Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
08/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu nama yiga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania aho yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yiga ku bibazo by’Umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Gashyantare 2025, avuga ko Perezida Kagame yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, bugira buti “Muri iki gitondo, Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania, agiye kwifatanya n’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), ku bw’Inama ihuriweho ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yitabiriye iyi nama, mu gihe mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo; atayigaragaramo nyamara byari byabanje gutangazwa ko azayitabira.

Perezida Félix Tshisekedi utitabiriye iyi nama yiga ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu Gihugu ayoboye, yohereje Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa ngo ajye kuyimuhagarariramo.

Iyi nama igiye guhuza Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango, igiye guterana nyuma yuko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC bifashe indi ntera, aho umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’Ubutegetsi bwa Congo uherutse gufata Umujyi wa Goma, nyuma yo gutsinda FARDC n’impande zagiye guha iki gisirikare cya Congo umusada, zirimo izoherejwe mu butumwa bwa SADC, iz’u Burundi, umutwe wa FDLR ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Perezida Kagame ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege
Abanya-Tanzania bamwakiranye urugwiro rwinshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Damascene SIBOMANA says:
    11 months ago

    Ubundi aho bigeze njye mbona ikibazo cya DRC gisigariye kuri Tchekedi kilombo ,kuko ndabona atazi ibyarimo kuko kujya mubandi bagabo ukavuga uko ibibazo ubibona nabandi bakavuga uko babyumba ntacyo byari kumutwara ,igihugu gisa nkikitagira nyiracyo , ubworero niyegure hajyeho ushoboye Diplomatie niwomuti mbona wonyine.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Tshisekedi ntiyagiye Tanzania mu nama Idasanzwe yiga ku bibazo by’Igihugu cye

Next Post

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Bavuze icyabazanye ku Karere n'igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.