Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ibyo yabwiriye Tshisekedi i Nairobi nyuma y’ibisasu byarashwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yahishuye ibyo yabwiriye Tshisekedi i Nairobi nyuma y’ibisasu byarashwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo FARDC ifatanyije na FDLR barasaga ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda ku nshuro ya mbere, yahuriye na Tshisekedi mu nama i Nairobi akamusaba ko bitakongera, ariko ntabihe agaciro, kuko byongeye inshuro ebyiri.

Perezida Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye na NTV, ubwo yongeraga gushimangira ko kurinda umutekano w’u Rwanda ntagishobora kubisimbura.

Umukuru w’u Rwanda yabajijwe ku byakunze kuvugwa ko Ingabo z’u Rwanda zaba ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko we icyo ashyize imbere ari umutekano w’u Rwanda.

Ati “Narabivuze kenshi kuri za camera ko igihe cyose umutekano w’u Rwanda ufite igishaka kuwuhungabanya nk’uko kiriya kibazo cyabikoze, sinkeneye uruhushya rw’uwo ari we wese rwo gukora icyo ari cyo cyose ngomba gukora kugira ngo u Rwanda rurindwe.”

Yavuze kandi ko ingabo za Congo zifatanyije n’umutwe wa FDLR zarashe ibisasu ku butaka bw’u Rwanda inshuro eshatu muri 2022.

Ati “Nabibwiye buri wese barimo n’abayobozi ba Congo. byabaye rimwe, tugira inama i Nairobi kandi Perezida wa Congo yari ayirimo, ndamubwira nti ‘birahagije’ ntibizarenge aho’, atanga ibisobanuro ndongera ndamubwira nti ‘ku nshuro imwe, ibyo bisobanuro ndabyumva, ntakibazo’ ariko ndamubwira nti ‘ariko bibaye ku nshuro ya kabiri ndetse no ku nshuro ya gatatu, ndetse bigakomeza, ibyo byaba ari ibindi bindi’. Ibyo byaravuzwe mu nama kandi yarimo abandi bayobozi.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Perezida wa Congo ashobora kuba yarabifashe nk’imikino, kuko nyuma y’iyo nama, ibisasu biremereye byongeye kuraswa ku butaka bw’u Rwanda ku nshuro ya kabiri ndetse n’iya gatatu, kandi bikagira ingaruka kuri bamwe mu Banyarwanda.

 

Ibibazo byo muri Congo bifite umuzi mu mateka yabayeho ntaranavuka

Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko nta ruhare na ruto u Rwanda rufite mu muzi w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, avuga ko umuzi wabyo ufitanye isano n’amateka yabayeho cyera.

Ati “Ni ikibazo gifite amateka maremare. Abantu bagenda bayanyura hejuru ntibinjire mu mizi yacyo ngo bumve impamvu hari kuba ibi byose.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aya mateka ari na yo nkomoko y’ivuka ry’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo, bishyize hamwe kugira ngo baharanire uburenganzira bwabo bwari bukomeje guhonyorwa.

Ati “M23 mwumva, ni Abanyekongo kubera ibihe bya Gikoloni n’ibindi byinshi, byaciye imipaka bigatuma abantu bamwe bisanga ahandi […] Bafite umuco Nyarwanda ndetse na gakondo yabo, ariko ni abenegihugu ba Congo. Rwose nta ruhare na ruto nagize muri ibi, byanabaye mbere y’uko mvuka.”

Umukuru w’u Rwanda yakunze gusobanura ko guhohotera aba baturage b’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bakunze kwirukanwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, ndetse hakaza no kwiyongeraho n’umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenosiye yakorewe Abatutsi, ari byo bikwiye gushakirwa umuti, kugira ngo ibibazo byose bikemuke.

Ibi byose kandi byatumye hari Abanyekongo benshi bavutswa uburenganzira bwabo bwo kuba mu Gihugu cyabo, ubu babaye impunzi mu Bihugu bitandukanye birimo n’u Rwnada.

Muri iki kiganiro na NTV, Perezida Kagame yakomeje agira ati “Dufite abantu ibihumbi ijana nk’impunzi hano mu Rwanda bavuye mu burasirazuba bwa Congo bafitanye isano n’aba barwana bita M23, kandi hari n’abandi barenze abo bari muri Uganda baruta abo dufite hano.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ariko hari abavuga ko uyu mutwe wa M23 urwanira uburenganzira bw’aba baturage, ari uw’iterabwoba.

Ati “Mu yandi magambo, baba bashaka kuvuga ko n’abo bantu ibihumbi ijana dufite hano na bo ari abo mu iterabwoba, cyangwa se bagaragaze uburyo bashobora kwamburwa ubwenegihugu bwabo. Ibyo kandi bigaherekezwa n’imvugo zuzuye urwango zikorwa na Guverinoma n’abayigize muri DRC, bivuze ngo ‘mujyende mwirukane aba bantu mu byabo cyangwa mubice.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta munsi wira u Rwanda rutakiriye impunzi z’Abanyekongo, bahunga ibi bikorwa bakorerwa bazizwa abo bari bo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Next Post

Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Abiri yamamaza ‘Visit Rwanda’ azacakirana: Hamenyakanye uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rikunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.