Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko amahitamo y’Abanyarwanda ku muyobozi uzabayobora muri manda itaha, akwiye gushingira ku byo azaba abagaragariza ko azabagezaho, ariko bakanasubiza amaso inyuma bakareba n’ibyo bagezeho ndetse bakanazirikana uwo bafatanyije kubigeraho ndetse ko yiteguye kubagezaho ibirenze ibyo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024 mu kiganiro yagiranye na RBA, cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye birimo na TV10.

Ni ikiganiro kibaye habura ukwezi kumwe ngo Abanyarwanda binjire mu gikorwa cy’Amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, ndetse kikaba kibaye nyuma y’iminsi micye hatangajwe urutonde ntakuka rw’Abakandida, barimo na Perezida Paul Kagame watanzwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, aho ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu azaba ahatanye na Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka DGPR, ndetse na Mpayimana Philippe nk’Umukandida wigenga.

Perezida Kagame avuga ko ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho mu myaka 30 ishize, bigaragaza ko hashoboka n’ibirenze ibyo bagezeho, kandi ko babigizemo uruhare.

Ati “Ibyo rero ntabwo ari amakuru babwirwa gusa, ni ibyo babona noneho kandi bibagiraho n’ingaruka mu guteza imbere ubuzima bwabo.”

Umukuru w’u Rwanda, yagarutse ku nzego zose zagiye zizamuka, yaba mu bikorwa remezo, mu buhinzi n’ubworozi, mu myidagaduro, mu burezi ndetse n’ubuzima.

Ati “Ibyo n’ubundi ni ko bikwiriye kugenda, ndetse ntabwo turagera aho dukwiriye kuba twishimiye kuba turi, nubwo dutera intambwe.”

Ibi kandi bigaragazwa n’ibipimo bigenda bigaragazwa yaba mu Bukungu bugenda burushaho gutera imbere ariko ko nabyo bitaragera ku rwego rwifuzwa.

Ati “N’iyo urebye ubukungu, bakakubwira ko bukura, ari umwaka ushize birenze 8% cyangwa bigera mu 9%, abantu bashaka gukora bashaka kwihuta, bashaka kugera kure, uguma wumva ibyo bidahagije, niba ari 8%, uravuga ngo kuki bitabaye icyenda?, kuki bitaba n’icumi?, cyane cyane ubirebera ku bibazo biba bigihari byo kugira ngo bikemurwe.”

Nk’amashanyarazi ari hagati ya 70% na 80%, abantu bakibaza abataragerwaho n’amashanyarazi, kandi ko na bo baba bakwiye kugerwaho n’ibyo bikorwa ku buryo Abaturarwanda bagera ku 100%.

Ati “Iteka icyo tuba dutekereza, ni ukuvuga ngo na ho agomba kuhagera, kuko ntaho dushaka ko hasigara inyuma.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko uwaba wiyamamaza wese ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, agomba gushingira kuri ibi, ariko ko ku ruhande rwe, ari ibi byamuranze n’Umuryango wa RPF-Inkotanyi wamutanzemo umukandida.

Ati “Kwiyamamaza kongera gutorerwa kuba Umuyobozi w’Igihugu, ubirimo uwo ari wese, twebwe dufite amahirwe yo kuvuga ngo ‘hari ibyaturanze, tumaze gukora mu myaka ishize tuyoboye abantu’ n’abandi bafite ibyabaranze cyangwa bifuza ko byabaranga bumva ndetse banarushaho baboneka bagashaka na bo kujya mu mwanya wo kuyobora Igihugu, ibyo ni uburenganzira bwabo.”

Perezida Kagame yavuze ko uburenganzira bwa mbere bufitwe mu biganza kugena uzayobora u Rwanda, ari abaturage ubwabo bagashingira ku byo bagaragarijwe.

Ni ho Umukuru w’u Rwanda yahise atanga urugero rw’Umuturage wagize icyo avuga ku matora y’ubushize, ati “We yaravuze ngo ntabwo yirahira uwamusezeranyije kumuha Inka, yirahira uwayimuhaye. Ubwo ni ukuvuga ngo n’uwamusezeranyije cyangwa umusezeranyije ko azayimuha, na we aragira neza ubwo, nibigera kuba azayimuha, ubwo azamwirahira, ariko ntiyibagirwa uwayimuhaye. Ni aho turi, n’uwayiguhaye azakongera indi, cyangwa aguhe n’ibindi birenze ibyo.”

Umukuru w’u Rwanda, avuga ko na we kandi yisuzuma ku buryo icyo atakoze mu gihe gishize cyashobokaga, “ngomba kugikora nkongeraho n’ibindi bijyanye n’igihe bigezemo.”

Avuga kandi ko n’undi uwo ari we wese, ndetse n’umuturage aba akwiye kwisuzuma akareba icyo yashoboraga gukora ntagikore, akiha intego yo kukigeraho.

Ati “Nanjye ubwanjye icyo mba nibaza cyangwa icyo numva mvana mu byifuzo n’ibitekerezo by’abantu, ni ukuvuga ngo ‘ese nanjye n’iyo naba nshimwa ngo nakoze ibintu byiza, ntibyashoboka ko nakora n’ibirenze’ ni cyo mvana muri ibyo.”

Perezida Kagame avuga ko ubundi ibi bishimwa n’abantu ari na byo bashingiraho bahitamo umuyobozi wabo, ariko ko na we ahora areba ko ibyifuzwa kugeraho byaruta ibyagezweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

Next Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku banyamakuru bishyize hamwe bagasebya u Rwanda ibidafite ishingiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.