishinga yo guhangana n’imihindarukire y’ibihe no kubungabunga ibidukikije.

Yavuze ko mu myaka irenga 10 iki kigega kigiyeyo, kimaze gukusanya arenga miliyoni 200 USD (arenga Miliyari 260 Frw) ashorwa muri ibi bikorwa birimo kubungabunga ibidukikije no gukumira zimwe mu ngaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe.

U Rwanda kandi rushimirwa intambwe rukomeza gutera mu kugabanya ibyuka bihumanye byohezwa mu kirere no kwiyemeza rugenda rushyiraho, aho rwihaye intego ko muri 2030 ruzabigabanya ku kigero cya 38% bingana na toni miliyoni 4,6 aho kugira ngo bizagerweho bizatwara Miliyari 11 USD.

Iyi nama iri kubera i Baku
Faustin Munyazikwiye kuri uyu wa Mbere
Yavuze ko hari byinshi u Rwanda ruzasangiza ibindi Bihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Abapolisi 160 bamaze umwaka muri Centrafrique bayobowe na SSP Carine basesekaye mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.