Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
08/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania aho yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yiga ku bibazo by’Umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Gashyantare 2025, avuga ko Perezida Kagame yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, bugira buti “Muri iki gitondo, Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania, agiye kwifatanya n’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), ku bw’Inama ihuriweho ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yitabiriye iyi nama, mu gihe mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo; atayigaragaramo nyamara byari byabanje gutangazwa ko azayitabira.

Perezida Félix Tshisekedi utitabiriye iyi nama yiga ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu Gihugu ayoboye, yohereje Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa ngo ajye kuyimuhagarariramo.

Iyi nama igiye guhuza Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango, igiye guterana nyuma yuko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC bifashe indi ntera, aho umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’Ubutegetsi bwa Congo uherutse gufata Umujyi wa Goma, nyuma yo gutsinda FARDC n’impande zagiye guha iki gisirikare cya Congo umusada, zirimo izoherejwe mu butumwa bwa SADC, iz’u Burundi, umutwe wa FDLR ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Perezida Kagame ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege
Abanya-Tanzania bamwakiranye urugwiro rwinshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Damascene SIBOMANA says:
    5 months ago

    Ubundi aho bigeze njye mbona ikibazo cya DRC gisigariye kuri Tchekedi kilombo ,kuko ndabona atazi ibyarimo kuko kujya mubandi bagabo ukavuga uko ibibazo ubibona nabandi bakavuga uko babyumba ntacyo byari kumutwara ,igihugu gisa nkikitagira nyiracyo , ubworero niyegure hajyeho ushoboye Diplomatie niwomuti mbona wonyine.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Next Post

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Bavuze icyabazanye ku Karere n'igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.